Abana 18 Bari Barashimutiwe Muri DRC Babonetse Muri Uganda

Abana 18 b’ahitwa Muhagi muri Ituri bafatiwe muri Uganda bikozwe na Polisi y’iki gihugu nyuma y’amakuru y’uko bari barashimuswe n’abagore kandi abo nabo barafashwe. Tariki 07, Gicurasi, 2025 nibwo bafashwe binyuze k’ubufatanye bwa Polisi ya DRC n’iya Uganda. Abo muri Sosiyete sivile bo mu gace abo bana babagamo banenga inzego z’umutekano zihakorera kuko nta buryo […]

Continue Reading

Rubavu: Ku biceri 300 frw abona aho asiga umwana akajya mu bucuruzi atuje

Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi bucirirItse bwambukiranya umupaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko urugo mbonezamikurire (ECD) rwa Petite Barriere rwaborohereje mu bucuruzi kuko babona aho basiga abana hadahenze kandi bizeye umutekano wabo, na bo bagakora bakiteza imbere. Niyonsenga Elizabeth, utuye mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Mbugangari urerera muri uru rugo mbonezamikurire, yavuze ko […]

Continue Reading

Nyanza: Abarokotse Jenoside bagaragaje amahitamo yatuma itazongera kubaho ukundi

Mu gikorwa cyo Kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside yakorewe Abatutsi biciwe ku Ibambiro mu Karere ka Nyanza, abaharokokeye basabye abagize Umuryango Nyarwanda, guha abana uburere buzira ingengabitekerezo ya Jenoside no guharanira kubaka umuryango wuje ituze, nk’imwe mu nzira zatuma Jenoside itazongera kubaho. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi abicanyi basabye abagore n’abana guhungira ku rusengero […]

Continue Reading

Hari abakoresha bafata nabi abakozi nabo bakihimurira ku bana, Sendika y’abakozi bo mu rugo twaganiriye (Video)

Sendika ishinzwe uburenganzira bw’abakozi bo mu Rugo yatangaje ko iri gushyira imbaraga mu kwigisha abakozi gufata neza abana mu Ngo bakoramo no kwirinda kubahohotera babatura umujinya igihe hari ibyo batumvikanyeho n’abakoresha babo. Mu bihe bitandukanye ku mbugankoranyambaga hagiye hasakara amashusho y’abakozi bo mu Rugo bahohotera abana, ndetse hari n’abishe abo mu Ngo bakoragamo nk’uko Imanza […]

Continue Reading

Ubuhindi: Abana 100 Barwaye Nyuma Yo Kurya Ibiryo Byakuwemo Inzoka Yapfuye

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Buhindi iri guperereza ngo imenye amakuru yose ku cyateye abana barenga 100 kurwara nyuma yo kurya ifunguro rya saa sita ku ishuri rikaza kubonekamo inzoka yapfuye. Bivugwa ko uwatetse ayo mafunguro yirengagije nkana ko yasanzemo inzoka agaburira abana ibiryo byahumanyijwe n’icyo gikururanda. Muri rusange abana 500 nibo bagaburiwe ibyo biryo […]

Continue Reading

Karongi: Inzu yiciwemo abana muri Jenoside yasabiwe kugirwa urwibutso

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Karongi barasaba ko inzu y’Ibitaro Bikuru bya Kibuye yiciwemo abana 80 b’Abatutsi yaharirwa ibikobwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, uwari Burugumesitiri wa Komine Gitesi, yategetse ko abana bose biciwe ababyeyi bajyanwa mu bitaro Bikuru bya Kibuye avuga ko ari […]

Continue Reading

Nyagatare: Ikibazo cy’amazi gikomeje kuba ingorabahizi mu mashuri

Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Karere ka Nyagatare baravuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi kibangamiye gahunda y’isuku n’isukura ndetse n’indi mibereho myiza y’abana mu bigo bayobora, kuburyo no gutoza abanyeshuri gukaraba intoki bavuye mu bwiherero bitagishoboka. Izo mpamvu zituma bikanga ingaruka ziterwa n’umwanda zirimo n’imirire mibi, mu bihe biri imbere. Abatuye ako Karere barimo ibigo by’amashuri babwiye […]

Continue Reading

Kamonyi: Barasaba ko amazina y’abana biciwe i Nyarubaka muri Jenoside yandikwa ku Rwibutso

Mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi habereye igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi biciwe muri uwo Murenge, ababyeyi basaba ubuyobozi ko amazina y’abana bahiciwe yashyirwa ku Rwibutso. Abana bahiciwe bari biganjemo abahungu. Ababyeyi bafite abana biciwe i Nyarubaka bavuga ko abo bana bishwe bashinyaguriwe ndetse ngo Interahamwe zabajugunuyaga mu cyobo ari bazima […]

Continue Reading

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kutadohoka kuri gahunda yo gupimisha abana

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima mu Karere ka Nyamasheke, Byiringiro Jean Paul, yasabye abafite abana bato kubahiriza gahunda yo kubapimisha kuri site zagenwe aho batuye mu Midugudu, mu rwego rwo gukurikirana imikurire yabo kugira ngo uwo bigaragaye ko ari gusubira inyuma yitabweho hakiri kare. Byiringiro yabigarutseho mu bukangurambaga bwo kurwanya imirire mibi n’igwingira bwateguwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe […]

Continue Reading

USA: Leta igiye kujya ihemba abagore bemeye kubyara

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) igiye gutangiza Politiki yo guhemba ababyeyi babyaye, mu rwego rwo gushishikariza abagore kubyara kugira ngo igihugu kitazabura abagikorera mu gihe kiri imbere. Inkuru ya The New York Times ivuga ko Politiki ya Amerika ari ukureba uko abana bavuka bakwiyongera bikazaha igihugu amaboko y’abazagikorera mu gihe kiri imbere. Abagore b’Abanyamerikakazi bari […]

Continue Reading