Rwamagana: Minisitiri Uwimana yasabye abagize umuryango kurinda abana inyigisho zirimo amacakubiri

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée ubwo yifatanyaga n’Abanyarwamagana Kwibuka ku nshuro ya 31, abagore n’abana biciwe mu Murenge wa Kigabiro ku Musozi wa Sovu mu Karere ka Rwamagana, yasabye Abanyarwanda kwimakaza urukundo n’amahoro mu muryango no kwirinda inyigisho zibiba amacakubiri mu bakiri bato. Umuhango wo Kwibuka abagore n’abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye […]

Continue Reading

Babyeyi mwitondere ibiryamirwa n’ibikinisho by’abana banyu, ubushakashatsi bwatanze umuburo

Kaminuza ya Toronto muri Canada yasabye ababyeyi kwitwararika isuku y’ibikinisho n’ibiryamirwa by’abana kuko iyo byanduye bigira ingaruka ku bwiza bw’umwuka bahumeka, bikabanduriza ibihaha n’amaraso. Abo bahanga bavuze ko ibikinisho akenshi byanduzwa n’aho bibikwa cyangwa aho abana babikinishiriza. Umwuka mubi abana bahumeka bitewe n’aho barara ugwingiza imikurire yabo ugatuma ubuziranenge bw’ibyo amaraso yabo yakira bugabanuka bityo […]

Continue Reading

Nyarugenge: Umwana w’imyaka 17 n’umushoferi bapfiriye mu mpanuka y’imodoka eshatu

Mu masaha ya saa 13h mu Muhanda Kigali-Musanze ahazwi nka Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge habereye impanyuka y’imodoka eshatu zagonganye, ipfiramo abantu babiri barimo umwana w’umukobwa w’imyaka 17 abandi 12 barakomereka. Inzego z’umutekano zatangaje ko iyi mpanuka yatewe n’Imodoka eshatu zagonganye. Byabaye kuri uyu wa 18 Mata 2025. Byaturutse ku modoka yo mu bwoko bwa […]

Continue Reading

Musanze: Umugore yishe umugabo na we ahita yiyahura

Mu Karere ka Musanze Umurenge wa Gataraga Akagali ka Rubindi mu Mudugudu wa Gacondo haravugwa inkuru y’akababaro y’umugore wishe umugabo we amutemesheje umuhoro, na we ahita yiyahura yimanitse. Byabaye kuri wa 17 Mata 2025 ahagana ku isaha ya 14h00. Byamenyekanye ubwo abaturanyi bumvaga abana ba ba nyakwigendera barira mu nzu ifunze. Nyuma yo kumva abana […]

Continue Reading

Burera: Abarimu bazamuye ikibazo cy’abana bashorwa mu burembetsi n’abajya kwiga banyoye Kanyanga

Mu Karere ka Burera, hari ababyeyi bashora abana mu bikorwa bitemewe byo kwambutsa ibintu bitandukanye birimo n’ibiyobyabwenge babikura muri Uganda bizwi nk’Uburembetsi, kurusha kubashishikariza kugana ishuri, kuburyo abarimu babibonamo ikibazo gikomeye ku hazaza h’abana babishorwamo kuko hari n’abasigaye bajya ku ishuri banyoye Kanyanga. Ibyo ni bimwe mu byagaragarijwe mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira, isuku n’isukura […]

Continue Reading

Hari abatinya kuyitoza abato ngo batabavamo, Icyizere ku guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu mboni za Tito Rutaremara

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, Tito Rutaremara, yagaragaje ko hari icyizere ko bamwe mu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside bazayipfana batayitoje abakiri bato cyane cyane abari mu mashuri kuko batinya ko babavamo. Tito Rutaremara yabigarutseho ubwo yatangaga ikiganiro kigaruka ku mateka y’u Rwanda ubwo abayobozi mu Itorero rya ADEPR, basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, […]

Continue Reading

Rusizi: Akurikiranyweho kwica uruhinja yari amaze kubyara

Umukobwa w’imyaka 27 ukomoka mu Karere ka Muhanga, yatawe muri yombi nyuma yo kubyara umwana akamuniga. Byabereye mu Mudugudu wa Kankuba, Akagari ka Mashesha, Umurenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi. Uyu mukobwa wari waravuye iwabo mu Karere ka Muhanga atwite, akajya gutura hafi y’uruganda rwa CIMERWA yakoragamo, ku mugoroba wa tariki 8 Mata 2025 […]

Continue Reading

Ruhango: Basanze Umurambo W’Uruhinja Mu Ikarito

Mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango habonetse uruhinja rwapfuye ruri mu ikarito,  Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ku mugore wataye urwo ruhinja ku gasozi agacika. Uwo mwana yabonywe n’abaturage babigeza ku buyobozi bw’Umudugudu wa Munu, Akagari ka Buhanda, Umurenge wa Bweramana. Umugenzi wihitiraga wari uri kumwe n’abaturage bari baje gutashya inkwi nibo […]

Continue Reading

Gisagara: Hatangijwe Ubukangurambaga bwo kurwanya igwingira binyuze mu mashuri

Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu, (Cladho) ku nkunga n’ubufatanye by’Umuryango Mpuzamahanga wa Gikristu, (World Vision), yatangije ubukangurambaga bw’isuku n’isukura no kurwanya igwingira buzibanda mu bigo by’amashuri mu Karere ka Gisagara. Ubu bukangurambaga bwatangirijwe mu Kigo cy’amashuri abanza cya Nyagahuru II giherereye mu Kagali ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi. Byitezwe ko buzarangira abanyeshuri bafite ubumenyi bwatuma […]

Continue Reading

Abana basabye kujya bitabira inama mpuzamahanga ziga ku mihindagurikire y’ibihe

Abana bagaragaje ko mu gihe ibihugu byiga ku mihindagurikire y’ibihe n’icyakorwa mu guhangana n’ingaruka zabyo, bajya batekerezwaho mu biganiro bigamije gushaka ibisubizo kuko bari mu bagirwaho ingaruka nabyo. Byagarutsweho mu nama yahuje abana, yiga ku ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe ndetse no gukusanyiriza hamwe ibyifuzo byabo mu gihe inama mpuzamahanga ya COP29 izabera muri Azerbaijan yegereje. Ubushakashatsi […]

Continue Reading