Abasaba kwemererwa gushaka abagore benshi basabwe kurenga irari bagatekereza neza

Abagabo bo mu Karere ka Kamonyi basabaga kwemererwa gushaka abagore benshi ngo bikemure ikibazo cy’amakimbirane yo mu Ngo akururwa n’ubushoreke n’ubuharike, basabwe kurenga irari bagatekereza ku bana bavuka muri ubwo buryo no kubaha uburere bukwiye. Ikibazo cy’amakimbirane yo mu muryango kigarukwaho nk’imvano rusange y’umuryango udatekanye ariko kigashingira ku bintu bitandukanye bitewe n’Akarere. Mu Karere ka […]

Continue Reading

Uruhare amarerero yagize mu kugabanya igwingira mu bana b’i Rusizi

Akarere ka Rusizi karashima uruhare rw’amarerero mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu. Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamira bwo mu 2020 bugaragaza ko igipimo cy’igwingira mu bana bo muri Rusizi cyari ku kigero cya 30%. Icyakora ubu imibare itangwa n’Akarere yerekana ko bagabanyutse bagera kuri 18.5% mu mwaka wa 2025. Igikorwa […]

Continue Reading

Ni abana beza naratira uwo ariwe wese-Ibyishimo bya Malayika Murinzi Nyabuhoro mu bana b’inkurikirane yakiriye (Video)

Mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwizihize umunsi mukuru wa Malayika Murinzi, Ikinyamakuru Ijamboryumwana twasuye Malayika Murinzi, Nyabuhoro Regine utuye mu Mudugudu wa Kabuhunde ya Mbere, Akagali ka Kagugu Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo. Inkuru mpamo ni uko atari abana gusa bungukira muri gahunda ya Malayika Murinzi ahubwo n’ababyeyi bayironkeramo ibyishimo […]

Continue Reading

Burera: Amatungo magufi borojwe yabafashije gukura abana babo mu mirire mibi

Hari abaturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko amatungo borojwe binyuze mu mushinga witwa PRISM, yabafashije gukura abana babo mu mirire mibi ndetse bakikura mu bukene muri rusange kuburyo bafite icyizere cyo kutazasubira inyuma. Aba baturage babwiye Ijamboryumwana ko icyabafashije kugabanya ubukene n’imirire mibi mu miryango yabo ari amatungo magufi borojwe n’uwo mushinga uterwa […]

Continue Reading

Nyaruguru: Bagaye uwatanze inzu ye igatwikirwamo abana n’abagore muri Jenoside.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwagaye uwatanze inzu ye igatwikirwamo abana n’abagore 104, ahitwa i Mbuye mu Murenge wa Ngoma, bagashya kugeza bose bapfuye. Hari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hazirikanwa by’umwihariko abagore n’abana bishwe muri Jenoside, igikorwa cyabaye ku wa 19 Gicurasi 2025. Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, […]

Continue Reading

Musanze: Abaturage batabaye umwana wari watabwe mu ishyamba n’abataramenyekana

Abaturage bo mu Mirenge ya Kimonyi na Busogo mu Karere ka Musanze bafatanyije n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi, batabaye umwana uri mu kigero cy’umwaka umwe atarapfa wari watabywe basigaza umutwe. Ibi byabereye mu Murenge wa Kimonyi mu Kagari ka Mbizi mu Mudugudu wa Rugondo, ubwo umuturage wari ugiye guhaha yatambukaga ku gashyamba yajya kwihagarika akabona uwo mwana […]

Continue Reading

Gisagara: Abategura amafunguro y’abanyeshuri biyemeje kurushaho kwimakaza isuku

Abategura amafunguro y’abanyeshuri mu Kigo cy’Amashuri cya G.S Dahwe, giherereye mu Murenge wa Ndora, Akarere ka Gisagara, biyemeje kongera imbaraga mu kwimakaza isuku, kugira ngo batange umusanzu mu rugamba rwo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana b’abanyeshuri. Babivuze nyuma y’ibiganiro byo kurwanya imirire mibi n’igwingira bitabiriye bari kumwe n’abanyeshuri bagize Club y’Isuku n’Isukura n’imirire myiza […]

Continue Reading

Nyamasheke: Yiyahuriye kwa Pasiteri wamureraga nk’umwana we

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari ka Vugangoma, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, aho yabaga nk’umwana mu rugo anabafasha mu mirimo. Uwo musore yasanzwe anagana muri mushipiri bikekwa ko yimanitse, ariko intandaro yo kwiyahura ntiyahise imenyekana. Pasiteri Ntaganira Fabien yabwiye […]

Continue Reading

Huye: Umukozi wo mu Rugo yataye umwana w’imyaka 2 mu musarane

Mu Mudugudu wa Kabeza Akagali ka Cyarwa mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye haravugwa inkuru y’Umukobwa w’imyaka 20 watawe muri yombi n’inzego z’umutekano akekwaho kujugunya umwana we w’imyaka Ibiri mu Musarane. Amakuru agera ku Ijamboryumwana avuga ko byabaye ku wa 09 Gicurasi 2025, aho uwo mukobwa yakoraga akazi ko mu rugo. Uwo […]

Continue Reading

Musanze: Umwana w’imyaka 7 yishwe n’amazi y’imvura

Mu Mudugudu wa Kararo, Akagari ka Mudakama mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze umwana w’imyaka irindwi yishwe n’amazi y’imvura yaguye kuri uyu wa Gatanu tariki 09, Gicurasi, 2025. Uwo mwana yitwa Elia Tumukunde. Ababyeyi be bavuze ko byabaye ubwo yari yagiye kuragira intama, imvura ikamusanga mu gasozi. Se, Sebahizi Fabien yabwiye Imvaho Nshya […]

Continue Reading