Abana babiri barimo, Niyomungeri Eloi w’imyaka Umunani wo mu Mudugudu wa Murama mu Kagali ka Kibimba na Benegusenga Claudine w’imyaka Itanu wo mu Mudugudu w’Iramiro mu Kagali ka Kigoma, bari mu bantu 9 bishwe n’inkuru yakubise mu mvura yo ku Mugoroba wo kuri uyu wa 4 Mutarama mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma.
Mu bantu 9 bahungabanye harimo umwana w’imyaka 16 n’uwa 17 ndetse n’abana bato barimo uw’itatu n’uw’ine.
Ni ikiza cyabaye mu masaha ya Saa Kumi nâImwe nâigice zâumugoroba, mu Kagali ka Kibimba mu Murenge wa Jarama, ku nkengero zâigishanga cyâAkagera hafi yâumupaka wâu Burundi.
Amakuru yatanzwe n’inzego z’ibanze z’aho byabereye avuga ko abo baturage bari bavuye mu Kibaya cyâAkagera guhinga, bageze i musozi ahitwa Mbuye hagwa imvura irimo inkuba, bugama mu kazu kâImboni zâumutekano ari naho yabakubitiye.
Imirambo y’abitabye Imana yahise ijyanwa ku Kigo nderabuzima cya Jarama.
Bikimara kuba, Guverineri wâIntara yâUburasirazuba, Pudence Rubingisa, yabwiye RBA ko ibi ibintu ari ubwa mbere byari bibaye muri aka gace.
Ati âNi ubwa mbere bibaye, twasabye nâabahanga ngo baturebere icyayikuruye kuko yari ifite imbaraga nyinshi.ââ
Rubingisa yavuze ko abitabye Imana hari gutegurwa uko bashyingurwa ku bufatanye nâAkarere ka Ngoma ndetse nâimiryango yabo, naho abahungabanye barimo kwitabwaho nâabaganga.
Amakuru aturuka mu isesengura ryâubukana nâibyago biterwa nâimihindagurikire yâibihe mu Rwanda yo mu 2024, ashimangira ko inkangu nâinkuba biri mu biza byateje impfu nyinshi mu buryo butari busanzwe mu bihe bitandukanye. Hagati yâumwaka wa 2016 na 2023, inkangu zishe abantu 449, mu gihe inkuba zo zahitanye 379
