Nyamasheke: Koperative zorojwe inkoko zihabwa inshingano zo guha amagi amarerero azegereye

Ku bufatanye bw’Akarere ka Nyamasheke n’abafatanyabikorwa batandukanye, hatangijwe uburyo bushya bwo kurwanya igwingira binyuze mu koroza inkoko amakoperative agahabwa inshingano zo guha amagi ingo mbonezamikurire baturanye. Ni nyuma y’aho bigaragaye ko uburyo bwari busanzwe bukoreshwa bwo guha inkoko ingo zifite abana bari munsi y’imyaka ibiri budatanga umusaruro ushimishije bitewe n’uko hari abazigurisha n’abaziburira ibiryo ntizikomeze […]

Continue Reading

Rubavu: Umwana w’imyaka 16 yafunzwe akekwaho kwica umugore w’imyaka 43

Umwana w’imyaka 16 wo mu Karere ka Rubavu, yatawe muri yombi akekwaho kwica Manizabayo Beatrice w’imyaka 43 amukubise igiti yari avanye mu rutoki rwe. Ibi byabaye mu ijoro rya tariki 12 Ukwakira 2025, ku isaha ya saa 19:20′. Ibi byabereye mu Murenge wa Kanama, Akagari ka Musabike ho mu Mudugudu wa Kabingo. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge […]

Continue Reading

Ababyeyi bahoberanye n’abana abandi barabaterura! Ibyishimo by’irekurwa ry’imfungwa hagati ya Israel na Palestine

Ibyishimo byatashye mu bana bari bategereje ababyeyi n’imiryango itandukanye, ubwo Israel yarekuraga imfungwa za Palestine nyuma y’uko Hamas na yo irekuye abanya-Israel 20 mu bo yari yarashimuse. Mu masaha ya saa sita nibwo, imodoka ebyiri za ‘bus’ zitwaye imfungwa z’Abanye-Palestine barekuwe na Israel zageze i Ramallah muri West Bank aho abatari bake bari bategereje kureba […]

Continue Reading

MIGEPROF yibukije ko guteza imbere umwana w’umukobwa bitadindiza umuhungu

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Batamuriza Mireille yibukije Abanyarwanda by’umwihariko ab’igitsina gabo gushyigikira bashiki babo kuko igiteje imbere umwana w’umukobwa kidasubiza inyuma uw’umuhungu. Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa 11 Ukwakira 2025, ku Munsi Mpuzamahanga w’Umwana w’Umukobwa wizihizwa buri mwaka. Batamuriza yibukije ko umuryango ugizwe n’umugabo, umugore n’abana kandi umwana […]

Continue Reading

Nyabihu: Umukecuru uvugwaho kuroga kutabyara yafatanywe akanyamasyo n’ibindi bintu by’amayobera

Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 54 y’amavuko utuye mu Kagali ka Cyimanzovu mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu yafatanywe akanyamasyo n’ibindi bisimba byapfuye yari abitse iwe mu rugo abaturage bavuga ko asanzwe ari umurozi wabazengereje uroga kubura urubyaro. Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu taliki 10 Ukwakira 2025 nibwo mu rugo rw’uyu […]

Continue Reading

Nta bato ntibishoboka-Umutoza w’Amavubi yahishuye ukuntu yasabye umukinyi w’imyaka 17 akabura

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Adel Amrouche, yavuze ko niba u Rwanda rushaka kugira aho rugera mu mupira w’amaguru rukwiye kubitegura ruhereye ku gutoza abana bato naho guhindura kenshi abatoza n’abayobozi muri Siporo ntagisubizo cyifuzwa kizavamo. Yabigarutseho nyuma y’uko Amavubi atsinzwe na Bénin igitego 1-0, agatakaza amahirwe yo kubona itike yo kwerekeza mu Gikombe […]

Continue Reading

Gicumbi: Umuntu utaramenyekana yagerageje gutwikira umubyeyi n’umwana mu Nzu

Inzego z’umutekano, n’iz’ibanze mu Karere ka Gicumbi zatangiye guhiga bukware umugizi wa nabi washatse gutwikira mu Nzu umubyeyi n’umwana we, akoresheje Peteroli, Imana igakinga ukuboko. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, mu Murenge wa Mutete ho mu Karere ka Gicumbi. Amakuru avuga ko umuntu utaramenyekana yaje agakomangira umubyeyi […]

Continue Reading

Guteza imbere uburere bw’abana ni umusingi w’iterambere – Imbuto Foundation

Ubuyobozi bw’Umuryango Imbuto Foundation busanga guteza imbere uburere bw’abana bakiri bato ari umusingi ukomeye w’iterambere, kuko iyo umwana yitaweho hakiri kare, akurana urukundo n’ubupfura bimufasha mu buzima bwe bwose. Ubu ni bumwe mu butumwa bwatangiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro kuri uyu wa Kane tariki 9 Ukwakira 2025, mu gikorwa cyo gutaha […]

Continue Reading

Nyamagabe: Ikigonderabuzina cyahawe inzu y’ababyeyi ifite ibikoresho bigezweho

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwatashye inzu y’ababyeyi igezweho yubatswe ku Kigo Nderabuzima cya Nyamagabe, mu rwego rwo kuzamura serivisi nziza ku bayigana no kwita by’umwihariko ku buzima bw’umubyeyi n’umwana. Iyi nzu yatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa 7 Ukwakira 2025. Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Clotilde yavuze ko iyi nyubako yubatswe muri gahunda […]

Continue Reading

Kamonyi: Imvura yasambuye ibyumba by’amashuri n’ububiko bw’ibiribwa

Imvura ivanze n’umuyaga yaguye ku wa 7 Ukwakira mu masaha ya nyuma ya saa Sita, yasambuye ibyumba bibiri by’amashuri, ububiko bw’ibiribwa, n’Igikoni by’ikigo cy’amashuri cya G.S Kiyonza giherereye mu Kagari ka Jenda, Umurenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi. Umuyobozi w’iryo shuri, Nzariturande Evariste, yabwiye intyoza.com ko mbere y’uko imvura igwa habanje Umuyaga mwishi cyane […]

Continue Reading