Musanze: Umugore yishe umugabo na we ahita yiyahura

Mu Karere ka Musanze Umurenge wa Gataraga Akagali ka Rubindi mu Mudugudu wa Gacondo haravugwa inkuru y’akababaro y’umugore wishe umugabo we amutemesheje umuhoro, na we ahita yiyahura yimanitse. Byabaye kuri wa 17 Mata 2025 ahagana ku isaha ya 14h00. Byamenyekanye ubwo abaturanyi bumvaga abana ba ba nyakwigendera barira mu nzu ifunze. Nyuma yo kumva abana […]

Continue Reading

Rwanda: Abarangiza amashuri abanza batarengeje imyaka 16 bageze kuri 42%

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko abatangira amashuri abanza bakayarangiza batarengeje imyaka 16 y’amavuko bageze kuri 42% mu 2024 bavuye kuri 31% mu 2017. Ni imibare yavuye mu bushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’ingo (EICV 7) bwamuritswe ku wa 16 Mata 2025. NISR igaragaza ko abana bitabira ishuri mu cyiciro cy’abanza hatitawe ku kigero cy’imyaka […]

Continue Reading

Sudani: Abana Miliyoni 15 Barashonje Bikomeye

Abana Miliyoni 15 bo muri Sudani ni ukuvuga abantu baruta abaturage bose b’u Rwanda baratabarizwa kubera inzara ibarembeje bikomeye. Si inzara ibamereye nabi gusa kuko barwaye, kandi bakaba batagira aho barara habereye abana. Intambara imaze imyaka ibiri n’umunsi umwe ica ibintu muri iki gihugu yashyize ubuzima bw’abana mu kaga gakomeye. Iyo ntambara ishyamiranyije Abajenerali babiri […]

Continue Reading

Karongi: Abana barenga 8,000 bavuye mu mirire mibi mu mezi atatu ashize

Akarere ka Karongi karishimira ko ingamba kashyizeho, zakuye abana barenga ibihumbu 8 mu mirire mibi kuva muri Mutarama kugeza muri Werurwe uyu mwaka wa 2025. Muri Mutarama 2025, nibwo Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwasuzumye abana bose bari munsi y’imyaka itanu, busanga abarenga ibihumbi 11 bafite ikibazo cy’imirire mibi. Ako Karere n’abafatanyabikorwa bako bahise bihutira gusuzuma […]

Continue Reading

Burera: Abarimu bazamuye ikibazo cy’abana bashorwa mu burembetsi n’abajya kwiga banyoye Kanyanga

Mu Karere ka Burera, hari ababyeyi bashora abana mu bikorwa bitemewe byo kwambutsa ibintu bitandukanye birimo n’ibiyobyabwenge babikura muri Uganda bizwi nk’Uburembetsi, kurusha kubashishikariza kugana ishuri, kuburyo abarimu babibonamo ikibazo gikomeye ku hazaza h’abana babishorwamo kuko hari n’abasigaye bajya ku ishuri banyoye Kanyanga. Ibyo ni bimwe mu byagaragarijwe mu bukangurambaga bwo kurwanya igwingira, isuku n’isukura […]

Continue Reading

DRC: Abana bahisemo gukora imirimo y’abakuru ngo bafashe Iwabo

Mu Mujyi wa Mbuji-Mayimu Ntara ya Kasaï-Oriental muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hari abana babarirwa mu magana bazinduka bajya gushaka aho bakura ikiraka ngo bahembwe bafashe iwabo kubona ibibatunga. Abo bana babwiye Radio Okapi ko nyuma yo gutakaza icyizere cyo kuzasubira ku ishuri bahisemo kujya gushaka aho batera ikiraka ngo babone agafaranga ko kunganira […]

Continue Reading

Hari abatinya kuyitoza abato ngo batabavamo, Icyizere ku guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu mboni za Tito Rutaremara

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, Tito Rutaremara, yagaragaje ko hari icyizere ko bamwe mu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside bazayipfana batayitoje abakiri bato cyane cyane abari mu mashuri kuko batinya ko babavamo. Tito Rutaremara yabigarutseho ubwo yatangaga ikiganiro kigaruka ku mateka y’u Rwanda ubwo abayobozi mu Itorero rya ADEPR, basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, […]

Continue Reading

Israel irashinjwa kwica abana n’abasivile muri Gaza

Guhera Tariki 18 Werurwe 2025 ingabo za Israel zasubukuye intambara kuri Hamas nyuma y’uko impande zombi zinaniwe kumvikana ku migendekere y’icyiciro cya kabiri cy’amasezerano y’amahoro ya Doha muri Qatar. Kuva icyo gihe itangazamakuru mpuzamahanga rivuga ko abantu 1,560 ari bo bamaze kugwa muri iyi ntambara kandi barimo abana n’ababyeyi babo. Ibitangazamakuru birimo Aljazeera na BBC […]

Continue Reading

Rusizi: Akurikiranyweho kwica uruhinja yari amaze kubyara

Umukobwa w’imyaka 27 ukomoka mu Karere ka Muhanga, yatawe muri yombi nyuma yo kubyara umwana akamuniga. Byabereye mu Mudugudu wa Kankuba, Akagari ka Mashesha, Umurenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi. Uyu mukobwa wari waravuye iwabo mu Karere ka Muhanga atwite, akajya gutura hafi y’uruganda rwa CIMERWA yakoragamo, ku mugoroba wa tariki 8 Mata 2025 […]

Continue Reading

Ruhango: Basanze Umurambo W’Uruhinja Mu Ikarito

Mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango habonetse uruhinja rwapfuye ruri mu ikarito,  Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ku mugore wataye urwo ruhinja ku gasozi agacika. Uwo mwana yabonywe n’abaturage babigeza ku buyobozi bw’Umudugudu wa Munu, Akagari ka Buhanda, Umurenge wa Bweramana. Umugenzi wihitiraga wari uri kumwe n’abaturage bari baje gutashya inkwi nibo […]

Continue Reading