Rubavu: Ibihumyo bigiye kuba indyo yo mu mashuri

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bugiye gutangirira mu bigo by’amashuri abanza 47 kugaburira abana ibihumyo, kuri ubu bifatwa nk’imboga zikungahaye ku ntungamubiri bikazafasha kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique yabwiye IGIHE ko basanze mu mashuri amwe n’amwe bakeneye kuvugurura imirire kugira ngo abana […]

Continue Reading

Rwanda: Abarangiza amashuri abanza batarengeje imyaka 16 bageze kuri 42%

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko abatangira amashuri abanza bakayarangiza batarengeje imyaka 16 y’amavuko bageze kuri 42% mu 2024 bavuye kuri 31% mu 2017. Ni imibare yavuye mu bushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’ingo (EICV 7) bwamuritswe ku wa 16 Mata 2025. NISR igaragaza ko abana bitabira ishuri mu cyiciro cy’abanza hatitawe ku kigero cy’imyaka […]

Continue Reading

Burera: Abarimu bazamuye ikibazo cy’abana bashorwa mu burembetsi n’abajya kwiga banyoye Kanyanga

Mu Karere ka Burera, hari ababyeyi bashora abana mu bikorwa bitemewe byo kwambutsa ibintu bitandukanye birimo n’ibiyobyabwenge babikura muri Uganda bizwi nk’Uburembetsi, kurusha kubashishikariza kugana ishuri, kuburyo abarimu babibonamo ikibazo gikomeye ku hazaza h’abana babishorwamo kuko hari n’abasigaye bajya ku ishuri banyoye Kanyanga. Ibyo ni bimwe mu byagaragarijwe mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira, isuku n’isukura […]

Continue Reading

Amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye agiye gutangazwa

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi mu mashuri, NESA, cyatangaje ko amanota y’Ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024, azatangazwa ku wa Gatanu tariki ya 15 Ugushyingo 2024. Ibizamini bya Leta ku banyeshuri basoza amashuri yisumbuye byatangiye ku wa 23 Nyakanga 2024 bisozwa ku wa 02 Kanama 2024. Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta […]

Continue Reading

Ngororero: Umwarimu yituye hasi imbere y’abanyeshuri ahita apfa

Nsengimana Juvénal wigishaga ku ishuri ribanza rya Mukingi riherereye mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero yituye hasi imbere y’abanyeshuri yigishaga ahita ashiramo umwuka. Abazi uyu mwarimu w’imyaka 50 bavuga ko nta burwayi buzwi yagiraga. Bikimara kuba ubuyobozi bw’ishuri bwihutiye guhamagara imbangukiragutabara ihagera yamaze gushiramo umwuka. Ubuyobozi bwahise bufata icyemezo cyo kohereza umurambo wa […]

Continue Reading

NESA yatahuye amashuri 650 akora adafite ibyangombwa

Urwego rw’igihugu rushinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, rwatangaje ko mu mashuri ari mu gihugu harimo arenga 650 akora atagira ibyangombwa, ndetse ngo mu bihe biri imbere bazatangira kuyasura bareba ayujuje ibisabwa yemererwe gukora, andi ahagarikwe. Hashize iminsi hakorwa ubugenzuzi ku mashuri hirya no hino mu gihugu, harebwa niba yubahiriza ibyangombwa bituma atanga uburezi bufite ireme. […]

Continue Reading

Hagaragajwe igikoma mu nkokora uburezi bw’ikoranabuhanga

Mu 2017 nibwo hashyizweho gahunda ya leta y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere mu byiciro byose. Ni nabwo hatangijwe gahunda yo kugeza ikoranabuhanga mu mashuri, hatangwa ibikoresho byayo, murandasi ndetse n’amahugurwa y’abarimu ku bijyanye n’ikoranabunga. Gahunda ya NST1 iteganyijwe kurangirana n’umwaka wa 2024, ntabwo isize igejeje ikoranabuhanga mu mashuri yose mu Rwanda, ari nayo mpamvu Minisiteri […]

Continue Reading

Bugesera: Gahunda nzamurabushobozi yafashije abanyeshuri 4.000 kwimuka

Kuwa 29 Nyakanga 2024 nibwo Leta yashyizeho gahunda ya nzamurubushobozi ku bana basibiye. Ni gahunda yashyizwe mu mashuri abanza kugira ngo ifashe abanyeshuri bagize munsi y’amanota 50% kuzamuka mu manota yabo. Mu Karere ka Bugesera ho abana bagombaga gusibira bari 18,000, bahita bajya muri gahunda ya nzamurabushobozi kugira ngo nabo babe bakwimuka. Umuyobozi w’ishami ry’uburezi […]

Continue Reading

Rusizi: Imvura yasenye ibyumba bibiri  by’ishuri abana batatu barakomereka

Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye ibyumba bibiri by’ishuri rya GS Kibangira  ryo mu Kagari ka Ryankana  mu Murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi abana batatu barakomereka byoroheje. Iki kiza kibasiye iki kigo cy’ishuri ku gicamunsi wo kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Ukwakira 2024, ku isaha ya saa munani n’iminota mirongo ine n’itanu (14h45). […]

Continue Reading

Minisitiri Nsengimana yijeje kugeza amarushanwa y’ikoranabuhanga mu bigo by’amashuri byinshi

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko minisiteri ayoboye irajwe ishinga no kwinjira mu bufatanye butandukanye kugira ngo gahunda z’amarushanwa mu ikoranabuhanga zigezwe mu bigo by’amashuri hirya no hino mu gihugu kugira ngo hakomeze hagurwa impano nyinshi. Ni ingingo yagarutseho ku wa 09 Ukwakira 2024, aho yari yitabiriye amarushanwa y’ikoranabuhanaga ya ‘RCA Hackathon’ y’abanyeshuri bo muri […]

Continue Reading