Ni gute nahoza umwana ntamuhaye ibere? Umu-Papa bamusigiye umwana bimucanze abaza google

Ejobundi mu Karuhuko ka saa Sita, twari duteraniye aho dufatira ifunguro ku kazi. Muri icyo cyumba hari higanjemo ababyeyi b’abagore n’ab’abagabo. Uko abantu bafata ifunguro baganira, ikiganiro cyaje kugera ku buryo abakozi bo mu rugo bagenda batunguranye, maze umu-Papa umwe aradusetsa turatembagara. Abantu bose babanje kumva ari nka filimi yarebye akaba arimo kuyibara ngo aryoshye […]

Continue Reading

Uwise umwana we ‘UCI’ yasobanuye impamvu y’iryo zina

Nyuma yuko Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye mu Rwanda Kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025 irangiye, amakuru ayivugaho yakomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru no mu biganiro aho abantu bateraniye. Muri ayo makuru harimo Icyangombwa cy’amavuko cyakomeje guhererekanywa n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga hibazwa ku mubyeyi wise umwana we #UCI. UCI (Union Cycliste Internationale) […]

Continue Reading

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!

Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame bugaruka ku ruhare rw’ababyeyi mu kwita ku bana Mu minsi ishize twasangiye ubutumwa bwihariye ku bashakanye, none ndagarutse ngo tuganire no ku mugisha udasanzwe w’abashakanye, wo kwitwa ‘Ababyeyi’. Umwana ni ‘umugisha’! Nagira ngo munkundire tujyane mu rugendo rwe rwa mbere kugira ngo twumve ukuntu ntakiruta umwana! Uko agerageza gupfumbata urutoki […]

Continue Reading

Ukuri ku nkuru y’umwana w’Umunyarwanda bivugwa ko yashimuswe akisanga muri Uganda

Ikigo cy‘Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) cyatangaje ko inkuru y‘umwana wakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga bivugwa ko yashimuswe akisanga muri Uganda, atari ukuri kuko yajyanye n‘umuryango we wimukiyeyo ahubwo bagerayo bakaburana. Mu mpera z‘iki Cyumweru nibwo ku mbugankoranyambaga zitandukanye hakwirakwiye ubutumwa buherekejwe n‘ifoto y‘umwana uri mu kigero cy‘imyaka 10 ushakisha umuryango we. Ubwo butumwa […]

Continue Reading

Ibyago Imirire Mibi Igira Ku Bana

Iyo bavuga ko ‘umuntu ari ibyo yariye’ baba bavuga ukuri. Ibi birushaho kuba ukuri ku bana kuko iyo bagaburiwe neza batoha, bagakura neza, wabareba ukabona bateye ubwuzu. Ababuze ayo mahirwe bo ubona bababaje, barananutse, amagufa yaranamye. Iyo umwana ariye indyo ituzuye mu gihe kirekire, ubwonko bwe bukura nabi, bukagira ibyuho mu kwirema ku buryo ifoto […]

Continue Reading

Uko Komisiyo Y’Uburenganzira Bwa Muntu Ibona Ibibazo By’Umuryango Nyarwanda

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu isaba inzego gufatanya ngo politiki y’uburenganzira bw’umwana yubahirinzwe binyuze no mu kureba uko ibibuhungabanya byakumirwa, ibyo bikabamo inzoga, ubuharike n’ibindi. Mu nama yigaga uko uruhare rw’abagize umuryango rwakongerwa mu gukumira ibibangamira abana birimo ubusinzi n’ubuharike, abagize iyi Komisiyo bavuze ko ibi bintu biri mu bibuza abana amahwemo. Bigaga kandi uko ubutabera […]

Continue Reading

Ubwicanyi Mu Bashakanye Busiga Abana Mu Magorwa

Mu myaka itandatu ishize, mu Rwanda abashakanye 395 baricanye, bituma abana babo baba imfubyi kandi bamwe muribo bari bataragira imyaka itanu y’ubukure. Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko abo bantu bishwe n’abantu 497 ahanini bitewe n’amakimbirane mu miryango akomoka ku mikoreshereze mibi y’umtungo, ubushoreke n’ibindi. Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa RIB Kamarampaka Consolée yabwiye abitabiriye Inama isanzwe ya […]

Continue Reading

Nyagatare: Ababyeyi Bibukijwe Kudaheza Abana Bafite Ubumuga Mu Burezi

I Gatunda, ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyarurema mu Karere ka Nyagatare, habereye ubukangurambaga bwo kurwanya imbogamizi zikibangamira abana bafite ubumuga ntibige. Ubwo bukangurambaga bukorwa kandi ku bufatanye na UNICEF ndetse na Federasiyo y’igihugu ishinzwe imikino y’abantu bafite ubumuga. Intego ni ugushyigikira uburezi budaheza binyuze mu mikino. Umuryango w’Ababikira b’Abadominikani ni umwe mu miryango ifasha […]

Continue Reading

Gasabo: Abana Bagizwe Imfubyi Na Se Wishe Nyina

Mu Mudugudu wa Kami, Akagari ka Gasharu, mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo haravugwa umugabo ukekwaho kwica umugore agashyira imfunguzo abana ku ishuri. Amakuru avuga ko babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, bikavugwa ko umugabo yishe uwo mugore akoresheje inyundo. Bivugwa kandi ko umwana w’imyaka 16  ari we wakiriye urufunguzo Se yamuzaniye arumusangishije ku […]

Continue Reading

Rusizi: Umwana Yahiriye Mu Nzu

Umwana  w’imyaka ibiri n’amezi arindwi yahiriye mu nzu ubwo inkongi yahamusangaga iwabo badahari. Byabereye  mu Mudugudu wa Ruzeneko, Akagari ka Karenge, Umurenge wa Rwimbogo, Akarere ka Rusizi. Nubwo atahiye ngo apfe, ariko umutwe we wahiye. Ahandi yahiye ni ku maguru no ku maboko, abatabazi bamukuramo atarapfa. Se yari yagiye kurarira Koperative naho Nyina yari yagiye […]

Continue Reading