Rusizi: Umwana yagiye mu mahugurwa bamuhaye itike  ayigura inkoko

Umwana witwa Micomyiza Fabiola, wiga mu mwaka wa Gatandatu kuri EP Bwiza mu Karere ka Rusizi yagiye mu mahugurwa yo kurwanya imirire mibi n’igwingira, amafaranga y’urugendo (itike) bamuhaye yiyemeza kuyagura inkoko. Uyu mwana yabwiye ijamboryumwana.rw ko yahawe itike ya 25,000 Frw yakora imibare akumva hari icyo yakora ngo agire uruhare mu kugabanya imibare y’abana bagwingiye […]

Continue Reading

Ni gute nahoza umwana ntamuhaye ibere? Umu-Papa bamusigiye umwana bimucanze abaza google

Ejobundi mu Karuhuko ka saa Sita, twari duteraniye aho dufatira ifunguro ku kazi. Muri icyo cyumba hari higanjemo ababyeyi b’abagore n’ab’abagabo. Uko abantu bafata ifunguro baganira, ikiganiro cyaje kugera ku buryo abakozi bo mu rugo bagenda batunguranye, maze umu-Papa umwe aradusetsa turatembagara. Abantu bose babanje kumva ari nka filimi yarebye akaba arimo kuyibara ngo aryoshye […]

Continue Reading

 Musanze: Abana Bahoze Mu Muhanda Bahinduriwe Ubuzima

Mu Karere ka Musanze, nk’uko n’ahandi bimeze, hakunze kuboneka abana bibera mu muhanda kubera gushoberwa. Icyakora hari bamwe muri bo muri iki gihe babayeho neza kandi ubona ko bazagira ejo heza. Mbere yo gutangira kwigishwa imyuga, nabo bari nk’abandi bose, birirwa bagenda umuhanda bukabiriraho bashaka uwabaha igiceri, irindazi, ikigori cyangwa ikindi bashyira mu nda. Ku […]

Continue Reading

Ibyihariye abana bazungukira ku masezerano u Rwanda rwasinanye na RDC

Inkuru y’ubuzima bw’ubuhunzi si inkuru yagusaba gusobanura byinshi, igihe waba uyibarira Umunyarwanda cyangwa Umunye-Congo, kuko benshi ubwo buzima babunyuzemo. Ni inkuru yihariye ku bari muri ubwo buzima bavuye mu bihugu byabo bakiri bato n’abavukiye mu buhungiro. Bahorana ibibazo byinshi n’urukumbuzi ku bihugu byabo. Ibyo bituma inkuru ivuga ko bashobora gutaha bagatura mu bihugu byabo amahoro […]

Continue Reading

Ababyeyi b’i Burera bishimira akamaro k’irerero

Ababyeyi baturanye n’umupaka wa Cyanika mu Karere ka Burea bashima uruhare irerero ryashyizwe hafi aho ryagize mu gukuza neza abana babo, nabo bakabona uko bajya mu mirimo ibateza imbere. Umwe muri abo babyeyi avuga ko yahazanye umwana we afite umwaka n’amezi atatu, akemeza ko ubu ameze neza. Uwo ni uwitwa Clémentine Hagenimana. Yemeza ko mu […]

Continue Reading

USA: Ababyeyi bakoze imyigaragambyo yo kwamagana Mark Zuckerberg

Ababyeyi bo mu Bwongereza na bagenzi babo bo muri Amerika baraye mu myigaragambyo bamagana Ikigo Meta cy’umuherwe Mark Zuckerberg kibarizwamo imbuga nkoranyambaga zitandukanye zirimo na Facebook kubera urupfu rw’abana babo bemeza ko rufite aho ruhuriye n’urwo rubuga nkoranyambaga. Imiryango ine y’ababyeyi bo mu Bwongereza yafashe indege ijya i New York, ihahurira n’abandi babyeyi bo muri […]

Continue Reading

Babyeyi mwitondere ibiryamirwa n’ibikinisho by’abana banyu, ubushakashatsi bwatanze umuburo

Kaminuza ya Toronto muri Canada yasabye ababyeyi kwitwararika isuku y’ibikinisho n’ibiryamirwa by’abana kuko iyo byanduye bigira ingaruka ku bwiza bw’umwuka bahumeka, bikabanduriza ibihaha n’amaraso. Abo bahanga bavuze ko ibikinisho akenshi byanduzwa n’aho bibikwa cyangwa aho abana babikinishiriza. Umwuka mubi abana bahumeka bitewe n’aho barara ugwingiza imikurire yabo ugatuma ubuziranenge bw’ibyo amaraso yabo yakira bugabanuka bityo […]

Continue Reading

TikTok yajyanywe mu nkiko ishinjwa kurangaza abana

Urubuga rw’Abashinwa, TikTok rwajyanywe mu nkiko zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rushinjwa kurangaza abana batarageza imyaka y’ubukure, ku buryo barumaraho umwanya munini kubera amakuru abashuka rukomeza kubereka. Iki kirego cyatanzwe kuri uyu wa Kabiri muri Leta 14 zo muri Amerika. Iki kigo gishinjwa kwereka abana ibintu bijyanye n’ibyo bakunda, igakomeza kubibahata ku buryo […]

Continue Reading

Instagram yashyizeho amabwiriza agamije kurengera ingimbi n’abangavu

Ikigo Meta, kibarizwamo imbuga nkoranyambaga zirimo Facebook, Instagram na WhatsApp, cyatangaje ko cyatangiye amavugurura n’amabwiriza mashya agamije kurengera abangavu n’ingimbi bakoresha Instagram. Meta imaze igihe iri ku gitutu cy’ababyeyi bayishinja gushyira mu kaga ubuzima bw’abana babo, bikaviramo bamwe guhindura imyitwarire no kwibasirwa n’indwara z’imitekerereze zirimo agahinda gakabije. Guhera tariki 17 Nzeri, Instagram yatangije uburyo bushya […]

Continue Reading

Musanze: Abanyeshuri batsinze neza SET bari kwigishwa gukora ‘Robots’

Abanyeshuri bagera ku 100 bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Musanze, muri iki gihe cy’ibiruhuko, barimo kwigishwa gukora imashini zishobora gukora imirimo nk’iyo abantu bakora zizwi nka Robots. Abatoranyijwe mu bigo bitandukanye ni abatsinda neza Siyansi harimo n’isomo ry’ubumenyi n’ikoranabuhanga riciriritse rizwi nka SET mu mashuri abanza. Iyi gahunda yatangiye ku wa […]

Continue Reading