Nyabihu: Ababyeyi basabwe kongera imbaraga mu kurwanya imirire mibi n’igwingira

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurwanya imirire mibi n’ingwingira mu bana, kuko muri ako karere imibare igaragaza ko abana bagwingiye bari kuri 28%. Ni bimwe mu byagarutsweho kuri uyu wa 29 Gicurasi 2025, ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire z’abana bato (ECD Day), wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Umwana utagwingiye ishema […]

Continue Reading

Amashuri y’imyuga si ay’abaswa- Eng Umukunzi

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Guteza imbere imyuga n’Ubumenyingiro, (RTB) rusaba abantu muri rusange kutumva ko amashuri y’imyuga yigwa n’abaswa. Ibyo byagarutsweho n’Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi ukiyobora asaba abantu bakibyumva gutyo guhindura imyumvire, akameza ko umubare munini w’abize imyuga bahita babona imirimo. Bimwe mu bishingirwqho ni imibare ya Minisiteri y’Uburezi ivuga ko 80% by’abanyeshuri […]

Continue Reading

Abasaba kwemererwa gushaka abagore benshi basabwe kurenga irari bagatekereza neza

Abagabo bo mu Karere ka Kamonyi basabaga kwemererwa gushaka abagore benshi ngo bikemure ikibazo cy’amakimbirane yo mu Ngo akururwa n’ubushoreke n’ubuharike, basabwe kurenga irari bagatekereza ku bana bavuka muri ubwo buryo no kubaha uburere bukwiye. Ikibazo cy’amakimbirane yo mu muryango kigarukwaho nk’imvano rusange y’umuryango udatekanye ariko kigashingira ku bintu bitandukanye bitewe n’Akarere. Mu Karere ka […]

Continue Reading

Umuyobozi ushinjwa guhohotera abana yasabiwe gufungwa

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwasabiye Umuyobozi w’amasomo wungirije witwa Mitsindo Gaëtan ushinjwa guhohotera abanyeshuri b’abakobwa gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Iki gihano cyasabwe kuri uyu wa 27, Gicurasi, 2025 mu iburanisha ryabereye ku rukiko rwanditswe haruguru. Mu gusobanura impamvu zikomeye bushingiraho bumusabira gufungwa iyo minsi, ubushinjacyaha buvuga ko bushingiye ku […]

Continue Reading

Ubuke  bw’amasomero bugira ingaruka ku bumenyi bw’abana

Hari ubushakashatsi buherutse kwerekana ko 40% by’amashuri yo mu Rwanda atagira ibyumba byo gusomeramo. Ingaruka zabyo ni uko abana batabona aho bakorera ubushakashatsi, ntibasome ibirenze ibyo abarimu babigishije. Bigira n’ingaruka ku mitegurire y’amasomo agenewe abanyeshuri bityo abarimu ntibatange ubumenyi busesuye. Abashakashatsi baherutse kubwira Kigali Today mu kiganiro bita EdTech ko ari ngombwa ko buri shuri […]

Continue Reading

Gucika kw’ikiraro byabujije abana kwiga biboroheye

Abana bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi n’abo muwa Kinihira mu Karere ka Ruhango ntibagishobora kujya kwiga mu buryo bworoshye bitewe n’uko ikiraro bambukaga bajya yo cyacitse. Ni ikibazo kireba abana bose batuye mu tugari tw’imirenge ikora kuri icyo kiraro kuri buri ruhande. Iki kiraro kiri ahitwa Kajamage, cyari kimaze imyaka irenga […]

Continue Reading

Gicumbi: Umwana yagiye kurya ku ishuri atize arahakubitirwa arapfa

Umwana w’imyaka 13 wo ku Ishuri rya G.S Rumuri riherereye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Miyove yitabye imana nyuma yo kugwa mu muferege ahunga bagenzi be bamukubitaga, bamuziza ko yaje gufatira ifunguro ku ishuri kandi ataje kwiga. Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere wa tariki ya 26 Gicurasi 2025, nibwo iyo nkuru […]

Continue Reading

Israel Yatangije Iperereza Ku Gitero Cya Drone Cyahitanye Abana Muri Gaza

Ubuyobozi bw’ingabo za Israel mu gice cy’Amajyepfo bwanzuye ko hatangizwa iperereza ryo kumenya uko byagenze ngo igitero ziherutse kugaba muri Gaza kice abana bavurirwaga mu bitaro byitwa Khan Yunis. Ni abana icyenda bahitanywe n’icyo gitero, bose bakaba ari abana b’umugabo umwe usanzwe ari dogiteri. Hashyizwemo ndetse n’umusirikare mukuru uzayobora itsinda rizakora iryo perereza, uwo akaba […]

Continue Reading

Rwanda: Hagiye Kujyaho Ubwishingire Bw’Umwana Bukozwe Na Leta

Umwe mu myanzuro itandatu yaraye ifatiwe mu Nama y’Abaminisitiri, uvuga ko iyi Nama yemeje Iteka rya Minisitiri ryerekeye Ubwishingire bw’umwana bikorwa na Leta no kubera umubyeyi umwana utabyaye ku rwego mpuzamahanga. Ni Iteka rishobora kuzaba igisubizo ku kibazo cy’abana bakeneye abababera ababyeyi kugira ngo bakure bitaweho nk’uko amategeko n’amabwiriza mpuzamahanga abigena. Muri iyo nama y’Abaminisitiri […]

Continue Reading

Kenya: Abanyeshuri babujijwe kureba Televiziyo batwika inzu bararagamo

Abanyeshuri bo muri Mbale High School, muri Kenya batwitse inzu bararagamo ndetse bafunga umuhanda unyura imbere y’iryo shuri kubera ko babujijwe kureba umupira kuri Televiziyo. Ni igikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyiraho kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, ubwo abanyeshuri bo muri iryo shuri ryisumbuye rya Mbale ryigamo abahungu bonyine, riherereye […]

Continue Reading