Nyanza: Umusore arakekwaho gusambanya abana biga mu mashuri y’incuke

Umusore wo mu Murenge wa Cyabakamyi wari uragiye inka arakekwaho gusambanya abana b’abakobwa babiri biga mu mashuri y’incuke, bari bamunyuzeho bavuye kwiga. Umwe mu batangabuhamya yavuze ko abana bavuze ko baciyeho uriya musore aragiye inka mu ishyamba bavuye kwiga akabatangira akabasambanya. Bikaba byaramenyekanye ubwo abana bajyaga kunyara bakababara, ababyeyi babo bareba bagasanga imyanya ndangagitsina yabo […]

Continue Reading

MIGEPROF yashimiye ba ‘Malayika Murinzi’ ibizeza gukomeza kubashyigikira

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana bashimiye ba Malayika Murinzi ku muhate n’ubwitange bwo kurera kibyeyi abana bakiriye, babizeza gukomeza kubashyigikira muri urwo rugendo. Mu 2012 nibwo ubukangurambaga bwa “Tubarere Mu Mu ryango” na “Fata umwana wese nk’uwawe” bwatangijwe hagamijwe ko buri mwana akurana uburere bwiza akomora ku muryango. Ubwo […]

Continue Reading

Mu musarane wa Kaminuza y’u Rwanda hatoraguwe uruhinja rwapfuye

Kuri uyu wa 30 Gicurasi 2024, mu Karere ka Musanze muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Busogo ryigisha Ubuvuzi bw’amatungo (CAVM Busogo), hatoraguwe uruhinja mu musarane rwapfuye. Amakuru y’uko uru ruhinja ruri mu musarane yatangiye gucicikana ahagana Saa Sita z’ijoro ryo ku wa 30 Gicurasi 2024 aribwo batangiye imirimo yo kurushakisha kugeza ubwo rwabonekaga mu […]

Continue Reading

Imyaka yo gushyingirwa ntabwo yahindutse, ibyaganiriwe ku mushinga w’itegeko ryo gushyingira abafite 18

Depite Ruku Rwabyoma John yagaragaje ko abantu bakwiriye kwakira ko umuntu ufite imyaka 18 ari umuntu mukuru ushobora kwifatira icyemezo akaba yanashyingirwa nk’uko ajya no mu nzego za gisirikare akamenera igihugu amaraso. Inteko Ishinga amategeko umutwe w’Abadepite yatangiye imirimo yo gutora itegeko rigenga abantu n’umuryango ririmo ingingo ya 197 iteganya ko umuntu ufite imyaka 18 […]

Continue Reading

Gatsibo: RIB yafunze umugore wahoraga mu bitaro akingiza igipupe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, Nibwo mu Kigo Nderabuzima cya Kabarore hatangiye kumvikana inkuru y’umugore wari umaze igihe kinini ahetse igipupe abeshya ko aba yaje gukingiza umwana kandi aba yaje kwiba abaje mu bitaro. Umwe mu bamuvumbuye yabwiye BTN, dukesha iyi nkuru, ko kugirango bamumenye ari uko  inshuro nyinshi […]

Continue Reading

Nyarugenge: Yayabangiye ingata nyuma yo gukekwaho kujyana umwana muri ’Lodge’

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 yahuye n’uruva gusenya ubwo yari yazanye umukobwa bagiye kwiha akabyizi, ariko uwo mukobwa bari kumwe agakekwaho kuba munsi y’imyaka 18 y’amavuko ndetse akabura ibyangombwa byerekana imyaka ye. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 17 Gicurasi ahitwa Cosmos i Nyamirambo. Amakuru avuga ko uyu mugabo yasohokanye n’uwo mwana […]

Continue Reading

Ingabo z’u Rwanda zahuguwe ku gukumira ikoreshwa ry’abana mu gisirikare

Abasirikare n’Abapolisi 19 bo ku rwego rwa Ofisiye mu Rwanda, batangiye amahugurwa agamije guhangana n’ikibazo gihangayikishije Afurika, cyo gukoresha abana mu mitwe yitwaza intwaro no mu gisirikare. Ni amahugurwa y’iminsi itanu yiswe “Child Protection Focal Points Course”, ari kubera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, aho yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa […]

Continue Reading

Hari icyiciro uzasanga ishuri ririmo abahungu gusa, Ibyo abanyeshuri baganiriye ku gushyingira ab’imyaka 18

Hashize iminsi impaka zibaye urudaca ku mushinga w’itegeko ryo kwemerera abantu bafite imyaka 18 y’amavuko gushyingirwa. Ni nyuma yuko ku itariki ya 18 Werurwe 2024 Inteko Nshingamategeko yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango ririmo iyo ngingo. Ni itegeko ryarahuje itegeko rigenga abantu n’umuryango n’irigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano n’izungura. Iyi nkuru ikimenyekana, ibyiciro binyuranye […]

Continue Reading

Musanze: Ubuyobozi bwihanangirije amashuri yigenga akoresha abanyamahanga

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze bwihanangirije Ibigo by’amashuri byigenga bikorwamo n’abanyamahanga barangwa no gukubita abanyeshuri, busaba ibyo bigo kwibutsa abarimu babyo kugendera ku mategeko agenga uburezi mu Rwanda. Bikubiye mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve, Bwanakweli Moussa mu ntangiro z’uku kwezi yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga. Ivuga ko hari […]

Continue Reading

Ibidasanzwe ku gitabo kirimo inkuru zisomerwa abana bakiri mu nda

Ikigo Ikibondo cyanditse ibitabo bisomerwa abana bakiri mu nda ya nyina kuva bagisamwa kugeza ku myaka itandatu. Umuyobozi w’icyo kigo, Munyurangabo Jean de Dieu avuga ko bagize igitekerezo cyo kwandika ibitabo bisomerwa abana nyuma yo kumenya amakuru y’uko umwana uri mu nda ya nyina yumva. Igitekerezo cyaturutse kuri gahunda ya Leta yo gucengezamo abana gukunda […]

Continue Reading