Babyeyi mwitondere ibiryamirwa n’ibikinisho by’abana banyu, ubushakashatsi bwatanze umuburo

Kaminuza ya Toronto muri Canada yasabye ababyeyi kwitwararika isuku y’ibikinisho n’ibiryamirwa by’abana kuko iyo byanduye bigira ingaruka ku bwiza bw’umwuka bahumeka, bikabanduriza ibihaha n’amaraso. Abo bahanga bavuze ko ibikinisho akenshi byanduzwa n’aho bibikwa cyangwa aho abana babikinishiriza. Umwuka mubi abana bahumeka bitewe n’aho barara ugwingiza imikurire yabo ugatuma ubuziranenge bw’ibyo amaraso yabo yakira bugabanuka bityo […]

Continue Reading

Rwanda: Abarangiza amashuri abanza batarengeje imyaka 16 bageze kuri 42%

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko abatangira amashuri abanza bakayarangiza batarengeje imyaka 16 y’amavuko bageze kuri 42% mu 2024 bavuye kuri 31% mu 2017. Ni imibare yavuye mu bushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’ingo (EICV 7) bwamuritswe ku wa 16 Mata 2025. NISR igaragaza ko abana bitabira ishuri mu cyiciro cy’abanza hatitawe ku kigero cy’imyaka […]

Continue Reading

Karongi: Abana barenga 8,000 bavuye mu mirire mibi mu mezi atatu ashize

Akarere ka Karongi karishimira ko ingamba kashyizeho, zakuye abana barenga ibihumbu 8 mu mirire mibi kuva muri Mutarama kugeza muri Werurwe uyu mwaka wa 2025. Muri Mutarama 2025, nibwo Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwasuzumye abana bose bari munsi y’imyaka itanu, busanga abarenga ibihumbi 11 bafite ikibazo cy’imirire mibi. Ako Karere n’abafatanyabikorwa bako bahise bihutira gusuzuma […]

Continue Reading

Burera: Abarimu bazamuye ikibazo cy’abana bashorwa mu burembetsi n’abajya kwiga banyoye Kanyanga

Mu Karere ka Burera, hari ababyeyi bashora abana mu bikorwa bitemewe byo kwambutsa ibintu bitandukanye birimo n’ibiyobyabwenge babikura muri Uganda bizwi nk’Uburembetsi, kurusha kubashishikariza kugana ishuri, kuburyo abarimu babibonamo ikibazo gikomeye ku hazaza h’abana babishorwamo kuko hari n’abasigaye bajya ku ishuri banyoye Kanyanga. Ibyo ni bimwe mu byagaragarijwe mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira, isuku n’isukura […]

Continue Reading

Ngoma: Umwangavu yishwe asambanjijwe agerekwaho ibuye rinini

Mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Kibungo Akagali ka Karenge Umudugudu w’Amahoro, haravugwa inkuru y’akababaro y’Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko, wasanzwe aho yari yagiye kwahira ubwatsi bw’inka yapfuye, abamwishe bamugeretseho ibuye rinini bikekwa ko banabanje kumusambanya. Uyu mwana w’umukobwa witwa Rovizasi Divine yigaga mu mwaka wa Gatatu w’amashuri yisumbuye kuri G.S Gahurire. Mu masaha […]

Continue Reading

Akaga abana bahuye na ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Rugamba Supiriyani yigeze kuririmba ati: ‘Impinja ntizigapfe’. Hari mu myaka itageze kuri 15 mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi itangira igahitana abana, abasore n’inkumi, abagabo n’abagore n’abakecuru n’abasaza. Kubera ko yari Jenoside mu nyito nyayo y’iri jambo, abana nabo barishwe, icyifuzo cya Rugamba (na we yaramuhitanye) kiburizwamo gityo! Mu mwaka wa 2019, uwahoze ayobora AVEGA, Valérie […]

Continue Reading

Ngororero: Umwarimu yituye hasi imbere y’abanyeshuri ahita apfa

Nsengimana Juvénal wigishaga ku ishuri ribanza rya Mukingi riherereye mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero yituye hasi imbere y’abanyeshuri yigishaga ahita ashiramo umwuka. Abazi uyu mwarimu w’imyaka 50 bavuga ko nta burwayi buzwi yagiraga. Bikimara kuba ubuyobozi bw’ishuri bwihutiye guhamagara imbangukiragutabara ihagera yamaze gushiramo umwuka. Ubuyobozi bwahise bufata icyemezo cyo kohereza umurambo wa […]

Continue Reading

Gisagara: Amarerero yazamuye imibereho y’abana afasha ababyeyi gukora batuje

Ababyeyi bo mu Mirenge ya Ndora, Muganza na Kibilizi yo mu Karere ka Gisagara barishimira gahunda yabashyiriweho y’amarerero y’abana babo yimukanwa, yazamuye imibereho myiza y’abana bikanabaha umutuzo mu kazi ka buri munsi. Ubusanzwe aba babyeyi, bakora akazi karimo gucukura amaterasi, guca imirwanyasuri ndetse no kwita ku buhumbikiro bw’ibiti byo gutera. Mu gukora irerero ryimukanwa, harebwa […]

Continue Reading

Rusizi: Imbangukiragutabara yari itwaye umugore utwite n’umubyeyi ufite uruhinja yakoze impanuka

Imbangukiragutabara y’Ikigo Nderabuzima cya Nyabitimbo, mu Murenge wa Butare, Akarere ka Rusizi, yari ijyanye umugore utwite inda y’amezi ane n’uruhinja rw’amezi 8 ku bitaro bya Mibilizi yakoze impanuka. Impanuka yabaye ahagana saa munani n’iminota 50 z’igicuku gishyira ku  Cyumweru tariki ya 27 Ukwakira 2024, ibera mu Mudugudu wa Kabugarama, Akagari ka Cyingwa, Umurenge wa Gitambi, […]

Continue Reading

Rusizi: Imvura yasenye ibyumba bibiri  by’ishuri abana batatu barakomereka

Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye ibyumba bibiri by’ishuri rya GS Kibangira  ryo mu Kagari ka Ryankana  mu Murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi abana batatu barakomereka byoroheje. Iki kiza kibasiye iki kigo cy’ishuri ku gicamunsi wo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Ukwakira 2024, ku isaha ya saa munani n’iminota mirongo ine n’itanu (14h45). […]

Continue Reading