U Rwanda rwongeye urukingo rw’Urushwima mu zihabwa abana bakivuka

U Rwanda rwatangiye gutanga urukingo rw’indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B (Hepatitis B Virus: HBV), umwana azajya ahabwa bitarenze amasaha 24 avutse, hagamijwe kumurinda kwandura cyangwa kuzahazwa n’iyo ndwara Abanyarwanda bita ‘urushwima’. Indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B ni indwara ikomeye abahanga bagaragaje ko benshi mu bayirwaye bayandujwe n’ababyeyi babo gihe cyo kuvuka. […]

Continue Reading

REB yashyize umucyo ku kibazo cy’abayobozi b’amashuri bavuze ko barenganyijwe n’Uturere bakoreragamo

Nyuma yuko hakozwe isuzuma ryasize abayobozi b’ibigo by’amashuri 890 bo hirya no hino mu Gihugu bahagaritswe mu nshingano zabo, abantu bagacika ururondogoro bavuga ko bamwe mu bahagaritswe barenganyijwe n’Uturere twashakaga kubikiza, REB yasobanuye byimbitse uko isuzuma ryagenze n’ibyarebweho. Umuyobozi Ushinzwe Iterambere ry’Imicungire y’Abarimu muri REB, Mugenzi Leon, yavuze ko hari gukurikiranwa ibibazo by’abayobozi b’ibigo by’amashuri […]

Continue Reading

Ngororero: Hari abana babeshejweho n’ifunguro ryo ku ishuri gusa

Abana bahagarariye abandi mu Mirenge y’Akarere ka Ngororero bavuze ko hari bagenzi babo batarya nijoro mu miryango yabo, aho urase ifunguro rya saa Sita ku ishuri aba azongera kurya ku munsi ukurikiyeho. Ni kimwe mu bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abana, abahagarariye abandi bagarutseho mu mahugurwa ku ruhare rwabo mu kurwanya imirire mibi n’igwingira, banatangiyemo ibyo […]

Continue Reading

Abana bashyiriweho urubuga rwo kugaragaza impano mu biruhuko

Abana bari munsi y’imyaka 18 bagiye kongera guhurira mu Irushanwa ryo kugaragaza impano zitandukanye bifitemo, binyuze mu kiganiro “Uburenganzira bw’umwana” cya Televiziyo Isango Star. Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 8 riteganyijwe muri iki gihe cy’ibiruhuko abiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bitegura kwinjiramo. Biteganyijwe ko rikazaba ku mataliki ya 20 na 27 Ukuboza 2025 […]

Continue Reading

Gasabo: Umwana w’imyaka 12 ari kwinjira mu buzima bwo mu muhanda abamukikije barebera

Mu Mudugudu wa Kamahoro Akagali ka Rudashya mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, hari umwana w’imyaka 12 uri kwinjira mu buzima bwo mu muhanda kandi afite ababyeyi n’abandi bamukikije bagombye kumurengera. Mu 2013 nibwo uwo mwana w’umuhungu yatereranywe n’abamubyaye akiri uruhinja rutaragira ukwezi. Byabaye inshuro ebyiri. Ubwa mbere nyina umubyara yamujugunye hafi y’aho […]

Continue Reading

Kicukiro: Abiga muri Don Bosco baganirijwe ku kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Abanyeshuri biga mu Kigo cyigisha imyuga n’ubumenyingiro, Don Bosco Gatenga TSS, mu Karere ka Kicukiro, baganirijwe ku kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu ndetse hamwe n’abayobozi muri iryo shuri bishimira ibimaze kugerwaho mu kwimakaza ihame ry’uburinganire mu burezi harimo kuba umubare w’abakobwa wariyongereye. Ni ibiganiro bahawe kuva ku wa 27 Ukuboza 2025 bijyanye n’minsi […]

Continue Reading

Uheje umwana ufite ubumuga umuryango ntiwatera imbere mu buryo bwuzuye-NCPD

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga (NCPD), Emmanuel Ndayisaba yasabye abagize umuryango gutegura ahazaza h’abana bafite ubumuga kimwe n’abandi kuko bizatuma umuryango utera imbere kandi na bo bakazibeshaho, batabaye umutwaro ku muryango n’igihugu. Yabigarutseho kuri uyu wa 3 Ukuboza 2025 mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga wizihirijwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira. Ni […]

Continue Reading

NCDA yasabye uruhare rwa buri wese mu gufasha abana bafite ubumuga kugana ECD

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) kirasaba uruhare rwa buri wese mu guharanira ko abana bafite ubumuga bajyanwa mu Ngo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) kimwe n’abadafite ubumuga. Ni ubutumwa icyo Kigo cyatanze bujyanye no kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, Isi yose yizihiza taliki 3 Ukuboza buri mwaka. NCDA yatangaje ko ari umwanya […]

Continue Reading

Hagaragajwe ikibazo cy’abana bakorerwa ihohoterwa ahantu bakabaye batekanye kurusha ahandi

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryagaragaje ko abana bakorerwa ihohoterwa iwabo mu Rugo n’ababitaho kandi ariho bakabaye batekanye kurusha ahandi, kikaba ari ikibazo giteye inkeke kuko bigoye ko iryo hohoterwa ryacika hataranduwe irikorerwa ba mama babo. Ni ihohoterwa rishingiye ahanini ku bihano bikomeye bihabwa abana mu Ngo ariko ryongererwa ubukana n’irikorerwa ababyeyi babo […]

Continue Reading

2025 ni umwaka wo gushyira akadomo ku mirimo mibi ikoreshwa abana! Imibare irerekana iki?

Raporo y’Ubushakashatsi bw’Umuryango mpuzamahanga wita ku murimo (ILO) n’Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) igaragaza ko ikibazo cy’imirimo mibi ikoreshwa abana kitarakemuka nubwo hari icyakozwe. Mu 2015 Isi yose yiyemeje guca burundu imirimo mibi ikoreshwa abana bitarenze mu 2025 kandi uwo mwaka uragana ku musozo. Kugeza ubu nibura abana miliyoni 138 baracyari mu mirimo […]

Continue Reading