RFI yateguje kwihutisha ubutabera buhabwa abangavu batewe inda

Ikigo cy’u Rwanda cy’ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera, RFI cyateguje ko guhera muri Mutarama umwaka utaha kizatangira gupima uturemangingo ndangasano (ADN) ku mugore umaze ibyumweru 6-8 asamye bikazafasha kwihutisha ubutabera buhabwa abangavu baterwa inda. Ni icyemezo cyasamiwe hejuru n’abatari bake biganjemo abaharanira uburenganzira bw’umwana ndetse cyitezweho kuzahindura cyane ibijyanye n’ubutabera buhabwa abangavu baterwa inda. […]

Continue Reading

29% by’abana biga mu mashuri abanza bayasibiramo

Magingo aya 29% by’abiga mu mashuri abanza mu Rwanda bayasibiramo hakiyongeraho abarenga ibihumbi 350 by’abashya binjira mu mashuri buri mwaka bituma ibyumba by’amashuri biba bike, n’abarimu bakaba bake. Mu 2021/22 hari ibyumba by’amashuri 77.629 byigirwagamo bigera mu mwaka w’amashuri wa 2023/24 bigeze kuri 86.780. Impuzandengo y’abanyeshuri bicara mu cyumba cy’amashuri ni 52, mu gihe ibwiriza […]

Continue Reading

Nepal: Abaturutse imihanda yose bari kujya gusenga umwana w’imyaka 2

Abaturage barenga miliyoni 30 bo muri Nepal bayobotse gusenga umwana w’umukobwa w’imyaka Ibiri n’amezi 8 witwa Aryatara Shakya, uherutse gutoranywa nk’Ikigirwamana cy’Isugi. Ntabwo ari bishya muri iki gihugu kuko bagira Ikigirwamana cy’umwana w’umukobwa ukiri muto ndetse w’Isugi ukomoka mu bwoko butanga Imana yitwa Kumari. Mu idini ryemera Buddha muri Nepal ihora ari umukobwa muto cyane […]

Continue Reading

MINEDUC yashimye uruhare rwa Mwalimu mu kubaka igihugu isezeranya ibirori byo kwizihiza umunsi wabo

Kuri uyu munsi hizizwaho umunsi Mpuzamahanga wa Mwalimu, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yashimye uruhare rwe mu burezi bw’abana b’u Rwanda, isezeranya ko mu minsi ya vuba bazamenyeshwa umunsi wo kuwizigiza. Ubutumwa MINEDUC yanyujije kuri X bumenyesha abarimu ko igihugu kizirikana uruhare rwabo mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda. Bugira buti: “Uyu munsi turizihiza umurava, urukundo n’uruhare […]

Continue Reading

RFI igiye gutangira gupima DNA z’abana bataravuka

Guhera mu ntangiriro z’umwaka wa 2026, Leta y’u Rwanda irateganya gutangiza  ibizamini bishya byo kumenya uturemangingo ndangasano (DNA) tw’umwana ukiri mu nda.  Ni  gahunda igiye gutangizwa mu rwego rwo gukomeza kurwanya ihohotera rishingishiye ku gitsina no kwihutisha ubutabera ku bahohotewe.  Ibyo bizamini bizajya bikorwa kuva inda imaze kugira ibyumweru bitandatu kugeza ku byumweru umunani, kandi hatabayeho kubagwa […]

Continue Reading

Nta hantu mu Kigo cy’Ishuri hakwiye kuba hateye Pasiparumu-Meya Sindayiheba Phanuel

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Sindayiheba Phanuel yasabye Ibigo by’amashuri bifite ubusitani bwa Pasiparumu kubusimbuza imirima y’imboga mu rwego rwo kunganira no kunoza gahunda yo kubagurira abana ku mashuri. Ni ubutumwa yagarutseho kuri uyu wa 4 Ukwakira 2025 ubwo mu bigo by’amashuri mu Karere ka Rusizi habaga umuganda udasanzwe wo gutera imboga, no kunoza isuku. Indyo […]

Continue Reading

Uwise umwana we ‘UCI’ yasobanuye impamvu y’iryo zina

Nyuma yuko Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye mu Rwanda Kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025 irangiye, amakuru ayivugaho yakomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru no mu biganiro aho abantu bateraniye. Muri ayo makuru harimo Icyangombwa cy’amavuko cyakomeje guhererekanywa n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga hibazwa ku mubyeyi wise umwana we #UCI. UCI (Union Cycliste Internationale) […]

Continue Reading

Iburengerazuba: Imiryango 91 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranye

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko ubukangurambaga bwakozwe mu ‘Cyumweru cyahariwe Umuryango’, burimo kuganiriza imiryango yabanaga mu makimbirane no kwigisha iyabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, bisize imiryango 91 isezeranye imbere y’amategeko indi 325 ivuye mu makimbirane. Ni umusaruro wavuye mu bikorwa by’icyo Cyumweru cyahariwe umuryango cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Tugire umuryango ushoboye kandi […]

Continue Reading

Mwubakire ku ndagagaciro za Gikristu muzagira umwana ushoboye kandi ushobotse-Myr Visenti Harolimana

Nyiricyubahiro Musenyeri (Myr.) Visenti Harolimana, Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri, yasabye abarerera mu ishuri ryitwa ‘Les Pionniers’ ryafunguwe ku mugarararo mu Karere ka Musanze, kubakira ku Ndangaciro z’umuco Nyarwanda n’iza Gikristu kugira ngo bagire abanyeshuri bashoboye kandi bashobotse. Ni ubutumwa yatanze ku wa Gatanu taliki 3 Ukwakira 2025, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iryo Shuri riherereye […]

Continue Reading

Nyamasheke: Mu mezi atatu abagabo 19 batawe muri yombi bakekwaho gusambanya abana

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko mu mezi atatu ashize ku bufatanye n’inzego z’umutekano bumaze guta muri yombi abagabo 19 bakekwaho gutera inda abangavu. Inda ziterwa abangavu ni kimwe mu bibazo byugarije umuryango nyarwanda aho usanga kenshi izo nda baziterwa n’abagabo bakuze basanzwe bafite ingo. Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi […]

Continue Reading