USA: Ababyeyi bakoze imyigaragambyo yo kwamagana Mark Zuckerberg

Ababyeyi bo mu Bwongereza na bagenzi babo bo muri Amerika baraye mu myigaragambyo bamagana Ikigo Meta cy’umuherwe Mark Zuckerberg kibarizwamo imbuga nkoranyambaga zitandukanye zirimo na Facebook kubera urupfu rw’abana babo bemeza ko rufite aho ruhuriye n’urwo rubuga nkoranyambaga. Imiryango ine y’ababyeyi bo mu Bwongereza yafashe indege ijya i New York, ihahurira n’abandi babyeyi bo muri […]

Continue Reading

Twabyinanye turaganira bimbera byiza, Umuhanzi Alexis Dusabe yasuye abana ba Incredible Kids Academy

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Alexis Dusabe,  yatangaje ko yagiranye ibihe byiza n’abana bo muri ‘Incredible Kids Academy’, mu Karere ka Rubavu, ubwo yabasuraga muri gahunda y’ibikorwa bitandukanye arimo gukora muri iyi minsi bijyanye no kwizihiza imyaka 25 amaze akorera Imana. Uyu muhanzi Indirimbo ya mbere yitwa ‘Mfite Umukunzi’ yayisohoye mu 2000 […]

Continue Reading

Huye: Mukansanga yaganirije abangavu bahisemo gukina umupira w’amaguru by’umwuga

Umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Salima, yaganirije abana b’abakobwa bacumbitse ahatorezwa gukina umupira w’amaguru mu Karere ka Huye ababwira ko kuwukina neza bawushyizeho umutima, kurangwa n’ubupfura no kwita ku masomo asanzwe yo mu ishuri uko bikwiye bizabageza ku nzozi zabo. Abo bana bafite hagati y’imyaka 15 na 17 baturutse mu bigo by’amashuri bitandatu (Centre d’Excellence), byatoranyije ku […]

Continue Reading

Abagabo batita ku miryango n’ababyeyi batize, bagarutsweho mu kurwanya igwingira mu bana

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA) mu bushakashatsi giherutse gukorera mu Karere ka Kirehe, cyagaragaje ko abana benshi bahuye n’ibibazo by’imikurire n’igwingira byaturutse mu mibanire mibi y’ababyeyi, aho ababyeyi b’abagabo batita ku miryango yabo ndetse na bamwe mu bagize imiryango batabashije kugana ishuri nibura ngo barangize amashuri abanza. Mu bushakashatsi iki kigo cyakoreye […]

Continue Reading

Gasabo: Barishimira ko bahawe ECD izabafasha kunoza imikurire y’abana

Abatuye Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo bungutse urugo mbonezamikurire (ECD), rwitezweho gutanga ibisubizo ku mirire mibi, yugarije abana. Ni urugo rushamikiye ku Itorero Bethesda Holy Church, rwafunguwe ku mugaragaro ku wa 18 Mata mu Mudugudu wa Kadobogo hafi y’agakiriro ka Gisozi, aho iryo torero risanzwe rikorera ivugabutumwa. Umurenge wa Kinyinya ni umwe mu […]

Continue Reading

Rwamagana: Minisitiri Uwimana yasabye abagize umuryango kurinda abana inyigisho zirimo amacakubiri

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée ubwo yifatanyaga n’Abanyarwamagana Kwibuka ku nshuro ya 31, abagore n’abana biciwe mu Murenge wa Kigabiro ku Musozi wa Sovu mu Karere ka Rwamagana, yasabye Abanyarwanda kwimakaza urukundo n’amahoro mu muryango no kwirinda inyigisho zibiba amacakubiri mu bakiri bato. Umuhango wo Kwibuka abagore n’abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye […]

Continue Reading

Rubavu: Ibihumyo bigiye kuba indyo yo mu mashuri

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bugiye gutangirira mu bigo by’amashuri abanza 47 kugaburira abana ibihumyo, kuri ubu bifatwa nk’imboga zikungahaye ku ntungamubiri bikazafasha kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique yabwiye IGIHE ko basanze mu mashuri amwe n’amwe bakeneye kuvugurura imirire kugira ngo abana […]

Continue Reading

Babyeyi mwitondere ibiryamirwa n’ibikinisho by’abana banyu, ubushakashatsi bwatanze umuburo

Kaminuza ya Toronto muri Canada yasabye ababyeyi kwitwararika isuku y’ibikinisho n’ibiryamirwa by’abana kuko iyo byanduye bigira ingaruka ku bwiza bw’umwuka bahumeka, bikabanduriza ibihaha n’amaraso. Abo bahanga bavuze ko ibikinisho akenshi byanduzwa n’aho bibikwa cyangwa aho abana babikinishiriza. Umwuka mubi abana bahumeka bitewe n’aho barara ugwingiza imikurire yabo ugatuma ubuziranenge bw’ibyo amaraso yabo yakira bugabanuka bityo […]

Continue Reading

Rubavu: Amakimbirane mu miryango akomeje gutiza umurindi igwingira mu bana

Abahagarariye amadini n’amatorero bo mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko amakimbirane yo mu miryango n’ubumenyi buke bwo gutegura indyo yuzuye, biza ku isonga mu gutiza umurindi igwingira rikigaragara mu bana bo muri ako karere. Bavuga ibyo mu gihe imibare y’abana bagwingiye mu Karere ka Rubavu igana na 32%. Umushumba w’Itorero Shekinah rikorera mu Murenge wa […]

Continue Reading

Nyarugenge: Umwana w’imyaka 17 n’umushoferi bapfiriye mu mpanuka y’imodoka eshatu

Mu masaha ya saa 13h mu Muhanda Kigali-Musanze ahazwi nka Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge habereye impanyuka y’imodoka eshatu zagonganye, ipfiramo abantu babiri barimo umwana w’umukobwa w’imyaka 17 abandi 12 barakomereka. Inzego z’umutekano zatangaje ko iyi mpanuka yatewe n’Imodoka eshatu zagonganye. Byabaye kuri uyu wa 18 Mata 2025. Byaturutse ku modoka yo mu bwoko bwa […]

Continue Reading