Abarenga ibihumbi 200 bagiye gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi, MINEDUC yatangaje ko abanyeshuri 235,572 bagiye gukora ibizamini bisoza umwaka w’amashuri wa 2023/2024 mu cyiciro rusange, abasoza amashuri yisumbuye mu burezi rusange, ay’imyuga n’ubumenyi ngiro n’abasoje mu masomo y’ububyaza n’ubuforomo. Iyo minisiteri yatangaje ko ibyo bizamini bizatangira gukorwa kuva ku wa 23 Nyakanga kugeza ku wa 02 Kanama 2024, bigakorerwa kuri site z’amashuri […]

Continue Reading

Kigali: Abana barenga 100 bitabiriye #TennisSummerCamp

Ku bufatanye na gahunda ya “Junior Tennis Initiative”, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Tennis mu Rwanda ryateguye umwiherero witabiriwe n’abana 120 kugira ngo bazamurirwe urwego rw’imikinire yabo muri uyu mukino. Uyu mwiherero wiswe “Tennis Summer Camp”, washyizwe mu byiciro bibiri mu gihe cy’ukwezi kose, uri kubera ku bibuga bya Tennis biri muri IPRC Kigali. Watangiye tariki 6 […]

Continue Reading

Rusizi: Ababyeyi baratabariza abangavu basambanyirizwa mu makamyo

Ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko batewe impungenge n’ubusambanyi abashoferi b’amakamyo bakorera abangavu, bagasaba ubuyobozi guhagurukira iki kibazo. Rusizi ni Akarere gafite umwihariko wo gukora ku bihugu bibiri by’abaturanyi; Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi. Ibi bituma hahora urujya n’uruza rw’amakamyo atwara ibicuruza abivana cyangwa abijyana muri Afurika y’Iburasirazuba. Mu minsi […]

Continue Reading

Ubuzima bw’Ababyeyi bibarutse bitabiriye amatora

Umubyeyi wo mu Karere ka Gatsibo n’undi wo mu Karere ka Nyabihu bafashwe n’ibise ubwo bari bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, nyuma bafashwa kugera kwa Muganga babyara neza. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda batuye imbere mu gihugu baramukiye mu gikorwa cyo kwihitaramo uwo bashaka ko azabayobora […]

Continue Reading

PSD yifuza ko abarangije amashuri yisumbuye bajya bamara umwaka bahabwa amasomo ya gisirikare

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage, PSD, Dr Vincent Biruta, yavuze ko bifuza ko abarangiza amashuri yisumbuye bose bajya babanza kwiga amasomo ya gisirikare, mbere yo gukomeza amasomo asanzwe. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro n’Abanyamakuru, cyibanze ku migabo n’imigambi rishingiraho mu bikorwa byo kwamamaza abakandida 59 bashaka imyanya mu Nteko Inshinga Amategeko y’u […]

Continue Reading

KNH yizihije imyaka 30 y’ibikorwa byo kwita ku bana mu Rwanda (AMAFOTO)

Umuryango Mpuzamahanga w’Abadage (Kindernothilfe: KNH) n’abafatanyabikorwa bawo mu Rwanda, bizihije isabukuru y’imyaka 30 bamaze mu bikorwa byo kwita ku bana no kubaka umuryango utekanye, bashima imiyoborere myiza y’igihugu yabaye inkingi mwikorezi muri urwo rugendo. Uwo muryango ushyira imbere ‘gufasha umwana uri mu kaga cyangwa uri mu bibazo’ watangiye gukorera mu Rwanda mu 1994. Mu myaka […]

Continue Reading

Birantega mu ikoranabuhanga rya CAMIS rikoreshwa mu gukora indangamanota mu mashuri y’Ibanze

Abanyeshuri biga mu bigo bitandukanye, baravuga ko bamwe amanota yagabanyutse ku ndangamanota zabo, abandi bagataha batazihawe, bitewe n’ikibazo cy’ikoranabuhanga rya CAMIS ryifashishwa mu gukora indangamanota mu mashuri abanza n’ayisumbuye rifite ibibazo. Uretse abo banyeshuri n’abarimu bavuga ko CAMIS igenda gake ubundi igafunguka rimwe na rimwe ndetse ngo hari n’ubwo bashyiramo amanota nyuma bagasanga yavuyemo bakongera […]

Continue Reading

Icyerekezo cy’u Rwanda ku kugabanya impfu z’ababyeyi bapfa babyara

Ibikorwa byo gusuzumisha inda byavuye ku nshuro enye bigera ku nshuro 8, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ubuzima bw’umubyeyi n’umwana. Si ugusuzumisha inda gusa kuko kugeza ubu ababyeyi bitabira kubyarira kwa muganga ahanini babifashijwemo no kwegerezwa serivisi z’ubuvuzi mu bigo nderabuzima. Imibare igaragaza ko izo gahunda zikomatanyije zagiye zitanga umusaruro, aho Impfu z’ababyeyi bapfa babyara […]

Continue Reading

Abarenga ibihumbi 202 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Abanyeshuri 202,999 mu Rwanda hose batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, Minisiteri y’Uburezi isaba ababyeyi korohereza abana gusubiramo amasomo no kubafasha kuzinduka. Abo banyeshuri batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza barimo abahungu 91,189 n’abakobwa 111,810 bakazakorera kuri site 1,118 ziri hirya no hino mu Gihugu. Ku rwego rw’Igihugu byatangirijwe muri GS Gisozi I mu Karere […]

Continue Reading

Kayonza: Abaturage barashima ko abana babo bafashijwe kwiga hafi

Abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabare bahaye isezerano FPR-Inkotanyi na Paul Kagame batumye abana babo biga hafi, bakanegerezwa amasoko n’amavuriro hafi. Basezeranyije Perezida Kagame kuzamutora 100% kugira ngo iterambere rikomeze ribagereho. Ibi babigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nyakanga 2024 ubwo Abakandida Depite b’umuryango FPR-Inkotanyi biyamamarizaga mu Murenge wa Kabare. […]

Continue Reading