U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abana hazirikanwa uburenganzira n’inshingano bafite

Ikigo gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) cyasabye ubuyobozi bw’Uturere gutegura uburyo bwo kwifatanya n’abana kwizihiza umunsi wabo uzizihirizwa mu bigo by’amashuri ku wa 20 Ugushyingo 2025. Kuri iyo taliki buri mwaka, Isi yose yizihiza umunsi w’abana (universal children’s day) mu rwego rwo gukomeza guteza imbere uburenganzira bw’umwana. Mu Rwanda uzizihirizwa mu bigo by’amashuri abanza […]

Continue Reading

Rubavu: Umubyeyi n’Umwana we bapfuye urupfu rw’amayobera

Umubyeyi witwa Umutoniwase Kevine w’imyaka 18 y’amavuko n’Umwana we w’imyaka ibiri bari batuye mu Mudugudu wa Nyamugari Akagali ka Mahoko Umurenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu basanzwe mu nzu bapfuye urupfu rwabereye benshi urujijo. Abo mu muryango wa ba nyakwigendera, bavuze ko basanze uwo mubyeyi aryamye mu nzu hamwe n’umwana we aho bapfiriye hari […]

Continue Reading

Ibitaro bya Nyanza byakiriye Impinja zirenga 500 zavutse zitagejeje igihe

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza buratangaza ko mu 2024-2025 bakiriye impinja zigera kuri 510 zavutse zitagejeje igihe n’ibilo byabo ari bike, barakurikirwa none ubu bameze neza. Byagarutsweho ku wa 17 Ugushyingo 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Kwita ku Bana Bavutse Igihe Kitageze. Uyu munsi wizihizwa mu ntumbero yo kwita kuri ubu buvuzi bwihariye bw’abana baba […]

Continue Reading

Ababyeyi basabwe kutohereza ku ishuri abana barwaye ibicurane

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yasabye ababyeyi ko mu gihe abana baba barwaye ibicurane, bajya bareka kubohereza ku mashuri kugira ngo badakomeza kwanduzanya. Ni ubutumwa yatangaje mu kiganiro na RBA, nyuma y’aho muri iyi minsi hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’iyi ndwara mu Gihugu. Minisitiri w’Ubuzima yasobanuye ko ari byo koko ibicurane byiyongereyeho ko ariko atari bishya […]

Continue Reading

Umubyeyi umwe muri batanu ahura n’iki kibazo

Mu gihe umubyeyi witwa Rebecca Middleton yasamaga, ntiyatekerezaga ko ashobora kuzagera igihe akagenda mu kagare k’abafite ubumuga nkuko byamugendekeye mu mezi atatu mbere yo kubyara. Uyu mubyeyi avuga ko yagize igihembwe cya mbere cyo gutwita kigoye, ahangana n’isesemi n’imbaraga nke, ndetse atangira kugira uburibwe mu nda mu gihe inda yari ifite amezi ane. Ati: “Sinabashaga […]

Continue Reading

Bigira ubukana cyane ku bana bari munsi y’imyaka 5-Minisitiri Dr. Nsanzimana yatanze umuburo

Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko abana bari munsi y’imyaka itanu bazahazwa cyane n’ibicurane byadutse muri iki gihe cy’imvura n’ubukonje kurusha abantu bakuru bityo ko umubyeyi akwiye kwihutira kuvuza umwana igihe garagaje ibimenyetso. Ni ubutumwa atanze nyuma y’ubwo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatanze isaba Abaturarwanda muri rusange kwitwararika indwara y’ibicurane, bakaza ingamba zo kwirinda. Mu […]

Continue Reading

MINISANTE yasabye abafite ibicurane kwambara agapfukamunwa

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasabye Abaturarwanda kwitwararika indwara y’ibicurane bakaza ingamba zo kwirinda zirimo gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune no kwambara agapfukamunwa ku bamaze kubyandura. Ni ubutumwa iyi Minisiteri yanyujije kuri X isaba abantu kwitwararika indwara y’ibicurane muri ibi bihe by’imvura n’ubukonje ndetse bugaragaza ko bifite ibimenyetso bitandukanye n’ibyo abantu basanzwe barwara. Ufite ibyo bicurane […]

Continue Reading

Burera: Yishe Umugore babyaranye 7 amukase ijosi

Inzego z’umutekano mu Karere ka Burera zirimo gushakisha umugabo witwa Nsengiyumva Donath ukekwaho kwica umugore we babyaranye karindwi amukase ijosi bitewe n’amakimbirane bari basanganwe. Ibi byaberege mu Mudugudu wa Kinoni, Akagali ka Gafuka ho mu Murenge wa Kinoni kuri uyu wa Kane taliki ya 13 Ugushyingo 2025. Aba bombi bari barashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko […]

Continue Reading

Umwana wagiye mu buzima bwo mu muhanda ashutswe yabuze itike imusubiza iwabo

Umwana w’imyaka 15 uvuka mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba arasaba abandi bana gutinya ubuzima bwo mu muhanda nyuma yuko awuzanywemo abeshywe na mugenzi we ko ubamo ubuzima bworoshye ubu akaba yarabuze itike ngo yisuburire iwabo. Uyu mwana w’umuhungu ubona ko atararamba muri ubwo buzima yabwiye IJAMBORYUMWANA ko amaze iminsi mike mu Mujyi wa […]

Continue Reading

Musanze: Umugore yarumye umugabo we igitsina aramukomeretsa bikomeye

Umugore wo mu Kagali ka Ruhengeri Umurenge wa Muhoza ho mu Karere ka Musanze, yakomerekeje umugabo we igitsina amurumye n’amenyo, amuziza kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato. Aba bombi bamaranye imyaka 15 babana mu buryo bwemewe n’amategeko ndetse babyaranye Gatatu. Ijamboryumwana.rw ryasuye uyu muryango. Babwiye Umunyamakuru ko ku Cyumweru taliki 2 Ugushyingo 2025 ubwo umugabo yasabaga […]

Continue Reading