Kamonyi: Gahunda Intore Mu Biruhuko Yafashije Abana Kugaragaza Impano

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwiringira Marie Josée ahamya ko igihe cyahariwe gahunda y’Intore mu biruhuko cyabaye umwanya mwiza ku banyeshuri wo kudapfusha igihe ubusa. Ashimangira ko aho abo bana bahuriraga bahaherwaga ibiganiro bikubiyemo inama zibubaka, baridagadura  kandi bagaragaza impano bafite. Yabivuze ubwo yarangazaga ku mugaragaro gahunda y’Intore mu biruhuko mu […]

Continue Reading

Abana Bo Munsi Y’Imyaka 15 Barakina Final Y’Irushanwa Gicanda Invitational 2025

Abakobwa bahize abandi mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15 mu Turere 26 ryiswe Gicanda Invitational 2025 barakina umukino wa nyuma ubera kuri Kigali Pélé Stadium kuri uyu wa Gatandatu. Bari bamaze igihe mu irushanwa ryabereye mu Turere 26 rihuza amakipe y’abana b’abakobwa barushanwa ngo bagere ku rwego rw’Akarere. Ryakinwe n’amakipe 58 agizwe n’abakinnyi 1,200, aho ikipe […]

Continue Reading

NESA Yatangaje Uko Abana Bazasubira Kwiga

Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyasohoye uko abana bazasubira ku ishuri mu minsi mike iri imbere. Iki kigo cyasohoye itangazo rimenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi n’ababyeyi uko abanyeshuri bacumbikirwa bazatangira gusubira ku mashuri yabo guhera tariki 05 kugeza ku ya 08 Nzeri 2025. Bitangajwe […]

Continue Reading

Nyamagabe: Mwarimu Aravugwaho Gusambanya Umwana Yigisha

Mu Mudugudu wa Gitaba, Akagari ka Kigeme, Umurenge wa Gasaka muri Nyamagabe haravugwa inkuru y’umwarimu w’imyaka 56 watawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 11 yari asanzwe yigisha. Amakuru avuga ko byatangiye ubwo yajyaga kureba uwo mwana iwabo asanga ari kumwe n’abavandimwe be, abona ko kuhamufatira bitakunda niko kumusaba ko bajyana ku ishuri. Yamubwiye ko […]

Continue Reading

MINEDUC Yatangaje Ingengabihe Y’Amashuri Mu Mwaka 2025/2026

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko tariki 08, Nzeri, 2025 ari bwo abiga amashuri abanza n’ayisumbuye bazatangira kwiga. Ni umwaka w’amashuri wa 2025/2026, watangajwe n’ubuyobozi bwa Minisiteri kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Nzeri. Igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2025/26 kizatangira ku itariki yavuzwe haruguru kikazarangira ku 19, Ukuboza, 2025. Icyo gihe  abanyeshuri bazaruhuka ibyumweru […]

Continue Reading

Abana 80 Mu Marushanwa Ya Golf

Abana bafite imyaka iri hagati y’ine na 16, bakinnye mu byiciro bine bitandukanye, berekana ubuhanga n’ubwitange binyura abababyaye, abarimu n’abakunzi ba siporo. Ntibyari amarushanwa gusa ahubwo byari n’ishusho y’ahazaza h’ikipe y’igihugu, aho u Rwanda rugaragaza impano ziteguye guhatana ku rwego rw’Afurika. Ikiciro cya 18-hole cyari icy’ingenzi muri ayo marushanwa cyasize Mukabwa Murenjekha yegukanye intsinzi ku […]

Continue Reading

DRC: Abana Bo Muri Kivu Ya Ruguru Bari Gukingirwa Imbasa

Visi Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru aherutse gutangiza ibikorwa byo gukingira abana imbasa biganjemo abatuye Beni umwe mu mijyi minini y’iyi Ntara. Abana bafite hagati y’imyaka zeru n’amezi 59 nibo bahabwa urwo rukingo. Prisca Kamala Luanda usanzwe ari Umujyanama mu by’ubuzima n’uburezi muri iriya Ntara avuga ko abana bahabwa ruriya rukingo babanje kubarurwa mu bice […]

Continue Reading

Kwigisha Abana Umuco Nyarwanda Ntibigira Uko Bisa!

Mu rwego rwo kubafasha gukoresha neza ibiruhuko, abana bafite hagati y’imyaka itandatu na 13 bamaze igihe bigishwa ibyaranze amateka yab Sekuruza no kwiga ibigize umuco w’Abanyarwanda. Basuye ingoro ndangamurage zitandukanye, babwirwa ibiranga indangagaciro z’Abanyarwanda birimo imbyino, imikino n’imirimo gakondo n’ibindi. Abahanga mu mateka y’u Rwanda nibo bahugura abo bana bakaba baratoranyijwe n’ubuyobozi bw’Inteko y’igihugu y’umuco […]

Continue Reading

Gupfa Isambu Byateye Umubyeyi Gukubita Umwana We Isuka

Kuwa Kabiri tariki 19, Kanama, 2025, mu gitondo kare nibwo amakuru y’uko umugore w’imyaka 40 y’amavuko yatemye umukobwa we w’imyaka 16 umukomeretse mu nda nyuma yo gutonganira mu murima bapfa iyo sambu. Byabereye mu Mudugudu wa Muhora, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Nkungu muri Rusizi. UMUSEKE wanditse ko uwo mugore yakubise umwana we isuka mu […]

Continue Reading

Kuri Gare Ya Kacyiru Hashyizwe Icyumba Abagore Bonkerezamo

Mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira bw’umwana n’umubyeyi kuri Gari ya Kacyiru hashyizwe icyumba cy’umubyeyi cyiswe “Mama’s Corner”, cyo guha ababyeyi uburyo bwo konsa. Ni uburyo bwo kubafasha kwiyonkereza abana mu gihe bategereje imodoka. Kucyubaka byakozwe k’ubufatanye bw’Umujyi wa Kigali n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), hagamijwe kubungabunga ubuzima bw’umwana n’umubyeyi. Kizajya cyonkerezwamo, […]

Continue Reading