Kugaburirira Abana Ku Ishuri Byabaye Ikirango Afurika Yakwigana

Mu nama iri kubera muri Senegal havugiwemo ko u Rwanda rukwiye gushimirwa ko rwashyizeho gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri kandi amahanga yandi akarwigana. Iyi nama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi n’ibiribwa, Africa Food Systems, yatangiye kuri uyu wa Mbere Tariki 01, Nzeri, 2021 ikazarangira Tariki 05, uko kwezi. Kuri uyu munsi wayo wa Kabiri Minisitiri […]

Continue Reading

Kamonyi: Gahunda Intore Mu Biruhuko Yafashije Abana Kugaragaza Impano

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwiringira Marie Josée ahamya ko igihe cyahariwe gahunda y’Intore mu biruhuko cyabaye umwanya mwiza ku banyeshuri wo kudapfusha igihe ubusa. Ashimangira ko aho abo bana bahuriraga bahaherwaga ibiganiro bikubiyemo inama zibubaka, baridagadura  kandi bagaragaza impano bafite. Yabivuze ubwo yarangazaga ku mugaragaro gahunda y’Intore mu biruhuko mu […]

Continue Reading

Abana Bo Munsi Y’Imyaka 15 Barakina Final Y’Irushanwa Gicanda Invitational 2025

Abakobwa bahize abandi mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15 mu Turere 26 ryiswe Gicanda Invitational 2025 barakina umukino wa nyuma ubera kuri Kigali Pélé Stadium kuri uyu wa Gatandatu. Bari bamaze igihe mu irushanwa ryabereye mu Turere 26 rihuza amakipe y’abana b’abakobwa barushanwa ngo bagere ku rwego rw’Akarere. Ryakinwe n’amakipe 58 agizwe n’abakinnyi 1,200, aho ikipe […]

Continue Reading

Ubuhamya: Abana bavuka ku bagore bakora uburaya barataka ihohoterwa no kudahabwa ubutabera

Abana bavuka ku bagore bakora umwuga w’uburaya barataka ihohoterwa bakorerwa n’abagabo baba bagiye gusambanya ababyeyi babo, bikarangira nabo babasambanyije, nyamara bataka ntibatabarwe kuko yaba ababyeyi babo, abaturanyi n’ubuyobozi mu nzego zibegereye nta wumva intimba yabo. Abenshi muri abo bana barasambanywa bagaterwa inda, ntibahabwe ubutabera kuko bihuzwa n’ingeso mbi z’ababyeyi babo, abandi bagashorwa mu buraya no […]

Continue Reading

Abana batarengeje imyaka 17 bazindukiye mu matora

Abana bari hagati y’imyaka Itandatu na 17 y’amavuko bazindukiye mu matora ya Komite z’Ihuriro ry’Abana yatangiye mu Rwanda hose ku rwego rw’Utugali n’Imidugudu. Ayo matora ya Komite z’Ihuriro ry’Abana yatangiye kuri uyu wa 28 Kanama 2025 ku rwego rw’Umudugudu n’Akagari azakomereza ku rw’Umurenge n’Akarere asorezwe ku Ntara n’Umujyi wa Kigali. Ingengabihe y’amatora y’Ikigo cy’igihugu gihinzwe […]

Continue Reading

NESA Yatangaje Uko Abana Bazasubira Kwiga

Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyasohoye uko abana bazasubira ku ishuri mu minsi mike iri imbere. Iki kigo cyasohoye itangazo rimenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi n’ababyeyi uko abanyeshuri bacumbikirwa bazatangira gusubira ku mashuri yabo guhera tariki 05 kugeza ku ya 08 Nzeri 2025. Bitangajwe […]

Continue Reading

Nyamagabe: Mwarimu Aravugwaho Gusambanya Umwana Yigisha

Mu Mudugudu wa Gitaba, Akagari ka Kigeme, Umurenge wa Gasaka muri Nyamagabe haravugwa inkuru y’umwarimu w’imyaka 56 watawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 11 yari asanzwe yigisha. Amakuru avuga ko byatangiye ubwo yajyaga kureba uwo mwana iwabo asanga ari kumwe n’abavandimwe be, abona ko kuhamufatira bitakunda niko kumusaba ko bajyana ku ishuri. Yamubwiye ko […]

Continue Reading

MINEDUC Yatangaje Ingengabihe Y’Amashuri Mu Mwaka 2025/2026

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko tariki 08, Nzeri, 2025 ari bwo abiga amashuri abanza n’ayisumbuye bazatangira kwiga. Ni umwaka w’amashuri wa 2025/2026, watangajwe n’ubuyobozi bwa Minisiteri kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Nzeri. Igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2025/26 kizatangira ku itariki yavuzwe haruguru kikazarangira ku 19, Ukuboza, 2025. Icyo gihe  abanyeshuri bazaruhuka ibyumweru […]

Continue Reading

Abana 80 Mu Marushanwa Ya Golf

Abana bafite imyaka iri hagati y’ine na 16, bakinnye mu byiciro bine bitandukanye, berekana ubuhanga n’ubwitange binyura abababyaye, abarimu n’abakunzi ba siporo. Ntibyari amarushanwa gusa ahubwo byari n’ishusho y’ahazaza h’ikipe y’igihugu, aho u Rwanda rugaragaza impano ziteguye guhatana ku rwego rw’Afurika. Ikiciro cya 18-hole cyari icy’ingenzi muri ayo marushanwa cyasize Mukabwa Murenjekha yegukanye intsinzi ku […]

Continue Reading

Kwigisha Abana Umuco Nyarwanda Ntibigira Uko Bisa!

Mu rwego rwo kubafasha gukoresha neza ibiruhuko, abana bafite hagati y’imyaka itandatu na 13 bamaze igihe bigishwa ibyaranze amateka yab Sekuruza no kwiga ibigize umuco w’Abanyarwanda. Basuye ingoro ndangamurage zitandukanye, babwirwa ibiranga indangagaciro z’Abanyarwanda birimo imbyino, imikino n’imirimo gakondo n’ibindi. Abahanga mu mateka y’u Rwanda nibo bahugura abo bana bakaba baratoranyijwe n’ubuyobozi bw’Inteko y’igihugu y’umuco […]

Continue Reading