Muhanga: Ushinjwa gusambanya umwana yahawe igifungo cy’iminsi 30

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye ku rubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo rwanzuye ko umunyamategeko ukekwaho gusambanya umwana afungwa iminsi 30 y’agateganyo mbere yo kumuburanisha mu mizi. Iki cyemezo cyafatiwe mu cyumba cy’Iburanisha cy’uru rukiko saa kumi z’umugoroba zo kuri uyu wa Kabiri Tariki 15, Nyakanga, 2025. Abacamanza bavuga ko hari impamvu zikomeye zituma umwunganizi mu mategeko ukekwaho […]

Continue Reading

Rubavu: Abana basigaye ari imfubyi nyuma y’uko Nyina yishe Se

Abana babiri basigaye badafite kivurira nyuma y’uko Nyina yishe Se amukubise ishoka. Se na Nyina bari bamaranye imyaka irindwi babana. Amakimbirane ashingiye k’ugucana inyuma niyo avugwa kuba intandaro y’ubwo bwicanyi bwasize abo bana mu kangaratete. Intandaro y’ubu bwicanyi  nk’uko bigaragara ku rubuga rw’Ubushinjacyaha, ngo yaturutse ku gufuha nyuma y’uko umugore yamenye ko umugabo afite undi […]

Continue Reading

Gasabo: Yageze Iwe Asanga Umukozi Aramusambanyiriza Umwana

Muri Mata, 2025 umubyeyi wo Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo yatunguwe kandi ababazwa no gusanga umukozi we wo mu rugo ‘w’umukobwa’ ari kumusambanyiriza umwana ‘umuhungu’ w’imyaka 14. Uwo mukobwa afite imyaka 20, bikaba bivugwa ko bitari ubwa mbere asambanyije uwo mwana. Ikinyamakuru Bwiza kivuga ko amakuru ava mu bushinjacyaha bwa Repubulika avuga ko […]

Continue Reading

Kenya: Umubyeyi afite amashereka ahaza abana 50

Umubyeyi witwa Njoroge Chelimo w’imyaka 36 wo muri Kenya, usanganywe abana babiri asobanura ko yifitemo ubushobozi bwo kugira amashereka menshi ahaza abana be agasagura n’andi menshi afashisha abandi bayakeneye k’uburyo abona ahaza abana 50. Mu gusobanura uko byatangiye, avuga ko konsa ku nshuro ya mbere byamugoye kuko umwana yabanje kunanirwa gufata ibere. Uko iminsi yahitaga, […]

Continue Reading

Muhanga: Umunyamategeko w’imyaka 74 aravugwaho gusambanya umwana

Mu muhezo, Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga ruherutse kuburanisha urubanza ubushinjacyaha buregamo umwavoka ubura igihe gito ngo agire imyaka 75 gusambanya umwangavu w’imyaka 16 akamutera inda. Ryari iburanisha ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo, abari baje gukurikirana uru rubanza bakaba barasohowe mu rubanza kuko byemejwe ko rubera mu muhezo. Umunyamakuru wa UMUSEKE wari […]

Continue Reading

Amerika: Imyuzure yahitanye abana 25

Muri Leta ya Texas, imwe muri Leta 50 zigize Ameika, habereye ikiza cyahitanye abantu bakuru 24 n’abana 25, kugeza ubu hari n’abandi benshi bataraboneka. Imvura yateye iyo myuzure yaguye isa n’aho itunguranye, amazi aruzura aba menshi kugeza ubwo imivu ikomeye itembanye abantu bari baje mu birori byari byahurije hamwe abakobwa n’inshuti zabo. Perezida wa Amerika […]

Continue Reading

Buri Minota 15 Umwana Azira Intambara –UNICEF

Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku bana ritangaza ko intambara ziri hirya no hino ku isi zikomeje gushyira ubuzima bw’abana mu kaga ku buryo buri masogonda atanu umwana ata iwabo agahunga, buri minota 15 akicwa cyangwa agakometswa. Aho ibi byiganje mu Burasirazuba bwo Hagati no mu Majyaruguru ya Afurika. Aka kaga katumye abantu miliyoni 45 bakenera […]

Continue Reading

Nyamasheke: Abanyeshuri barashaka aho gukinira

Abana bo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke biga mu rwunge rw’amashuri rwitwa GS Umucyo Karengera basaba ubuyobozi kubashakira ibibuga bikoze neza bakabikiniraho bikabazamurira impano. Ababyeyi babo nabo bavuga ko kutagira aho bakinira bituma abana babo badasabana cyangwa ngo bazamure impano bifitemo. Umwe muri bo witwa Nyabyenda Siméon yabwiye Imvaho Nshya ko bishimira uburezi […]

Continue Reading

Abenshi Mu Bazazira Ihagarikwa Ry’Inkunga Ya Amerika Ni Abana-Raporo

Abahanga bandika mu kinyamakuru kiri mu byuhashwe kurusha ibindi ku isi byandika ku buzima no kuri science cyo mu Bwongereza kitwa The Lancet banditse ko mu bantu miliyoni 14 bazahitanwa n’ingaruka z’uko Amerika yahagaritse inkunga mu bihugu bikennye ari abana. Muri Werurwe, 2025, Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio yabwiye isi […]

Continue Reading

Abana 17 bafunzwe baritabira ibizamini

Ikigo gishinzwe igorora Rwanda Correctional Services cyatangaje ko hari abana cumi na barindwi(17), basanzwe bafungiwe muri Gereza ya Nyagatare bari bukore ibizamini by’amashuri yisumbuye. Kuri uyu wa Mbere Tariki 30, Kamena, 2025 nibwo abanyeshuri b”amashuri yisumbuye bari gutangira ibizamini biyarangiza. Ku byerekeye abana bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, RCA ivuga ko abahungu cumi na batandatu(16) […]

Continue Reading