Umugabo w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Birembo, mu Kagari ka Mukinga, Umurenge wa Nyamiyaga, mu Karere ka Kamonyi arakekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 6.
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga buri gukurikirana uyu Mugabo, bwavuze ko mu bihe bitandukanye yagiye asambanya umwana we yibyariye w’imyaka itandatu y’amavuko, nyuma y’uko nyina yahukanye akamumusigira.
Icyaha akurikiranyweho cyamenyekanye ku itariki ya 27 Ukwakira 2025 ubwo umuturanyi wabo yabonaga uyu mwana agenda nabi yamubaza icyo yabaye akamubwira ibyo Papa we yamukoreye.
Uyu Mugabo asobanura ko yabitewe n’ubusinzi, aho mu ibazwa rye, yemeye ko yasambanije umwana we ubwo yari atashye mu ijoro yasinze.
Icyaha akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 133 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 yahinduwe n’ingingo ya 14 y’itegeko no 059/2023 ryo ku wa 04/12/2024 iteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Ivuga ko nikimuhama, azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.
