Amavubi U17 yasezerewe na Somalia muri CECAFA U17

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 17 yatsinzwe n’iya Somalia ibitego 3-0, ibura itike yo kurenga amatsinda ya CECAFA U17, dore ko nta nota na rimwe irabona. Ni umukino wabereye ku kibuga cya Abebe Bikila Stadium kiri mu Mujyi wa Addis Ababa, hakomeje kubera imikino ihuza ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati mu batarengeje […]

Continue Reading

Amavubi yatangiye CECAFA U17 atsindwa na Ethiopia

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yatangiye CECAFA U17 itsindwa na Ethiopia yakiriye iri rushanwa ibitego 2-0. Wari umukino wayo wa mbere mu Itsinda A wakiniwe ku kibuga cya Abebe Bikila Stadium kiri mu Mujyi wa Addis Ababa kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 15 Ugushyingo 2025. Ni irushanwa ry’ibihugu byo muri Afurika […]

Continue Reading

Imaramatsiko ku bana binjirana n’abakinnyi mu Kibuga mu Mupira w’amaguru

Mu Mupira w’amaguru hari umuco wihariye ugaragara ku Kibuga, iyo umukino ugiye gutangira, aho buri mukinnyi aba ari kumwe n’umwana basohokana mu rwambariro binjira mu Kibuga. Hari abibaza igisobanuro n’inkomoka yabyo ndetse bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru baba bifuza kubona abana babo muri icyo gikorwa ariko ntibazi uko abo bana batoranwa. Mu rurimi rw’Abanyamupira umwana […]

Continue Reading

Abanyeshuri basabwe kujyanisha imikino bakunda no gutsinda neza mu ishuri

Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph yibukije abanyeshuri biga bakina imikino itandukanye, kuyijyanisha no gutsinda neza amasomo yo mu ishuri. Yabigarutseho kuri uyu wa 20 Ukwakira ubwo ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, n’abandi bayobozi ba siporo mu mashuri n’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda batangizaga ku mugaragaro umwaka w’imikino y’amashuri 2025/26. Minisitiri Nsengimana, yabwiye abanyeshuri ko […]

Continue Reading

Nta bato ntibishoboka-Umutoza w’Amavubi yahishuye ukuntu yasabye umukinyi w’imyaka 17 akabura

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Adel Amrouche, yavuze ko niba u Rwanda rushaka kugira aho rugera mu mupira w’amaguru rukwiye kubitegura ruhereye ku gutoza abana bato naho guhindura kenshi abatoza n’abayobozi muri Siporo ntagisubizo cyifuzwa kizavamo. Yabigarutseho nyuma y’uko Amavubi atsinzwe na Bénin igitego 1-0, agatakaza amahirwe yo kubona itike yo kwerekeza mu Gikombe […]

Continue Reading

Uwise umwana we ‘UCI’ yasobanuye impamvu y’iryo zina

Nyuma yuko Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye mu Rwanda Kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025 irangiye, amakuru ayivugaho yakomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru no mu biganiro aho abantu bateraniye. Muri ayo makuru harimo Icyangombwa cy’amavuko cyakomeje guhererekanywa n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga hibazwa ku mubyeyi wise umwana we #UCI. UCI (Union Cycliste Internationale) […]

Continue Reading

Abana Bo Munsi Y’Imyaka 15 Barakina Final Y’Irushanwa Gicanda Invitational 2025

Abakobwa bahize abandi mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15 mu Turere 26 ryiswe Gicanda Invitational 2025 barakina umukino wa nyuma ubera kuri Kigali Pélé Stadium kuri uyu wa Gatandatu. Bari bamaze igihe mu irushanwa ryabereye mu Turere 26 rihuza amakipe y’abana b’abakobwa barushanwa ngo bagere ku rwego rw’Akarere. Ryakinwe n’amakipe 58 agizwe n’abakinnyi 1,200, aho ikipe […]

Continue Reading

ITS Kigali yegukanye igikombe cya Basketball muri FEASSSA 2025

Ikipe ya ITS Kigali yegukanye umudali wa Zahabu n’igikombe cya Basketball muri FEASSSA 2025, ihesha u Rwanda gutahana imidali ine irimo ibiri ya Zahabu muri iyi Mikino yari imaze iminsi 10 ibera mu Mujyi wa Kakamega, mu Burengerazuba bwa Kenya. ITS Kigali yabigezeho kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Kanama 2025, nyuma yo gutsinda […]

Continue Reading

Ibintu 4 umwana uhabwa umwanya wo gukina akurana bikamugirira akamaro kugeza ashaje

Umwalimu muri Kaminuza akaba n’Umuhanga mu by’Imitekerereze, Kubwimana Onesphore agaragaza ko umwana uhabwa umwanya wo kwidagadura agira amahirwe yo gukurana ubushobozi bwo; kwikemura ibibazo, kugenzura amarangamutima ye, kumenya ko instinzi itegurwa, gukorana n’abandi neza no kuzuzanya kandi akagira umubiri ufite ubuzima bwiza. Mu kiganiro cyihariye yahaye IJAMBORYUMWANA, Kubwimana yavuze ko hari ababyeyi bumva ko kugaburira […]

Continue Reading