Gicumbi: Umuntu utaramenyekana yagerageje gutwikira umubyeyi n’umwana mu Nzu

Inzego z’umutekano, n’iz’ibanze mu Karere ka Gicumbi zatangiye guhiga bukware umugizi wa nabi washatse gutwikira mu Nzu umubyeyi n’umwana we, akoresheje Peteroli, Imana igakinga ukuboko. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, mu Murenge wa Mutete ho mu Karere ka Gicumbi. Amakuru avuga ko umuntu utaramenyekana yaje agakomangira umubyeyi […]

Continue Reading

Nyamagabe: Ikigonderabuzina cyahawe inzu y’ababyeyi ifite ibikoresho bigezweho

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwatashye inzu y’ababyeyi igezweho yubatswe ku Kigo Nderabuzima cya Nyamagabe, mu rwego rwo kuzamura serivisi nziza ku bayigana no kwita by’umwihariko ku buzima bw’umubyeyi n’umwana. Iyi nzu yatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa 7 Ukwakira 2025. Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Clotilde yavuze ko iyi nyubako yubatswe muri gahunda […]

Continue Reading

RFI yateguje kwihutisha ubutabera buhabwa abangavu batewe inda

Ikigo cy’u Rwanda cy’ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera, RFI cyateguje ko guhera muri Mutarama umwaka utaha kizatangira gupima uturemangingo ndangasano (ADN) ku mugore umaze ibyumweru 6-8 asamye bikazafasha kwihutisha ubutabera buhabwa abangavu baterwa inda. Ni icyemezo cyasamiwe hejuru n’abatari bake biganjemo abaharanira uburenganzira bw’umwana ndetse cyitezweho kuzahindura cyane ibijyanye n’ubutabera buhabwa abangavu baterwa inda. […]

Continue Reading

Iburengerazuba: Imiryango 91 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranye

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko ubukangurambaga bwakozwe mu ‘Cyumweru cyahariwe Umuryango’, burimo kuganiriza imiryango yabanaga mu makimbirane no kwigisha iyabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, bisize imiryango 91 isezeranye imbere y’amategeko indi 325 ivuye mu makimbirane. Ni umusaruro wavuye mu bikorwa by’icyo Cyumweru cyahariwe umuryango cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Tugire umuryango ushoboye kandi […]

Continue Reading

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!

Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame bugaruka ku ruhare rw’ababyeyi mu kwita ku bana Mu minsi ishize twasangiye ubutumwa bwihariye ku bashakanye, none ndagarutse ngo tuganire no ku mugisha udasanzwe w’abashakanye, wo kwitwa ‘Ababyeyi’. Umwana ni ‘umugisha’! Nagira ngo munkundire tujyane mu rugendo rwe rwa mbere kugira ngo twumve ukuntu ntakiruta umwana! Uko agerageza gupfumbata urutoki […]

Continue Reading

OMS yavuguruje Trump ku ngaruka z’ikoreshwa rya Paracetamol ku bagore batwite

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko nta bimenyetso bifatika bya Siyansi byemeza ko hari isano iri hagati y’indwara ya ‘autisme’ n’ikoreshwa rya Paracetamol ku mugore utwite nkuko Perezida Donald Trump aherutse kubitangaza. OMS isohoye itangazo rivuga kuri iyo sano, nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump aherutse kumvikana […]

Continue Reading

Rulindo: Umurambo w’umwana w’umukobwa wasanzwe mu Kidendezi cy’amazi

Kuri uyu wa kabiri taliki ya 23 Nzeri 2025 mu Karere ka Rulindo, mu murenge wa Shyorongi mu kidendezi cy’amazi cy’ahazwi nka Nyabitare ahagana saa munani z’amanywa bahasanze umurambo w’umwana w’umukobwa witwa Clementine Nyiranzabonimana uri mu kigero cy’imyaka 26 y’amavuko. Amakuru ikinyamakuru indorerwamo.com cyamenye ni uko uwo mwana w’umukobwa yari arwaye igicuri, mu gihe rero […]

Continue Reading

Ni inshingano za buri wese kubaka no guharanira amahoro-RYCLUPO

Umuryango Rwanda Youth Clubs For Peace Organization (RYCLUPO) ugamije kwimakaza umuco w’amahoro mu bana n’urubyiruko wibukije abaturarwanda ko kubaka no guharanira amahoro ari inshingano z’abatuye Isi bose. Ni ubutumwa uyu muryango wagarutseho ku Cyumweru taliki ya 21 Nzeri 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi mpuzamahanga w’Amahoro wizihirijwe mu Murenge wa Jenda wo mu Karere ka Nyabihu. Mu […]

Continue Reading

Abagore batwite bisuzumisha hakiri kare bageze kuri 58%

Umuyobozi w’Agashami Gashinzwe Porogaramu zo kwita ku buzima bw’ababyeyi n’abana mu mavuriro mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Cyiza François Regis, yavuze ko nyuma yo gushyira imashini za ‘Échographie’ mu bigo nderabuzima byose, byongereye umubare w’abagore batwite bisuzumisha mu gihembwe cya mbere, aho bageze kuri 58%. ‘Échographie’ ni imashini yifashishwa mu kureba imikorere y’ingingo z’imbere […]

Continue Reading

World Vision irateganya kugeza amazi meza ku barenga miliyoni mu myaka itanu

Umuryango wa World Vision watangaje ko hamwe n’abafatanyabikorwa bayo uteganya gushora miliyari 49 Frw mu mushinga wa WASH (Water, Sanitation and Hygiene) ugamije kugeza amazi meza , isuku n’isukura mu bice bitandukanye by’u Rwanda bikiri inyuma cyane kuri izo serivisi. Ubushakashatsi bwa karindwi ku Mibereho y’Ingo muri Rusange (EICV) buheruka gusohorwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurirashamibare (NISR) […]

Continue Reading