Kayonza: Ababyeyi bategereje ibisubizo kuri ECD iri kubakwa i Kageyo

Abatuye mu Kagari ka Kageyo, Umurenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza bagaragaza ko bategereje ibisubizo byinshi ku Rugo Mbonezamikurire y’Abana Bato (ECD) barimo kubakirwa, aho biteze ko ruzabafasha mu mikurire myiza y’abana babo. Abo baturage bashimira Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda y’Imbonezamikurire y’abana bato kuko igira uruhare runini mu guhangana n’igwingira, kwimakaza uburezi buboneye […]

Continue Reading

Rutsiro: Akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 12

Mu Murenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro haravugwa umusore wakoraga mu birombe by’amabuye y’agaciro wafunzwe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 12. Abatanze amakuru bavuga ko ukekwaho icyo cyaha yasambanyije uwo umwana amusanze mu ishyamba yaje gutashya inkwi, amuha ku kigage arasinda arasinzira abona kumusambanya. Umudugudu byabereyemo ni uwa Nyamibombwe mu Kagari ka Ruronde muri Rusebeye, […]

Continue Reading

Babonye ababyeyi babaha urukundo barasusuruka-Ishimwe ry’abana bakuriye mu miryango ya ba Malayika Murinzi

Mu Rwanda rwo Hambere nta bigo by’imfubyi byabagaho kuko nta mwana watereranwaga. Abana bose babaga mu miryango yabo, iy’abo bakomokaho cyangwa iy’inshuti n’abaturanyi. Kubera uko bimeze muri iki gihe abana bandagaye hirya no hino mu muhanda, biragoye kubyumva, ariko mu muco Nyarwanda nta mwana watabwaga cyangwa ngo atereranwe. Iyo habagaho Impamvu ituma umwana asigara wenyine, […]

Continue Reading

Rwanda: Abakobwa bagorwa no kubona udutambaro tw’isuku mu mihango

Abana b’abakobwa bageze igihe cyo kujya mu mihango batuye hirya no hino mu Rwanda batangaza ko batabonera ku gihe udutambaro two gukoresha ngo birinde kwanduza imyambaro. Hari abahitamo gukoresha udutambaro dusanzwe ariko tukagira ikibazo cyo gutinda kumira ku zuba. Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wagenewe kuzirika isuku mu gihe cy’imihango witwa Menstrual Hygiene Day, bamwe muri […]

Continue Reading

Nyabihu: Ababyeyi basabwe kongera imbaraga mu kurwanya imirire mibi n’igwingira

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurwanya imirire mibi n’ingwingira mu bana, kuko muri ako karere imibare igaragaza ko abana bagwingiye bari kuri 28%. Ni bimwe mu byagarutsweho kuri uyu wa 29 Gicurasi 2025, ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire z’abana bato (ECD Day), wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Umwana utagwingiye ishema […]

Continue Reading

Abasaba kwemererwa gushaka abagore benshi basabwe kurenga irari bagatekereza neza

Abagabo bo mu Karere ka Kamonyi basabaga kwemererwa gushaka abagore benshi ngo bikemure ikibazo cy’amakimbirane yo mu Ngo akururwa n’ubushoreke n’ubuharike, basabwe kurenga irari bagatekereza ku bana bavuka muri ubwo buryo no kubaha uburere bukwiye. Ikibazo cy’amakimbirane yo mu muryango kigarukwaho nk’imvano rusange y’umuryango udatekanye ariko kigashingira ku bintu bitandukanye bitewe n’Akarere. Mu Karere ka […]

Continue Reading

Gucika kw’ikiraro byabujije abana kwiga biboroheye

Abana bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi n’abo muwa Kinihira mu Karere ka Ruhango ntibagishobora kujya kwiga mu buryo bworoshye bitewe n’uko ikiraro bambukaga bajya yo cyacitse. Ni ikibazo kireba abana bose batuye mu tugari tw’imirenge ikora kuri icyo kiraro kuri buri ruhande. Iki kiraro kiri ahitwa Kajamage, cyari kimaze imyaka irenga […]

Continue Reading

Madamu Jeannette Kagame yasabye Inkubito z’Icyeza kwirinda ibishuko

Madamu Jeannette Kagame yasabye Inkubito z’Icyeza kwirinda uwagerageza kubashuka abizeza ko hari ubundi buzima n’iterambere yabagezaho mu buryo bworoshye, ahubwo bagaharanira gukomeza gukorana umurava no gutsinda neza kuko aribyo bizabageza ku nzozi zabo. Yabigarutseho kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025 ubwo yatangaga ibihembo ku Nkubito z’Icyeza icyiciro cya 20 no kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 ishize […]

Continue Reading

Ni abana beza naratira uwo ariwe wese-Ibyishimo bya Malayika Murinzi Nyabuhoro mu bana b’inkurikirane yakiriye (Video)

Mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwizihize umunsi mukuru wa Malayika Murinzi, Ikinyamakuru Ijamboryumwana twasuye Malayika Murinzi, Nyabuhoro Regine utuye mu Mudugudu wa Kabuhunde ya Mbere, Akagali ka Kagugu Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo. Inkuru mpamo ni uko atari abana gusa bungukira muri gahunda ya Malayika Murinzi ahubwo n’ababyeyi bayironkeramo ibyishimo […]

Continue Reading

Depite Uwababyeyi Jeannette yakebuye ababyeyi bacutsa abana imburagihe

Depite Uwababyeyi Jeannette, uri mu bagize komisiyo y’imibereho y’abaturage mu Nteko Ishingamategeko, yibukije ababyeyi konsa neza igihe cyagenwe, bakirinda gucutsa abana imburagiye, kuko amashereka ariyo arimo intungamubiri zose umwana akenera. Ni ubutumwa yagarutseho ubwo yasuraga ababyeyi bo mu Kagari ka Bugaragara mu Murenge wa Rwimiyaga, Akarere ka Nyagatare bafite abana bari mu mirire mibi. Hari […]

Continue Reading