Ababyeyi 38% nibo bonyine batanga uburere budahutaza mu Rwanda-NCDA

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA) cyatangaje ko ababyeyi bafite abana bari munsi y’imyaka Itandatu bangana na 38% aribo bonyine batanga uburere buboneye budahutaza abana babo mu Rwanda. Ni ukuvuga ko bita ku bana babo uko bikwiye kuva umwana agisamwa akiri mu nda bigakomeza bityo na nyuma yo kuvuka. Umuyobozi mukuru wa NCDA, […]

Continue Reading

Nibura abana 5 bagana NCDA buri Cyumweru bajyanywe no gutandukana kw’ababyeyi babo

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) cyahishuye ko nibura abana batanu bakigana buri Cyumweru bagiye kugitura ibibazo by’ababyeyi barimo gutandukana ‘Separation’ cyangwa bamaze gutandukanye mu mategeko ’Divorce’. Umuyobozi wa NCDA, Ingabire Assumpta yabivugiye mu nama nyunguranabitekerezo ku burere buboneye, yanatangirijwemo ‘Itetero App’. Ubwo yagarukaga ku ruhuri rw’ibibazo abana barimo guhura nabyo muri iki […]

Continue Reading

Gitagata: Abana batsinze ibizamini bya leta bagiye gusubizwa mu miryango

Nyuma yo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bakabitsinda, abana batandatu bagororerwaga mu kigo ngororamuco cya Gitagata mu Karere ka Bugesera bagiye gusubizwa mu miryango yabo kugira ngo bakomeze amashuri yisumbuye. Ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco, (NRS) kivuga ko abo bana batsinze ibyo bizamini babonye buruse zo kwishyurirwa n’ikigo cy’abagiraneza cyitiriwe umuryango w’umuhanzi Rugamba Sipiriyani […]

Continue Reading

Itegeko ry’umuryango rishobora guca intege gatanya zitizwa umurindi n’irari ry’imitungo

Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza yerekana ko mu mwaka wa 2024/2025 haburanishijwe imanza 2.674 z’abashakanye basaba gutandukana, zivuye ku manza 2.833 mu mwaka wari wabanje. Imibare igaragaza ko nibura muri iyi myaka ibiri ishize ibirego bya gatanya bitangiye kugabanyuka nubwo bikiri hejuru kandi igabanyuka biriho ritandukanye n’umuvuduko byazamutseho. Raporo y’Ibikorwa by’Ubucamanza yerekana ko mu 2016 hakiriwe ibirego […]

Continue Reading

Hasojwe amatora ya Komite z’Ihuriro ry’abana yaranzwe n’ubwitabire budasanzwe

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) na Komisoyo y’Igihugu y’amatora (NEC) batangaje ko igikorwa cy’amatora ya Komite z’Ihuriro ry’abana cyasojwe amahoro, hatorwa izo ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali. Amatora y’uyu mwaka yagaragaje umwihariko mu mitegurire, mu bwitabire bw’abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse no ku ruhande rw’abana [abatora n’abatorwa] bitandukanye no mu myaka […]

Continue Reading

OMS yashyize ‘ibihano bibabaza umubiri’ bihabwa abana mu bibazo bihangayikishije Isi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryamaze kwemeza ‘ibihano bibabaza umubiri’ bihabwa abana nk’ikibazo gihangayikishije ubuzima rusange bw’abatuye Isi, kigomba guhagurukirwa, kuko giteza ingaruka zikomeye ku buzima bw’umubiri n’ubw’imitekerereze bw’abana, kandi gishobora no gutuma barushaho kujya mu bikorwa by’ubugome. Mu myaka 78 Ishami ry’Umuryango w’Abibyumbye ryita ku buzima, OMS rimaze nibwo bwa mbere risohoye […]

Continue Reading

Kugaburirira Abana Ku Ishuri Byabaye Ikirango Afurika Yakwigana

Mu nama iri kubera muri Senegal havugiwemo ko u Rwanda rukwiye gushimirwa ko rwashyizeho gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri kandi amahanga yandi akarwigana. Iyi nama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi n’ibiribwa, Africa Food Systems, yatangiye kuri uyu wa Mbere Tariki 01, Nzeri, 2021 ikazarangira Tariki 05, uko kwezi. Kuri uyu munsi wayo wa Kabiri Minisitiri […]

Continue Reading

Kamonyi: Umukobwa w’imyaka 14 yateye icyuma umuhungu w’imyaka 16 arapfa

Umwana w’umuhungu w’imyaka 16 wo mu Karere ka Kamonyi, yapfiriye ku Kigo Nderabuzima cya Remera Rukoma, nyuma yo guterwa icyuma mu gatuza na mugenzi we w’umukobwa w’imyaka 14 ubwo barimo barwana. Byabaye mu masaha ya saa moya z’ijoro ku 31 Kanama 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rukoma, Akagari ka Gishyeshye, mu Mudugudu wa […]

Continue Reading

Abanyeshuri 89.1% nibo batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko abanyeshuri bangana na 89.1% aribo batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye umwaka w’amashuri wa 2024/2025, ndetse yerekana ko abahungu aribo batsinze ari benshi kurusha abakobwa. Ni amanota yatangajwe kuri uyu wa 1 Nzeri 2025, MINEDUC itangaza ko muri rusange umusaruro wabaye mwiza. Abakandida 106.418 nibo biyandikishije gukora ibizamini bya […]

Continue Reading

Kamonyi: Gahunda Intore Mu Biruhuko Yafashije Abana Kugaragaza Impano

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwiringira Marie Josée ahamya ko igihe cyahariwe gahunda y’Intore mu biruhuko cyabaye umwanya mwiza ku banyeshuri wo kudapfusha igihe ubusa. Ashimangira ko aho abo bana bahuriraga bahaherwaga ibiganiro bikubiyemo inama zibubaka, baridagadura  kandi bagaragaza impano bafite. Yabivuze ubwo yarangazaga ku mugaragaro gahunda y’Intore mu biruhuko mu […]

Continue Reading