NCDA yasabye uruhare rwa buri wese mu gufasha abana bafite ubumuga kugana ECD

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) kirasaba uruhare rwa buri wese mu guharanira ko abana bafite ubumuga bajyanwa mu Ngo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) kimwe n’abadafite ubumuga. Ni ubutumwa icyo Kigo cyatanze bujyanye no kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, Isi yose yizihiza taliki 3 Ukuboza buri mwaka. NCDA yatangaje ko ari umwanya […]

Continue Reading

Ba ‘influencers’ bahuguwe ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yahuguye urubyiruko n’abakurikirwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyamabaga ‘influencers’ ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gusambanya abana n’icuruzwa ry’abantu. Ni kimwe mu bikorwa biri muri gahunda y’iminsi 16 yo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, cyateguwe na MIGEPROF, Ikigo gishinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO), Umujyi wa Kigali n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye […]

Continue Reading

Ubuhamya: Abana bavuka ku bagore bakora uburaya barataka ihohoterwa no kudahabwa ubutabera

Abana bavuka ku bagore bakora umwuga w’uburaya barataka ihohoterwa bakorerwa n’abagabo baba bagiye gusambanya ababyeyi babo, bikarangira nabo babasambanyije, nyamara bataka ntibatabarwe kuko yaba ababyeyi babo, abaturanyi n’ubuyobozi mu nzego zibegereye nta wumva intimba yabo. Abenshi muri abo bana barasambanywa bagaterwa inda, ntibahabwe ubutabera kuko bihuzwa n’ingeso mbi z’ababyeyi babo, abandi bagashorwa mu buraya no […]

Continue Reading

Hagaragajwe ikibazo cy’abana bakorerwa ihohoterwa ahantu bakabaye batekanye kurusha ahandi

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryagaragaje ko abana bakorerwa ihohoterwa iwabo mu Rugo n’ababitaho kandi ariho bakabaye batekanye kurusha ahandi, kikaba ari ikibazo giteye inkeke kuko bigoye ko iryo hohoterwa ryacika hataranduwe irikorerwa ba mama babo. Ni ihohoterwa rishingiye ahanini ku bihano bikomeye bihabwa abana mu Ngo ariko ryongererwa ubukana n’irikorerwa ababyeyi babo […]

Continue Reading

NCPD yagaragaje indi mbogamizi ikomeye mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abana bafite ubumuga

Inama y’igihugu y’abantu bafite Ubumuga (NCPD) yagaragaje ko hari icyuho gikomeye mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga aho usanga hari abana bagira imyaka 16 batarandikwa mu irangamimerere. Icyo cyuho ,gishingiye ku mibare yerekana ko abana bafite ubumuga 17,302 batari mu ishuri kandi bakagombye kuba baririmo, mu gihe abandi 34,830 bafite imyaka 16 batanditswe mu irangamimerere, […]

Continue Reading

Kicukiro: Hagaragaye umurambo w’umwana bikekwa ko yishwe n’amazi y’imvura

Ahitwa mu Cyumbati mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro hagaragaye umurambo w’umwana w’imyaka itandatu y’amavuko watwawe n’amazi y’imvura. Uyu murambo w’uyu mwana wagaragaye ahagana saa ine z’amanywa yo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo 2025. Birakekwa ko yishwe n’amazi y’imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo […]

Continue Reading

Kigali: Imibereho ikakaye y’abana bo mu muhanda muri ibi bihe by’imvura

Iyo utembereye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, ugenda uhura n’abana bo mu muhanda baba baraturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu baje gushakisha imibereho mu Mujyi wa Kigali. Iyo muganiriye bakubwira impamvu zitandukanye zatumye bajya muri ubwo buzima ziganjemo amakimbirane yo mu muryango no kubura uburere buboneye mu mikurire yabo. Bakubwira ko muri bo hari abarara […]

Continue Reading

2025 ni umwaka wo gushyira akadomo ku mirimo mibi ikoreshwa abana! Imibare irerekana iki?

Raporo y’Ubushakashatsi bw’Umuryango mpuzamahanga wita ku murimo (ILO) n’Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) igaragaza ko ikibazo cy’imirimo mibi ikoreshwa abana kitarakemuka nubwo hari icyakozwe. Mu 2015 Isi yose yiyemeje guca burundu imirimo mibi ikoreshwa abana bitarenze mu 2025 kandi uwo mwaka uragana ku musozo. Kugeza ubu nibura abana miliyoni 138 baracyari mu mirimo […]

Continue Reading

Kicukiro: Abafundi bamenaguye imodoka itwara abanyeshuri abana batatu barakomereka

Mu Mudugudu wa Kinyana, Akagali ka Nunga, mu Murenge wa Gahanga ho mu Karere ka Kicukiro, habereye igikorwa cy’urugomo cyatunguye ndetse kibabaza abatari bake ubwo abafundi badukiraga imodoka irimo abanyeshuri bakayimenagura ibirahure abana batatu bagakomereka. Amakuru agera ku Ijamboryumwana.rw avuga ko byatewe no kutumvikana hagati y’umushoferi wari utwaye iyo modoka y’abanyeshuri biga muri Mary 1000s […]

Continue Reading

Igihe nyacyo cyo guha umwana smartphone n’ibyo akwiye kuba ayikoresha

Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yakebuye ababyeyi bashobora kwibwira ko kureresha abana telefoni ntacyo bitwaye, yerekana ikigero cy’imyaka umwana yemerewe guhabwa smartphone n’ibyo akwiye kuba areba. Bikubiye mu butumwa yanyujije kuri X bugira buti: ’’Ni ingenzi cyane ko ababyeyi bamenya igihe umwana yakabaye akoresha telefoni n’aho kuyikoresha bigarukira bitewe, n’ikigero cy’imyaka afite.” Yagaragaje ko umwana […]

Continue Reading