AFC/M23 yatangaje itangira ry’amashuri mu bice igenzura

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko amashuri aratangira kuri uyu wa 1 Nzeri 2025 mu bice byose Ingabo za M23 zabohoye. Itangazo iryo huriro ryashize ahagaragara ku Mugoroba wo kuri uyu wa 31 Kanama 2025 rimenyesha ababyeyi n’abarezi muri rusange ko amashuri azatangira mu bice byose. Rigita riti “Turamenyesha […]

Continue Reading

Ubuhamya: Abana bavuka ku bagore bakora uburaya barataka ihohoterwa no kudahabwa ubutabera

Abana bavuka ku bagore bakora umwuga w’uburaya barataka ihohoterwa bakorerwa n’abagabo baba bagiye gusambanya ababyeyi babo, bikarangira nabo babasambanyije, nyamara bataka ntibatabarwe kuko yaba ababyeyi babo, abaturanyi n’ubuyobozi mu nzego zibegereye nta wumva intimba yabo. Abenshi muri abo bana barasambanywa bagaterwa inda, ntibahabwe ubutabera kuko bihuzwa n’ingeso mbi z’ababyeyi babo, abandi bagashorwa mu buraya no […]

Continue Reading

Hagiye kubakwa TVET zifite ibikoresho bigezweho n’ikoranabuhanga rihambaye

Leta y’u Rwanda igiye gukoresha miliyari 200 Frw mu kubaka amashuri yigisha tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro, azaba afite ikoranabuhanga rihambaye, abarimu b’inzobere n’ibikoresho bigezweho. Bikubiye muri gahunda y’ibikorwa yamuritswe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe guteza imbere amashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda TVET Board). Rwanda TVET Board itangaza ko mu 2029, buri Karere kazaba gafite Ishuri ry’Icyitegererezo mu […]

Continue Reading

Ibintu 4 umwana uhabwa umwanya wo gukina akurana bikamugirira akamaro kugeza ashaje

Umwalimu muri Kaminuza akaba n’Umuhanga mu by’Imitekerereze, Kubwimana Onesphore agaragaza ko umwana uhabwa umwanya wo kwidagadura agira amahirwe yo gukurana ubushobozi bwo; kwikemura ibibazo, kugenzura amarangamutima ye, kumenya ko instinzi itegurwa, gukorana n’abandi neza no kuzuzanya kandi akagira umubiri ufite ubuzima bwiza. Mu kiganiro cyihariye yahaye IJAMBORYUMWANA, Kubwimana yavuze ko hari ababyeyi bumva ko kugaburira […]

Continue Reading

Inama ku babyeyi bahangayikishwa no kubyibuha cyangwa kugwa kw’amabere igihe bonsa

Konsa nicyo gikorwa cya mbere umubyeyi agomba gukora mu isaha ya mbere akibyara, bigakomeza ntakindi avangiwe kugeza nibura umwana agize amezi atandatu. Imibare y’Igiko cy’igihugu cy’Ibarurishamibare yo mu 2020 yerekana ko konsa kuva umwana akivuka kugeza ku mezi atandatu biri kuri 80.9% mu babyeyi bo mu Rwanda. Mu batonsa uko bikwiye harimo ababiterwa n’imyumvire irimo […]

Continue Reading

Hari abahamagarwa mu ikipe y’igihugu n’abatwara imidali Mpuzamahanga- Tujyane muri SGI ku Gicumbi cy’impano z’abato (Video)

Ikigo SGI Sports Academy cyishimira ko abana cyakira bashaka kuzamura impano zabo mu mikino itandukanye, barushaho gutera imbere aho bamwe bahamagarwa mu ikipe y’igihugu mu byiciro bitandukanye abandi bagatwara imidari mu marushanwa Mpuzamahanga bitabira mu izina ry’icyo Kigo. Mu mpera z’umwaka wa 2021 nibwo SGI Sports Academy yatangiye. Kugeza ubu yakira abana bato, ingimbi n’abangavu […]

Continue Reading

Kamonyi: Umugabo w’imyaka 42 arakekwaho gusambanya umwana we

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, akekwaho gusambanya umwana we w’Umukobwa w’imyaka 9 y’amavuko. Ikinyamakuru Intyoza gikorera mu Majyepfo y’u Rwanda, cyanditse ko byabaye mu Ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2025. Kumenyekana kw’ayo mahano byaturutse kuri musaza w’uyu mwana w’umukobwa wasambanijwe na […]

Continue Reading

Ibyihariye abana bazungukira ku masezerano u Rwanda rwasinanye na RDC

Inkuru y’ubuzima bw’ubuhunzi si inkuru yagusaba gusobanura byinshi, igihe waba uyibarira Umunyarwanda cyangwa Umunye-Congo, kuko benshi ubwo buzima babunyuzemo. Ni inkuru yihariye ku bari muri ubwo buzima bavuye mu bihugu byabo bakiri bato n’abavukiye mu buhungiro. Bahorana ibibazo byinshi n’urukumbuzi ku bihugu byabo. Ibyo bituma inkuru ivuga ko bashobora gutaha bagatura mu bihugu byabo amahoro […]

Continue Reading

Inyungu zitezwe mu marerero agiye gushyirwa mu bigo bya Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwafashe umwanzuro wo gushyiraho irerero ndetse n’icyumba cy’umukobwa mu nyubako zose Polisi y’u Rwanda ikoreramo, kugira ngo umutekano n’icyizere by’umukobwa n’umugore uri mu kazi byiyongere. Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na RBA, agaruka ku biri gukorwa mu kwita ku mibereho […]

Continue Reading

N’abanyeshuri barimo? Minisitiri Dr. Nsanzimana yakebuye abamara amasaha menshi bicaye

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, udahwema gutanga inama zafasha abantu gusigasira amagara, yavuze ko kwicara cyane bingana no kunywa itabi kuko byombi biteza ibyago byo kurwara indwara z’imutima, guturika udutsi duto tw’ubwonko n’ibyago byikubye inshuro ebyiri byo kurwara Diyabete yo mu bwoko bwa Kabiri. Ni ubutumwa Minisitiri Dr. Nsanzimana yanyujije kuri X. Bwanditse mu Kinyarwanda […]

Continue Reading