Kamonyi: Umwana w’imyaka 4 yagwiriye n’igikoni arapfa

Mu Karere ka Kamonyi Umurenge wa Nyarubaka, umwana w’imyaka 4 yitabye Imana agwiriwe n’igikoni cyari cyashegeshwe n’imvura yiriwe igwa ku munsi w’ejo. Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu taliki 25 Werurwe 2026, mu Mudugudu wa Ruhuha, Akagali ka Kambyeyi, ubwo inzu yari icumbitsemo Dushimimana Etienne na Mukeshimana Nyirindekwe, igikoni cyayo cyagwaga. Ni […]

Continue Reading

Rubavu: Batatu barimo umwana w’imyaka ibiri bagwiriwe n’inzu barapfa

Umubyeyi n’umwana we w’imyaka Ibiri ndetse n’umushyitsi wari wabasuye bagwiriwe n’inzu barapfa, biturutse ku mvura nyinshi yatumye igikuta cyinjiramo amazi kikagwa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rebero, Akagali ka Rwaza ho mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa 25 Werurwe 2026. Ni nyuma y’imvura nyinshi yiriwe igwa kuri uyu wa Gatatu […]

Continue Reading

Rwamagana: Umugabo yiyemereye ko yishe umugore n’umwana we akoresheje isuka

Umugabo ukurikiranyweho kwica umugore we n’umwana we w’imyaka Itatu yemeye ko yabishe akoresheje isuka, mu rubanza rwaburanishirijwe mu ruhame, kuri uyu wa 24 Werurwe 2026, mu Kagali ka Bujyujyu, Umurenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana. Mu rukerera rwo 12 Gasahyantare nibwo mu ishyamba riherereye mu Kagali ka Bujyujyu hasanzwe umurambo w’umugore witwa Nyiransengimana Anne […]

Continue Reading

Huye: Hatangijwe ECD izajya yakira abana guhera ku b’amezi atandatu

Ku ishuri ribanza rya Ngoma ryo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, hafunguwe ku Mugarararo urugo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) ruzajya rwakira abana guhera ku bafite amezi atandatu ari nacyo gihe umwana yemererwa gufata imfashabere. Iyi ECD yubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi yafunguwe ku mugarararo na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana ConsolĂ©e, […]

Continue Reading

Uganda: Hari Abayobozi b’amashuri bashobora gufungwa

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kisoro muri Uganda bwihanangirije abayobozi b’ibigo by’amashuri bamaze igihe baranze gutanga amanota y’ibizamini bya Leta, kubera ko hari amafaranga y’ishuri atarishyuwe ndetse n’amabwiriza ajyanye n’ibizamini batubahirije. Ibyo byavugiwe mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’Ilayidi muri Kisoro bivuzwe n’umwe mu bayobozi b’Akarere ka Kisoro witwa Hajji Badru Sebyala. Uwo muyobozi yagaragaje impungenge […]

Continue Reading

Amajyepfo: MIGEPROF yasabye abayobozi gushyira imbaraga mu Marerero n’ibikorwa by’isuku n’isukura

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yasabye abayobozi mu Ntara y’Amajyepfo gushyira imbaraga muri gahunda zifasha abaturage kurwanya imirire mibi n’igwingira zirimo; izo kwikura mu bukene, kubegereza amazi meza no kujyana abana mu Ngo mbonezamikurire y’abana bato. Minisitiri Uwimana ConsolĂ©e yabigarutseho kuri uyu wa 18 Werurwe 2026, mu nama nyunguranabitekerezo yo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu […]

Continue Reading

Ngororero: Uko ‘Ndandata Nkurandate’ yasubije abana mu ishuri ikaba imbarutso y’iterambere mu Kagali kose

‘Ndandata Nkurandate’ ni agashya kahanzwe n’abatuye Akagali ka Bweramana, ko mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, mu 2019 bagamije kwikura mu bukene no gufasha abana bataye ishuri kurisubiramo. Ni gahunda yabaye igisubizo ku baturage bo muri ako Kagali bari babayeho mu bukene bukabije, batabasha kubona ibibatunga uko bikwiye, kwishyura Mituweli n’amashuri y’abana kuburyo […]

Continue Reading

Amajyaruguru: Hashyizweho ingamba nshya zo kurandura igwingira mu bana

Uturere tugize Intara y’Amajyaruguru n’abafatanyabikorwa batwo, biyemeje gushyira imbaraga mu kwita ku buzima bw’abagore batwite, kumenya no kugera kuri buri mwana ufite ikibazo cy’imirire mibi no kugera ku miryango ifite ibyago byo kuyirwaza, nka zimwe mu ngamba zo kurandura igwingira mu bana muri iyo Ntara. Ni bimwe mu bikubiye mu myanzuro yafatiwe mu nama nyunguranabitekerezo […]

Continue Reading

“Hari n’abajya gushinjura ababasambanyije” Ibibangamiye ubutabera ku kibazo cy’Inda ziterwa abangavu

Abakora mu rwego rw’ubutabera bagaragaje ko bahura n’ikibazo cy’ababyeyi n’abangavu ubwabo bagira uruhare mu kubangamira ubutabera no gusibanyanya ibimenyetso mu manza z’abagabo basambanyije abana b’abakobwa. Bakemeza ko hari ubwo ubushinjacyaha butsindwa byagizwemo uruhare n’ibyiciro bitandukanye harimo inzego z’ibanze, ababyeyi, imiryango n’abahohotewe ubwabo. Ni ikibazo cyihariye umwanya munini mu gihe cyo gutanga ibitekerezo,  mu nama nyunguranabitekerezo […]

Continue Reading

Ingabo na Polisi bagiye kugabanya ubucucike ku Kigo cyagiraga abanyeshuri 90 mu cyumba kimwe

Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) batangiye kubaka ibyumba 15 ku Kigo cy’amashuri cya GS Rwankuba, giherereye mu Murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Gasabo bizafasha kugabanya ubucucike, umubare ukava kuri 90 ukagera kuri 58 mu Cyumba kimwe. Ni kimwe mu bikorwa ngarukamwaka, Ingabo na Polisi by’u Rwanda bafatanya n’abaturage bigamije kuzamura imibereho […]

Continue Reading