Rubavu: Ku biceri 300 frw abona aho asiga umwana akajya mu bucuruzi atuje

Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi bucirirItse bwambukiranya umupaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko urugo mbonezamikurire (ECD) rwa Petite Barriere rwaborohereje mu bucuruzi kuko babona aho basiga abana hadahenze kandi bizeye umutekano wabo, na bo bagakora bakiteza imbere. Niyonsenga Elizabeth, utuye mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Mbugangari urerera muri uru rugo mbonezamikurire, yavuze ko […]

Continue Reading

Kenya: Abapolisi bashinjwa kwica umwana w’amezi 6 bagejejwe imbere y’urukiko

Abapolisi bane bo muri Kenya bashinjwa kwica umwana w’amezi atandatu mu myaka 8 ishize, bagejejwe imbere y’urukiko, abandi umunani bari muri dosiye imwe bararekurwa nyuma y’uko ubushinjacyaha busanze nta mpamvu zifatika zatuma bakurikiranwa n’inkiko. Ni icyemezo cyateje uburakari kinamaganwa n’abantu batandukanye. Dosiye ijyanye n’urupfu rw’umwana witwa Samatha Pendo, igaragaza ko yishwe mu 2017 ubwo abapolisi […]

Continue Reading

Rutsiro: Umwarimu arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 9

Umwarimu w’imyaka 36 wigishaga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Rugamba, ruherereye mu Karere ka Rutsiro, arahigwa bukware nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 9 agahita atoroka. Byabereye mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Kabihogo ho mu Mudugudu wa Bweramana, amakuru amenyekana kuri wa 5 Gicurasi 2025. Birakekwa ko uyu mwarimu hari n’abandi bana yigisha yasambanyije. Uyu […]

Continue Reading

FARDC yatabaye abana bari barashimuswe na ADF

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC) zashyikirije sosiyete sivile ikorera ahitwa Munyangose abana 18 bari baratwawe bunyago n’abarwanyi ba ADF. Mu gikorwa cyo kubabohoza, FARDC yasanze abo bana bari kumwe n’abandi bantu bakuru 10 bari barashimutanywe. Yahise ibashyikiriza MONUSCO hanyuma ku bufatanye bw’impande zombi bashyikirizwa Sosiyete sivile kugira ngo bitabweho. Abaturage bo mu […]

Continue Reading

Dufite umukoro wo guha abana uburere bwiza-Depite Uwineza

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Uwineza BĂ©line, asaba ababyeyi n’abarezi gutoza abana kugira ubumuntu ndetse bakanababwiza ukuri ku mateka y’Igihugu, kuko agoretswe batazamenya ububi bwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabibasabye ubwo mu Ntara y’Iburasirazuba n’Akarere ka Rwamagana, hibukwaga abahoze ari abakozi ba Perefegitura na Superefegitura zahujwe zikaba Intara y’Iburasirazuba, n’ab’amakomine yahujwe akaba Akarere ka […]

Continue Reading

Impamvu Umuhanzi Peace Jolis aririmba Indirimbo z’abana

Peace Jolis ni umwe mu bahanzi batangiye umuziki mu myaka yaza 2009, muri iki gihe akaba azwi cyane mu guhimba no kuririmba indirimbo zigenewe abana. Kuba ari zo yibandaho ni ikintu gishya kuko atari byo yakoze mu myaka myinshi yahise. ‘Nakoze iki’, ‘Musimbure’, ‘Mpamagara’, ‘Un million c’est quoi’, ‘Bihwaniyemo’ n’izindi nyinshi ziri muzo yakoze mbere […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umubyeyi w’abana babiri yasanzwe mu nzu yapfuye

Umubyeyi w’abana babiri witwa Mukamuvara Gaudance wari utuye Mudugudu wa Munini, Akagari ka Kibogora, Umurenge wa Kanjongo, Akarere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu yabagamo yishwe n’abantu bataramenyekana. Urupfu rwa Mukamuvara rwamenyekanye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 04 Gicurasi, 2025 ahagana saa moya z’umuhoroba. Uyu mubyeyi uvuka mu Mudugudu wa Mataba, akagari ka Nyakabingo, umurenge […]

Continue Reading

Nyanza: Abarokotse Jenoside bagaragaje amahitamo yatuma itazongera kubaho ukundi

Mu gikorwa cyo Kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside yakorewe Abatutsi biciwe ku Ibambiro mu Karere ka Nyanza, abaharokokeye basabye abagize Umuryango Nyarwanda, guha abana uburere buzira ingengabitekerezo ya Jenoside no guharanira kubaka umuryango wuje ituze, nk’imwe mu nzira zatuma Jenoside itazongera kubaho. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi abicanyi basabye abagore n’abana guhungira ku rusengero […]

Continue Reading

Imodoka Papa Francis yagendagamo igiye guhindurwa ivuriro ry’abana

Imwe mu modoka zatwaraga Papa Francis ari i Roma( bazita mu Cyongereza popemobiles) igiye guhindurwamo ahantu abana bo muri Gaza bazajya bavurirwa. Aya makuru yaraye atangajwe na Vatican News yemeza ko biri mu byo Papa Francis yasize asabye ko bizakorerwa abana bo muri Gaza kugira ngo babone ubuvuzi. Imodoka iri buhindurwe ibitaro ni iyo Papa […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 8 yagwiriwe n’igiti arapfa

Umwana w’imyaka 8 wo mu Murenge wa Giheke, Akarere ka Rusizi, yakurikiye abandi gutashya inkwi mu ishyamba ryarimo risarurwa, igiti kiramugwira arapfa. Iryo shyamba rikaba riherereye mu Mudugudu wa Ruhinga II, mu Kagari ka Kagatamu, Umurenge wa Bushenge, mu Karere ka Nyamasheke, amakuru avuga ko abatemaga iryo shyamba nta cyangombwa cy’ubuyobozi cyabemereraga kuritema bari bafite. […]

Continue Reading