Ba ‘influencers’ bahuguwe ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yahuguye urubyiruko n’abakurikirwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyamabaga ‘influencers’ ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gusambanya abana n’icuruzwa ry’abantu. Ni kimwe mu bikorwa biri muri gahunda y’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, cyateguwe na MIGEPROF, Ikigo gishinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO), Umujyi wa Kigali n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye […]

Continue Reading

MINEDUC yatanze icyizere ku mushinga wo kubaka amashuri y’icyitegererezo yakira abafite ubumuga

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yavuze ko leta y’u Rwanda yatangiye umushinga wo kubaka amashuri y’icyitegererezo azajya yakira abana bafite ubumuga, azaba yatangiye gukora mu myaka ine iri imbere, mu Ntara zose n’umujyi wa Kigali. Ni bimwe mu byo yagarutseho mu nama y’igihugu y’uburezi budaheza yabaye ku wa 27 Ukuboza 2025 yibanze ku burezi budaheza  bw’abana […]

Continue Reading

Ubuhamya: Abana bavuka ku bagore bakora uburaya barataka ihohoterwa no kudahabwa ubutabera

Abana bavuka ku bagore bakora umwuga w’uburaya barataka ihohoterwa bakorerwa n’abagabo baba bagiye gusambanya ababyeyi babo, bikarangira nabo babasambanyije, nyamara bataka ntibatabarwe kuko yaba ababyeyi babo, abaturanyi n’ubuyobozi mu nzego zibegereye nta wumva intimba yabo. Abenshi muri abo bana barasambanywa bagaterwa inda, ntibahabwe ubutabera kuko bihuzwa n’ingeso mbi z’ababyeyi babo, abandi bagashorwa mu buraya no […]

Continue Reading

Abishyura make ni 600,000 Frw! NCPD yakomoje ku Burezi buhenze bw’abafite ubumuga bwihariye

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel yagaragaje ko ababyeyi b’abana bafite ubumuga badashobora kwigondera ikiguzi gisabwa abakeneye Uburezi bwihariye bigatuma hari benshi batiga. Yabigarutseho mu biganiro by’iminsi ibiri ku burezi budaheza byatangijwe i Kigali kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025. Yagaragaje ko hakiri ikibazo cy’ikiguzi cy’uburezi kigoye kwigondera ku bana bafite ubumuga […]

Continue Reading

Hagaragajwe ikibazo cy’abana bakorerwa ihohoterwa ahantu bakabaye batekanye kurusha ahandi

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryagaragaje ko abana bakorerwa ihohoterwa iwabo mu Rugo n’ababitaho kandi ariho bakabaye batekanye kurusha ahandi, kikaba ari ikibazo giteye inkeke kuko bigoye ko iryo hohoterwa ryacika hataranduwe irikorerwa ba mama babo. Ni ihohoterwa rishingiye ahanini ku bihano bikomeye bihabwa abana mu Ngo ariko ryongererwa ubukana n’irikorerwa ababyeyi babo […]

Continue Reading

NCPD yagaragaje indi mbogamizi ikomeye mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abana bafite ubumuga

Inama y’igihugu y’abantu bafite Ubumuga (NCPD) yagaragaje ko hari icyuho gikomeye mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga aho usanga hari abana bagira imyaka 16 batarandikwa mu irangamimerere. Icyo cyuho ,gishingiye ku mibare yerekana ko abana bafite ubumuga 17,302 batari mu ishuri kandi bakagombye kuba baririmo, mu gihe abandi 34,830 bafite imyaka 16 batanditswe mu irangamimerere, […]

Continue Reading

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana we w’imyaka 6

Umugore wo mu Karere ka Gakenke yafunzwe akekwaho kwica umwana we w’imyaka itandatu, nyuma y’uko atanze amakuru ku baturanyi bari bibwe inkoko ko yayibonye iwabo. Ibi byabereye mu Murenge wa Coko, Akagari ka Mbirima, mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 24 Ugushyingo 2025. Amakuru aturuka mu baturanyi b’aho byabereye avuga ko uyu mwana yaba […]

Continue Reading

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR batahanye n’abana batanu

U Rwanda rwakiriye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR batahanye n’abaturage b’abasivili bafitanye isano n’imitwe yitwaje intwaro n’abana batanu. Aba Banyarwanda bacyuwe n’abakozi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), babashyikiriza u Rwanda kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2025. Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe […]

Continue Reading

Faisal yifatanyije n’Isi kuzirikana abana bavutse batagejeje igihe

Ibitaro byitiriwe umwami Faisal (King Faisal Hospital, KFH) byifatanyije n’Isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana abana bavutse batagejeje igihe (World Premature Day), uba 17 Ugushyingo buri mwaka. Uyu muhango wabereye kuri ibi bitaro witabiriwe n’ababyeyi bahabyariye abana batagejeje igihe, ndetse n’abana babo, abaganga bita kuri aba bana ndetse n’abayobozi batandukanye. Umunsi wahariwe abana bavutse […]

Continue Reading

Icyemezo cy’Urukiko kuri Mwarimu “wariye ibiraha” akanasambanya abana

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwahamije icyaha cyo gusambanya umwana umwarimu witwa Thomas NTIVUGURUZWA w’imyaka 50 y’amavuko rumukatira imyaka 10 y’igifungo. Uriya mwarimu wigisha ku ishuri ryitwa Nyanza TSS ryahoze ryitwa ETO Gitarama, riri mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza yarezwe ko yasambanyije abana babiri b’abakobwa yabanje kubarira amasambusa (ibiraha). Ubushinjacyaha bwamusabiriga gufungwa imyaka […]

Continue Reading