Abana B’I Musanze Baganujwe

Abana bahagarariye abandi mu Karere ka Musanze bahwe amafunguro ari mo n’amata mu rwego rwo kubaha Umuganura. Umwe muri bo witwa Joanna mu muvugo yahavugiye yashimye ko Abakuru batekereje uwo muhango kuko utuma n’abana bakura bazi amateka yabo n’akamaro k’Umuganura. Uyu mwana wiga ku kigo cy’amashuri abanza cya Fatima yavuze ko azakura azirikana akamaro kawo. […]

Continue Reading

Ababyeyi Bo Mu Bushinwa Bazajya Bahembwa Na Leta Nibabyara

Leta y’Ubushinwa yatangaje ko ababyeyi bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni $ 500 cyangwa arenga Frw 700,000) ku mwaka kuri buri mwana uri munsi y’imyaka itatu. Ni muri gahunda nshya ya Leta yo gushishikariza abantu kubyara. N’ubwo hashize imyaka 10 Leta ikuyeho itegeko ryo kubyara umwana umwe, umubare w’abato uracyari muto. Ayo mafaranga azafasha imiryango […]

Continue Reading

Rubavu Irashaka Kuzamura Impano Z’Abangavu

Ubuyobozi bwa Rubavu busaba abana b’abakobwa kumenya akamaro imikino ikinanywe ubuhanga no kwitaga igirira abayikina bityo bakabishyiramo imbaraga. Mu mpera z’Icyumweru gishize ubwo habaga umuganda nibwo abana 94 b’abakobwa bahuriye kuri Stade Umuganda iri muri aka Karere babwirwa ibyiza bya siporo ikoranywe ubushake. Hari mu bukangurambaga bwiswe  ‘FIFA Women’s Football Compaign’, busanzwe buterwa  inkunga na […]

Continue Reading

Umwana Yatwaye Umudali Wa Karate Muri Shampiyona Ya Afurika

Umwana w’imyaka 16 witwa Urakoze Aline yegukanye umudali w’umwanya wa kabiri( Silver) muri shampiyona ya Afurika muri Karate iri kubera muri Nigeria. Iryo rushanwa ryatangiye kuva tariki 22 kugeza ku ya 27 Nyakanga, 2025, Aline akaba akina mu ikipe y’igihugu ku nshuro ye ya mbere. Yageze kuri iyo ntsinzi kuri uyu Gatanu Tariki 26, Nyakanga, […]

Continue Reading

Uburusiya Buravugwaho Kohereza Abana Ku Rugamba Muri Ukraine

Iperereza ryakozwe na BBC ryemeza ko nubwo Perezida Vladmir Putin yatangaje ko atazigera yohereza ku rugamba abantu batarengeje imyaka 18 y’amavuko, abanyeshuri 245 boherejwe yo kandi baguye mu ntambara na Ukraine. Abo bana baguye muri Ukraine mu myaka ibiri ishize ubwo intambara Uburusiya bwatangije kuri Ukraine yarimbanyaga. BBC yamenye ko benshi muri bariya bana bagiye […]

Continue Reading

Ibyihariye abana bazungukira ku masezerano u Rwanda rwasinanye na RDC

Inkuru y’ubuzima bw’ubuhunzi si inkuru yagusaba gusobanura byinshi, igihe waba uyibarira Umunyarwanda cyangwa Umunye-Congo, kuko benshi ubwo buzima babunyuzemo. Ni inkuru yihariye ku bari muri ubwo buzima bavuye mu bihugu byabo bakiri bato n’abavukiye mu buhungiro. Bahorana ibibazo byinshi n’urukumbuzi ku bihugu byabo. Ibyo bituma inkuru ivuga ko bashobora gutaha bagatura mu bihugu byabo amahoro […]

Continue Reading

Ngoma: Borojwe inkoko ngo babonere abana amagi

Hari ababyeyi bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Ngoma borojwe inkoko kugira ngo zibahe amagi yo gutekera abana babo bityo bizabarinde igwingira. Ikigo kigwa Agribusiness Solution Ltd nicyo cyakoranye n’ubuyobozi bw’Akarere hagamijwe ko ababyeyi bo mu Mirenge yatoranyijwe borozwa inkoko. Kibikora binyuze mu bukangurambaga bwo korora inkoko kijyambere, bugakorerwa hirya no hino mu gihugu. Muri […]

Continue Reading

Inyungu zitezwe mu marerero agiye gushyirwa mu bigo bya Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwafashe umwanzuro wo gushyiraho irerero ndetse n’icyumba cy’umukobwa mu nyubako zose Polisi y’u Rwanda ikoreramo, kugira ngo umutekano n’icyizere by’umukobwa n’umugore uri mu kazi byiyongere. Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na RBA, agaruka ku biri gukorwa mu kwita ku mibereho […]

Continue Reading

Gaza: Abana Naba Nyina Barembejwe N’Inzara

Inzara iri muri Gaza irakomeye ku buryo hirya no hino ku isi hari abari kwamagana Israel, bakavuga ko iri gukoresha inzara nk’intwaro y’intambara mu gukura Hamas ku izima ariko bikagira ingaruka ku bana. Itangazamakuru ryo muri Amerika( igihugu nshuti magara ya Israel) n’iryo mu Burasirazuba bwo Hagati utibagiwe n’iryo mu Bwongereza nka BBC, rivuga ko […]

Continue Reading

Polisi igiye gushyira amarerero mu bigo byayo

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gushyira amarerero mu bigo byayo ihereye ku cyicaro gikuru n’amashuri yayo mu rwego rwo korohereza ababyeyi mu kazi no kubahiriza uburenganzira bw’umwana. Mu bihe bitandukanye mu mahuriro ngarukamwaka y’Abanyarwandakazi bari muri Polisi y’u Rwanda, bakunze kugaragaza ko hakenewe amarerero n’icyumba cy’umukobwa ahari ibikorwaremezo byayo. Icyo cyifuzo cyamaze guhabwa agaciro […]

Continue Reading