MINISANTE yasabye abafite ibicurane kwambara agapfukamunwa

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasabye Abaturarwanda kwitwararika indwara y’ibicurane bakaza ingamba zo kwirinda zirimo gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune no kwambara agapfukamunwa ku bamaze kubyandura. Ni ubutumwa iyi Minisiteri yanyujije kuri X isaba abantu kwitwararika indwara y’ibicurane muri ibi bihe by’imvura n’ubukonje ndetse bugaragaza ko bifite ibimenyetso bitandukanye n’ibyo abantu basanzwe barwara. Ufite ibyo bicurane […]

Continue Reading

Ururimi rw’amarenga na Braille bigiye guhabwa umwanya uhagije mu masomo y’abitegura kuba Abarimu

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko integanyanyigisho ikoreshwa mu Mashuri Nderabarezi (TTC) igiye kuvugururwa, ururimi rw’amarenga n’inyandiko y’abafite ubumuga bwo kutabona izwi nka Braille zihabwe amasaha menshi mu rwego rwo gufasha abitegura kuba abarimu kurangiza amasomo yabo bashobora kwigisha abana bose. Ni nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri, abarimu n’abayobozi bo mu bigo Nderabarezi bitandukanye bagaragaje ko […]

Continue Reading

Impinduka mu mashuri nderabarezi, nyuma yo gushorwamo miliyari 74 Frw

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko umushinga wo kubaka ibikorwaremezo mu bigo by’amashuri nderabarezi 16 ndetse n’andi mashuri 16 y’icyitegererezo abyegereye uzarangira utwaye miliyari 74 Frw, watumye bigaragaramo impinduka zirimo kwimakaza ikoranabahunga. Mu 2021 nibwo Leta y’u Rwanda yatangiye umushinga wo kuvugurura amashuri nderabarezi kugira ngo ajyane n’icyerekezo cy’Igihugu. Aya mashuri yatangiye kubakwamo ibikorwaremezo bihambaye, abana batangira […]

Continue Reading

Ngoma: Umwarimu yafatanywe ‘idishi’ y’ibiryo abishyiriye abana be iwe mu Rugo

Umwarimu wo Mukarere ka Ngoma, mu Murenge wa Mugesera yafashwe amaze kubika idishi [ isahani nini baruriramo iby’abana 10] y’umuceri uhiye mu Kabati ke ko ku ishuri, avuga ko yari awushyiriye abana be iwe mu rugo. Uyu mwarimu yemeye ko atari ubwa mbere yari abitwaye ndetse asaba imbabazi akomeje ko atazabyongera. Icyo kibazo cyagaragaye kuri […]

Continue Reading

Rwamagana: Icumbi ry’abanyeshuri ryahiye rirakongoka

Icumbi ry’Ikigo cy’ishuri cya IWE (Institute Women for Excellence) giherereye mu Mudugudu wa Bigabiro mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana ryahiye rirakongoka ritikiriramo ibikoresho by’abanyeshuri 150 biga muri icyo Kigo. Iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Ugushyingo 2025 ahagana saa Yine za mugitondo. […]

Continue Reading

Musanze: Hafunguwe Ikigo kirimo ‘ECD’ yakira abana bafite ubumuga

Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Gacaca hafunguwe ku mugaragaro, Ikigo “Ubumwe Community Center” gifite umwihariko wo gutanga serivisi z’imbonezamikurire y’abana bato (ECD) ku bana bose, harimo n’abafite ubumuga ndetse kikazajya gitanga ubuvuzi bw’ubugororangingo aho bukenewe kuri abo bana. Ni Ikigo cyubatswe, ku nkunga y’umuryango ‘Hope and Homes For Children’ cyatangiranye abana bari hagati […]

Continue Reading

U Rwanda rwakiriye irushanwa Nyafurika rifasha abana gutinyuka imibare

U Rwanda rwakiriye irushanwa Nyafurika ry’imibare ryiswe Abacus mental math alympiad, rifasha ubwonko bw’abana gukora neza no gutinyuka imibare. Iri rushanwa ribaye ku ncuro ya Kabiri ryitabiriwe n’Abanyeshuri 337 biga mu bigo byigishwamo Porogaramu ya Abacus Mental Math, mu bihugu 30 bya Afurika n’u Rwanda rurimo. Abaryitabira barushanwa mu kugaragaza ubushobozi bwabo mu guteranya imibare […]

Continue Reading

Rulindo: Abafite Ingo mbonezamikurire zidakora neza bijejwe ubufasha

Abafite Ingo mbonezamikurire y’abana bato (ECDs) zidakora neza mu mirenge ya Bushoki, Shyorongi na Rusiga yo mu Karere ka Rulindo batahanye akanyamuneza ubwo basozaga amahugurwa, Akarere kabemereye kubafasha kongera gukora uko bikwiye, guhera ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha. Muri ako Karere hari ECDs zigera kuri 86 zidakora neza. Abazihagarariye bari mu bitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri […]

Continue Reading

Rulindo: Abakora mu Ngo Mbonezamikurire y’abana bato bahuguwe ku kunoza serivisi batanga

Abarezi mu ngo mbonezamikurire y’abana bato (ECDs) zo mu Mirenge ya Bushoki, Shyorongi na Rusiga mu Karere ka Rulindo, bahurijwe mu mahugurwa y’iminsi Ibiri agamije kubongerera ubumenyi kuri serivisi zikomatanyije zikwiye guhabwa abana bakira. Ni amahugurwa yateguwe na Ineza Foundation ku bufatanye n’Akarere ka Rulindo aterwa inkunga Book Aid International hamagijwe kongerera ubumenyi abarezi b’abana. […]

Continue Reading

Ni gute nahoza umwana ntamuhaye ibere? Umu-Papa bamusigiye umwana bimucanze abaza google

Ejobundi mu Karuhuko ka saa Sita, twari duteraniye aho dufatira ifunguro ku kazi. Muri icyo cyumba hari higanjemo ababyeyi b’abagore n’ab’abagabo. Uko abantu bafata ifunguro baganira, ikiganiro cyaje kugera ku buryo abakozi bo mu rugo bagenda batunguranye, maze umu-Papa umwe aradusetsa turatembagara. Abantu bose babanje kumva ari nka filimi yarebye akaba arimo kuyibara ngo aryoshye […]

Continue Reading