Gasabo: Umwana w’imyaka 12 ari kwinjira mu buzima bwo mu muhanda abamukikije barebera

Mu Mudugudu wa Kamahoro Akagali ka Rudashya mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, hari umwana w’imyaka 12 uri kwinjira mu buzima bwo mu muhanda kandi afite ababyeyi n’abandi bamukikije bagombye kumurengera. Mu 2013 nibwo uwo mwana w’umuhungu yatereranywe n’abamubyaye akiri uruhinja rutaragira ukwezi. Byabaye inshuro ebyiri. Ubwa mbere nyina umubyara yamujugunye hafi y’aho […]

Continue Reading

Kicukiro: Abiga muri Don Bosco baganirijwe ku kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Abanyeshuri biga mu Kigo cyigisha imyuga n’ubumenyingiro, Don Bosco Gatenga TSS, mu Karere ka Kicukiro, baganirijwe ku kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu ndetse hamwe n’abayobozi muri iryo shuri bishimira ibimaze kugerwaho mu kwimakaza ihame ry’uburinganire mu burezi harimo kuba umubare w’abakobwa wariyongereye. Ni ibiganiro bahawe kuva ku wa 27 Ukuboza 2025 bijyanye n’minsi […]

Continue Reading

Kopi y’igitabo cy’inkuru ya Superman yagurishijwe miliyoni $9.12

Kopi y’umwimerere y’Igitabo cy’inkuru ishushanyije ya Superman yakunzwe cyane n’abana, yaciye agahigo ko kugurishwa akayabo ka miliyoni 9.12 z’amadorali ya America, asaga miliyari 13.2 mu mafaranga y’u Rwanda. Ni kopi ya mbere ya Superman yasohotse yitwa ‘Superman #1’ mu 1939 abavandimwe batatu baherutse kuvumbura mu nzu y’umubyeyi wabo ubwo bayikoragamo isuku amaze kwitaba Imana. Niyo […]

Continue Reading

Uheje umwana ufite ubumuga umuryango ntiwatera imbere mu buryo bwuzuye-NCPD

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga (NCPD), Emmanuel Ndayisaba yasabye abagize umuryango gutegura ahazaza h’abana bafite ubumuga kimwe n’abandi kuko bizatuma umuryango utera imbere kandi na bo bakazibeshaho, batabaye umutwaro ku muryango n’igihugu. Yabigarutseho kuri uyu wa 3 Ukuboza 2025 mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga wizihirijwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira. Ni […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umusore arakekwaho gusambanya mwishywa we w’imyaka itanu

Umusore w’imyaka 40 wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana wa mushiki we, nyuma y’aho asanganywe n’uwo mwana mu cyumba yamukuyemo imyenda. Byabereye mu Mudugudu wa Rujeberi, Akagari ka Higiro, Umurenge wa Karengera ku wa 3 Ukuboza 2025. Saa Kumi z’Umugoroba ni bwo nyina w’umwana yatashye avuye mu kazi asanga musaza […]

Continue Reading

Abarenga 99% batwita bafite VIH bacutsa abana batabanduje

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko abagore batwita bafite Virusi Itera Sida bitabwaho uko bikwiye bigatanga umusaruro wuko abarenga 99% bacutsa abana babo batanduye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya Sida. Imibare ya RBC yerekana ko kuva mu 2015, ababyeyi banduza abana bagiye bagabanyuka […]

Continue Reading

NCDA yasabye uruhare rwa buri wese mu gufasha abana bafite ubumuga kugana ECD

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) kirasaba uruhare rwa buri wese mu guharanira ko abana bafite ubumuga bajyanwa mu Ngo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) kimwe n’abadafite ubumuga. Ni ubutumwa icyo Kigo cyatanze bujyanye no kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, Isi yose yizihiza taliki 3 Ukuboza buri mwaka. NCDA yatangaje ko ari umwanya […]

Continue Reading

RIB yavuze ku kibazo cy’umwana wahawe amafaranga yo kugura ‘uniforme’, ayishyura lodge yasambanyirijwemo

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira Thierry, yahishyuye ko hari umwana uri munsi y’imyaka 18 wiga kuri kimwe mu bigo by’i Kigali wasambanyijwe bitewe n’igihano ababyeyi bamuhaye gituma abandi bamuserereza, aho gutaha ahitira muri ‘lodge’. Mu kiganiro RIB yagiranye n’itangazamakuru ku wa 1 Ukuboza 2025, Dr. Murangira yagaragaje ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina hari aho […]

Continue Reading

Guverineri Mugabowagahunde yavuze ku cyizere cyo kurandura imirire mibi n’igwingira mu Majyaruguru

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice yavuze ko mu gihe ababyeyi n’inzego zitandukanye bafatanya mu rugamba rwo kurwanya igwingira n’imirire mibi ntakabuza icyo kibazo cyaranduka burundu nkuko yabibonye mu ngendo amazemo iminsi agenzura iby’icyo kibazo muri iyo Ntara. Yabigarutseho mu mpera z’Icyumweru gishize mu kiganiro n’abanyamakuru, cyibanze ku ishusho y’Intara y’Amajyaruguru harimo n’ibibazo bibangamiye imibereho myiza […]

Continue Reading

Rutsiro: Abana babiri barohamye mu Kivu umwe ahasiga ubuzima

Mu Mudugudu wa Munyinya, Akagari ka Murambi, Mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro, abana babiri bafashe ubwato bwari butsitse [buparitse] bagiye kumva umunyenga mu Kivu, ku bw’amahirwe make haza umuhengeri bararohama umwe arapfa. Byabaye ku wa 30 Ugushyingo 2025 ahagana mu ma saa Cyenda n’Igice ubwo Nsabimana Claude w’imyaka 15 na mugenzi […]

Continue Reading