Rutsiro: Moto itwawe n’utarahise amenyekana yagongeye umunyeshuri w’imyaka 11 ku ishuri arapfa

Umwana witwa Ugirumugisha Eugene wo mu Karere ka Rutsiro wigaga mu wa gatanu w’amashuri abanza, moto yamugongeye ku ishuri arapfa, uwari uyitwaye utarahise amenyekana ahita atoroka. Ibi byabereye mu Murenge wa Manihira, Akagari ka Muyira, ku Ishuri ribanza rya Mujebeshi, mu masaha ya nyuma ya saa sita zo kuwa kabiri, tariki 10 Gashyantare 2026. Amakuru […]

Continue Reading

Minisitiri Nsengimana yibukije abanyeshuri ko “Fresheri” zitangirira mu Rugo

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yibukije abanyeshuri ko isuku itazajya ireberwa ku ishuri gusa ahubwo ari ukuyimakaza mu buryo buhoraho bahereye iwabo mu Ngo. Yabigarutseho ubwo yatangizaga ku mugaragaro ubukangurambaga bwiswe #FresheriKuIshuri muri Kigali bwatangirijwe mu rwunge rw’amashuri rwa Karembure. Ni ubukangurambaga bwo kwimakaza isuku mu mashuri bwatangijwe mu Gihugu hose ku wa Mbere taliki ya […]

Continue Reading

Ababyeyi bibukijwe kohereza abana ku ishuri babahaye ibyangombwa nkenerwa kandi bambaye ‘uniforme’

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukandayisenga Janvière, yibukije ababyeyi ko nta mwana ukwiriye gukererwa kugera ku ishuri kandi akoherezwa afite ibyangombwa nkenerwa ndetse yambaye neza umwambaro w’ishuri (uniforme). Ibi yabigarutseho mu nteko y’abaturage yo ku wa 6 Mutarama 2026 mu Murenge wa Nyarubuye; mu Kagari ka Nyarutunga. Yabwiye abaturage, ko umubyeyi […]

Continue Reading

Indyo yuzuye, icyumba cy’umukobwa n’amazi yo kunywa ku mashuri-ibyo abana b’i Rulindo bifuza ko byitabwaho mu igenamigambi

Abana bahagarariye abandi mu Mirenge igize Akarere ka Rurindo basabye ubuyobozi gushyira icyumba cy’umukobwa ku bigo byose kitariho, kongera indyo yuzuye ndetse no kubaha amazi muza yo kunywa ku mashuri kuko ayo banywa aba ari ayo mu bigenga aba avanzemo ayimvura. Babigarutseho nyuma y’amahugurwa yahuje abagize Komite z’abana bahagarariye abandi mu Mirenge yose uko ari […]

Continue Reading

MINEDUC yashimiye abarimu inakomoza ku myitwarire idahwitse ya bamwe

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze imyato abarimu ku kazi keza bakora ko kurera u Rwanda ariko yibutsa ko bagomba kurangwa n’imikorere ya Kinyamwuga, no kwerekana indangagaciro zikwiriye mu muryango Nyarwanda, icyo bakora cyose bagashyira umwana ku isonga. Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yabigarutseho mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa Mwalimu, ku rwego rw’Igihugu, wizihirijwe mu Karere ka […]

Continue Reading

NCDA yasabye uruhare rwa buri wese mu gufasha abana bafite ubumuga kugana ECD

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) kirasaba uruhare rwa buri wese mu guharanira ko abana bafite ubumuga bajyanwa mu Ngo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) kimwe n’abadafite ubumuga. Ni ubutumwa icyo Kigo cyatanze bujyanye no kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, Isi yose yizihiza taliki 3 Ukuboza buri mwaka. NCDA yatangaje ko ari umwanya […]

Continue Reading

MINEDUC yatanze icyizere ku mushinga wo kubaka amashuri y’icyitegererezo yakira abafite ubumuga

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yavuze ko leta y’u Rwanda yatangiye umushinga wo kubaka amashuri y’icyitegererezo azajya yakira abana bafite ubumuga, azaba yatangiye gukora mu myaka ine iri imbere, mu Ntara zose n’umujyi wa Kigali. Ni bimwe mu byo yagarutseho mu nama y’igihugu y’uburezi budaheza yabaye ku wa 27 Ukuboza 2025 yibanze ku burezi budaheza  bw’abana […]

Continue Reading

Abishyura make ni 600,000 Frw! NCPD yakomoje ku Burezi buhenze bw’abafite ubumuga bwihariye

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel yagaragaje ko ababyeyi b’abana bafite ubumuga badashobora kwigondera ikiguzi gisabwa abakeneye Uburezi bwihariye bigatuma hari benshi batiga. Yabigarutseho mu biganiro by’iminsi ibiri ku burezi budaheza byatangijwe i Kigali kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025. Yagaragaje ko hakiri ikibazo cy’ikiguzi cy’uburezi kigoye kwigondera ku bana bafite ubumuga […]

Continue Reading

U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abana hazirikanwa uburenganzira n’inshingano bafite

Ikigo gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) cyasabye ubuyobozi bw’Uturere gutegura uburyo bwo kwifatanya n’abana kwizihiza umunsi wabo uzizihirizwa mu bigo by’amashuri ku wa 20 Ugushyingo 2025. Kuri iyo taliki buri mwaka, Isi yose yizihiza umunsi w’abana (universal children’s day) mu rwego rwo gukomeza guteza imbere uburenganzira bw’umwana. Mu Rwanda uzizihirizwa mu bigo by’amashuri abanza […]

Continue Reading

Karongi: Umwarimu akurikiranyweho gutera inda umunyeshuri w’imyaka 17

Umwarimu w’imyaka 30 wigisha mu wa Gatanu n’uwa 6 w’amashuri abanza ku Kigo cy’amashuri cya GS Nyarubuye A giherereye mu Murenge wa Twumba, mu Karere ka Karongi, yatawe muri yombi akekwaho gutera inda umukobwa w’imyaka 17 wiga mu wa Kabiri w’amashuri yisumbuye kuri icyo Kigo. Umwarimu ukorana n’ukekwa yavuze ko uwo mukobwa yafashe icyemezo cyo […]

Continue Reading