Burera: Abanyeshuri basabwa kuzindukira kuvomera Ikigo mbere yo kwiga

Ikigo cy’ishuri cya Nemba ya Mbere cyo mu Karere ka Burera, gisaba abana kuzinduka Mugitondo bakabanza kujya mu Kabande kuvoma amazi yo gutekesha ibyo bari bufungure saa sita, bakabona kujya mu masomo. Abarimu barasaba ko icyo kibazo cyashakirwa ikindi gisubizo kuko kiri kugira ingaruka ku myigire. Abigisha muri icyo Kigo babwiye Ijamboryumwama ko iyo abana […]

Continue Reading

NCDA yasabye ababyeyi n’abarimu kwitwararika umutekano w’abana mu bihe by’imvura

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA) cyasabye ababyeyi guherekeza abana ku ishuri igihe babona imvura ikubye cyangwa ihise na Mwalimu akirinda kubarekura ngo batahe batari kumwe n’umuntu mukuru mu bihe nk’ibyo. Ni ubutumwa bugamije kurinda umutekano w’abana igihe bajya cyangwa bava ku ishuri muri ibi bihe by’imvura. Mu butumwa NCDA yanyujije kuri X yasabye […]

Continue Reading

Rubavu: Ku biceri 300 frw abona aho asiga umwana akajya mu bucuruzi atuje

Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi bucirirItse bwambukiranya umupaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko urugo mbonezamikurire (ECD) rwa Petite Barriere rwaborohereje mu bucuruzi kuko babona aho basiga abana hadahenze kandi bizeye umutekano wabo, na bo bagakora bakiteza imbere. Niyonsenga Elizabeth, utuye mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Mbugangari urerera muri uru rugo mbonezamikurire, yavuze ko […]

Continue Reading

Rutsiro: Umwarimu arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 9

Umwarimu w’imyaka 36 wigishaga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Rugamba, ruherereye mu Karere ka Rutsiro, arahigwa bukware nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 9 agahita atoroka. Byabereye mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Kabihogo ho mu Mudugudu wa Bweramana, amakuru amenyekana kuri wa 5 Gicurasi 2025. Birakekwa ko uyu mwarimu hari n’abandi bana yigisha yasambanyije. Uyu […]

Continue Reading

Dufite umukoro wo guha abana uburere bwiza-Depite Uwineza

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Uwineza Béline, asaba ababyeyi n’abarezi gutoza abana kugira ubumuntu ndetse bakanababwiza ukuri ku mateka y’Igihugu, kuko agoretswe batazamenya ububi bwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabibasabye ubwo mu Ntara y’Iburasirazuba n’Akarere ka Rwamagana, hibukwaga abahoze ari abakozi ba Perefegitura na Superefegitura zahujwe zikaba Intara y’Iburasirazuba, n’ab’amakomine yahujwe akaba Akarere ka […]

Continue Reading

Nyagatare: Ikibazo cy’amazi gikomeje kuba ingorabahizi mu mashuri

Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Karere ka Nyagatare baravuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi kibangamiye gahunda y’isuku n’isukura ndetse n’indi mibereho myiza y’abana mu bigo bayobora, kuburyo no gutoza abanyeshuri gukaraba intoki bavuye mu bwiherero bitagishoboka. Izo mpamvu zituma bikanga ingaruka ziterwa n’umwanda zirimo n’imirire mibi, mu bihe biri imbere. Abatuye ako Karere barimo ibigo by’amashuri babwiye […]

Continue Reading

Muhanga: Umuyobozi w’amasomo akurikiranyweho gusambanya abanyeshuri

Umuyobozi w’amasomo mu rwunge rw’amashuri yisumbuye rwa Kabgayi B, yatawe muri yombi n’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akekwaho icyaha cyo gusambanya abanyeshuri yigishaga. Raporo ijyanye n’ibyo aregwa igaragaza ko uriya mugabo w’imyaka 55, akekwaho icyaha cyo guhoza ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina abanyeshuri biga mu kigo akoramo, abakangisha kubirukana cyangwa kubima amanota. Kuri uyu wa […]

Continue Reading

Rubavu: Ibihumyo bigiye kuba indyo yo mu mashuri

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bugiye gutangirira mu bigo by’amashuri abanza 47 kugaburira abana ibihumyo, kuri ubu bifatwa nk’imboga zikungahaye ku ntungamubiri bikazafasha kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique yabwiye IGIHE ko basanze mu mashuri amwe n’amwe bakeneye kuvugurura imirire kugira ngo abana […]

Continue Reading

Rwanda: Abarangiza amashuri abanza batarengeje imyaka 16 bageze kuri 42%

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko abatangira amashuri abanza bakayarangiza batarengeje imyaka 16 y’amavuko bageze kuri 42% mu 2024 bavuye kuri 31% mu 2017. Ni imibare yavuye mu bushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’ingo (EICV 7) bwamuritswe ku wa 16 Mata 2025. NISR igaragaza ko abana bitabira ishuri mu cyiciro cy’abanza hatitawe ku kigero cy’imyaka […]

Continue Reading

Burera: Abarimu bazamuye ikibazo cy’abana bashorwa mu burembetsi n’abajya kwiga banyoye Kanyanga

Mu Karere ka Burera, hari ababyeyi bashora abana mu bikorwa bitemewe byo kwambutsa ibintu bitandukanye birimo n’ibiyobyabwenge babikura muri Uganda bizwi nk’Uburembetsi, kurusha kubashishikariza kugana ishuri, kuburyo abarimu babibonamo ikibazo gikomeye ku hazaza h’abana babishorwamo kuko hari n’abasigaye bajya ku ishuri banyoye Kanyanga. Ibyo ni bimwe mu byagaragarijwe mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira, isuku n’isukura […]

Continue Reading