MINEDUC igiye gutanga buruse zo kwiga muri Ntare Louisenlund School

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko muri Nzeri 2024 izatanga buruse zo kwiga muri Ntare Louisenlund School, ku banyeshuri 80 bazaba baratsinze neza amasomo y’ubumenyi, imibare n’icyongereza mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza. Ntare Louisenlund School ni ishuri Mpuzamahanga ritegura inzobere mu bijyanye n’ubumenyi n’ikoranabuhanga. Mu Rwanda, riherereye i Nyamata mu Karere ka Bugesera. Amanota […]

Continue Reading

Nyagatare: Ababyeyi batarohereza abana babo muri gahunda nzamurabushobozi bahawe ubutumwa

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, yasabye ababyeyi bafite abana batsinzwe amasomo asoza umwaka w’amashuri 2023/2024, kubohereza ku ishuri kugira ngo badacikanwa na gahunda nzamurabushobozi bikazabaviramo kugira ipfunwe ryo gusibira bishobora no kubatera guta ishuri. Mu Karere ka Nyagatare abanyeshuri barebwa n’iyi gahunda ni 23,029 ariko kugera tariki ya 09 Kanama […]

Continue Reading

Abana b’amezi 7 bavukanye ubumuga bagiye kujya bafashwa gukura bumva kandi bavuga nk’abandi (Video)

Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve, haherutse gutangizwa Ikigo gifasha abana kugira umudendezo wo kumva no kuvuga cyiswe RISHI (Rwanda Institute for Speech and Hearing Independence: RISHI). Ni Ikigo kizajya cyakira abana bari hagati y’amezi arindwi n’myaka itanu bavukanye ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kibafashe kuzamura ubushobozi bwo kumva no kuvuga. Nyuma bazajya […]

Continue Reading

NCDA yibukije ababyeyi ko konka ari cyo kintu cy’ibanze umwana akenera mu buzima bwe

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) cyibukijwe ababyeyi ko konsa abana babo neza ari cyo kintu cy’ibanze kandi cy’ingenzi bagomba kubaha, kuko kibagirira akamaro mu buzima bwabo bwose. NCDA yagarutse kuri ubu butumwa mu bukangurambaga bwo konsa neza buzamara ukwezi, bwatangijwe ku mugarararo kuri uyu wa 7 Kanama 2024 mu karere ka Nyabihu […]

Continue Reading

Imaramatsiko kuri ‘Lost Kids’ ibyumba bihurizwamo abana baburanye n’ababyeyi muri Stade Amahoro (Video)

Ushobora kuba utarigeze utekereza icyo wakora igihe waba uburanye n’umwana wajyanye muri Stade Amahoro cyangwa icyo wakora ubonye umwana waburanye n’ababyeyi be aho hantu. Stade Amahoro yubakwa hari ibyumba bibiri byashyizwemo byiswe ‘Lost Kids’ byagenewe guhuza abana baburanye n’ababyeyi babo, bakaba bahaturije kandi bitabwaho mu gihe ababyeyi bagishakishwa ngo bongere guhuzwa. Ibi byumba byamenyekanye 4 […]

Continue Reading

Nyanza: Umwana yahanutse ku modoka bimuviramo gupfa

Mu karere ka Nyanza umwana uri mu kigero cy’imyaka 15 yuriye imodoka yo mu bwoko bwa Fuso igenda, nyuma aza guhanuka agwa hasi bimuviramo urupfu, amakuru avuga ko umushoferi w’iyo modoka ari gukurikiranwa. Byabereye mu mudugudu wa Rukari, mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza gusa amakuru avuga ko nyakwigendera […]

Continue Reading

Impamvu uwateguye inama, amahugurwa cyangwa ibirori agomba guteganya aho abana bisanzurira-NCDA twaganiriye(Video)

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana, NCDA kirasaba abategura ibikorwa bihuriza hamwe abantu benshi birimo; ibirori, inama, amahugurwa n’ibindi, kujya bateganya aho abana bato bisanzurira, igihe cyose mu bitabira harimo abagore batwite, ababyeyi bonsa n’abafite abana bato. Mu kiganiro n’Ikinyamakuru IJAMBORYUMWANA, Umuyobozi w’agategayo w’ishami rishinzwe kurengera abana no kwita ku mikurire yabo muri NCDA, […]

Continue Reading

Gicumbi: Barishimira ko igwingira ryagabanyutse mu bana bari munsi y’imyaka itanu

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi burishimira ko igwingira ryagabanyutse ku buryo bufatika mu bana bari munsi y’imyaka itanu, aho ryavuye kuri 42% mu 2019 ubu rikaba rigeze kuri 19.2%. Ni umusaruro w’imbaraga zashyizwe mu bijyanye n’Ingo Mbonezamirire y’abana bato, gushishikariza ababyeyi kugira isuku mu gutegura amafunguro, gutegura imfashabere, n’uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu guurikirana abana bari bafite […]

Continue Reading

Abasaga 200 ba mbere mu buforomo n’ububyaza bari mu batangiye ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye

Icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri 203 barimo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubuforomo bari mu batangiye ibizamini bya Leta kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024. Mu kwezi gushize nibwo bari bakoze ibizamini ngiro. Barimo ab’igitsina gore 89 n’ab’igitsina gabo 114 baturuka mu bigo by’amashuri birindwi byigisha porogaramu z’ubuganga (Associate Nursing Program:ANP). Ubwo yatangirizaga ibizamini bya Leta […]

Continue Reading

KNH yizihije imyaka 30 y’ibikorwa byo kwita ku bana mu Rwanda (AMAFOTO)

Umuryango Mpuzamahanga w’Abadage (Kindernothilfe: KNH) n’abafatanyabikorwa bawo mu Rwanda, bizihije isabukuru y’imyaka 30 bamaze mu bikorwa byo kwita ku bana no kubaka umuryango utekanye, bashima imiyoborere myiza y’igihugu yabaye inkingi mwikorezi muri urwo rugendo. Uwo muryango ushyira imbere ‘gufasha umwana uri mu kaga cyangwa uri mu bibazo’ watangiye gukorera mu Rwanda mu 1994. Mu myaka […]

Continue Reading