Gasabo: Umwana w’imyaka icyenda yaguye mu cyobo cy’amazi ahita apfa

Mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Rusororo mu Kagari ka Mbandazi, mu Mudugudu wa Kataruha, umwana uri mu kigero cy’imyaka 9 yaguye mu cyobo cy’amazi ahita yitaba Imana. Ahagana saa yine z’amanywa, kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Gicurasi 2024, nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’uyu mwana w’umuhungu witwa Ishimwe Cedric wigaga mu mashuri […]

Continue Reading

NRS yasubije abibaza impamvu inzego z’umutekano zijya gukura abana mu muhanda

Ikigo cy’igihugu cy’igiroramuco (NRS), cyasobanuye ko inzego z’umutekano zijya mu bikorwa byo gukura abana mu muhanda kuko abagombye kubikora baba batujuje inshingano, kandi ko hari abana usanga baramaze gutora imico mibi kuburyo izo nzego zikenerwa. Mu minsi ishize, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CLADHO w’umusigire, Murwanashyaka Evariste avuga ko bitumvikana uburyo […]

Continue Reading

Gasabo: RIB yafunze umugabo n’umugore bakekwaho kwica umwana bakamujugunya mu bwiherero

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB rwafunze umugabo n’umugore we bo mu Kagari ka Kibenga, mu Murenge wa Rutunga, Akarere ka Gasabo, bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana wabo nyuma bagasibanganya ibimenyetso. Inkuru ya BTN ivuga ko umugabo witwa Ngendahimana yarwanye n’umugore we biturutse ku makimbirane yo […]

Continue Reading

Rusizi: Hatangijwe ishuri mbonezamirire ryitezweho kurandura imirire mibi mu bana

Ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi bafite abana barwaye indwara zikomoka ku mirire mibi bashimye gahunda y’ishuri mbonezamirire, bavuga ko bayitezeho gufasha abana babo kuva mu mirire mibi. Babitangaje ku wa 23 Gicurasi 2024, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro iyi gahunda izajya imara iminsi 12. Igwingira ry’abana ni kimwe mu bibazo Guverinoma y’u Rwanda yahagurukiye kuko […]

Continue Reading

Amashuri yo muri Nyabihu, Kicukiro na Bugesera yibutse abana n’impinja bishwe muri Jenoside

ku nshuro ya mbere, Umuryango Fondasiyo Ndayisaba Fabrice wagejeje mu mashuri igikorwa cyo Kwibuka abana n’impinja bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Ntara y’Iburengerazuba aho wahereye mu Karere ka Nyabihu kiyongereye ku ka Kicukiro n’aka Bugesera twari dusanzwe tuberamo iki gikorwa. Ku wa Mbere, tariki ya 20 Gicurasi 2024, ni bwo hatangiye igikorwa ngarukamwaka cyo Kwibuka […]

Continue Reading

Mu Rwanda havutse impanga zisaga 8900 mu 2023

Raporo y’Ikigo cy’Ibarurishamibare, NISR ikubiyemo amakuru ajyanye n’abapfa, abavuka, abashyingiwe n’andi makuru atandukanye ajyanye n’ubuzima bw’igihugu, igaragaza ko mu 2023 mu Rwanda havutse impanga zigera ku 8901 bingana na 2,7% y’imbyaro zose zavutse muri uwo mwaka. Aha nituvuga impanga ntutekereze abavuka ari babiri gusa, ahubwo haba harimo batatu. Iki kigo kandi kigaragaza ko ababyeyi bari […]

Continue Reading

Uko ubufatanye bw’u Rwanda n’u Bubiligi bwagabanyije impfu z’abana bapfa bavuka

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare(CHUB) byagaragaje ko umubare w’impfu z’abana bapfa bavuka wagabanyutse, nyuma yo guhindura uburyo bwakoreshwaga, hakanagurwa ibyuma bigezweho mu kwita ku mpinja zivuka zitagejeje igihe. Ubusanzwe, umwana uvutse atagejeje igihe yitabwaho byihariye kugira ngo bise nk’aho akiri mu nda kuko umubiri we uba utaragira ubudahangarwa buhagije. Mu by’ingenzi aba akeneye haba harimo […]

Continue Reading

Bugesera: Umubyeyi wasabaga ubufasha, umwana we wa kabiri yitabye Imana

Tuyishimire Alice wo mu Karere ka Bugesera, wabyaye abana babiri b’impanga, umwe akaza guhitanwa na kanseri yo mu maraso ataruzuza umwaka w’amavuko, umwana we wa kabiri wari usigaye yasabiraga ubufasha bwo kuvuzwa nawe yapfuye. Uyu mubyeyi atuye mu Kagari ka Kivusha mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera. Tuyishimire avuga ko nta gihe cyari […]

Continue Reading

Nkombo: Umwana w’imyaka itanu yarohamye mu Kivu agiye kuvoma

Irumva Pascal wo mu karere ka Rusizi yarohamye mu Kiyaga cya Kivu ubwo yari agiye kuvomamo amazi ahita yitaba Imana. Byabereye mu Mudugudu wa Muhora, Akagari ka Kamagembo Umurenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi ku wa 11 Gicurasi 2023. Saa tanu n’igice za mu gitondo nibwo uyu mwana w’imyaka itanu yagiye kuvoma amazi mu […]

Continue Reading

Musanze: Abikorera bahagurukiye ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu bana bato

Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Musanze bwatangaje ko bwahagurukiye ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira cyakomeje kuba amayobera muri ako Karere kazwiho kugira ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bihagije. Uhagarariye PSF muri ako Karere, Habiyambere Jean, yabigarutseho mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kwahariwe kurandura igwingira mu bana bato mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 9 […]

Continue Reading