OMS yavuguruje Trump ku ngaruka z’ikoreshwa rya Paracetamol ku bagore batwite

Amakuru Ubuzima

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko nta bimenyetso bifatika bya Siyansi byemeza ko hari isano iri hagati y’indwara ya ‘autisme’ n’ikoreshwa rya Paracetamol ku mugore utwite nkuko Perezida Donald Trump aherutse kubitangaza.

OMS isohoye itangazo rivuga kuri iyo sano, nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump aherutse kumvikana ahuza ‘autisme’ n’ikoreshwa ry’inkingo z’abana ndetse n’umuti ugabanya ububabare wa Paracetamol igihe ukoreshejwe n’abagore batwite.

Umuvugiza wa OMS, Tarik Jašarević, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru i Genève yabajijwe niba hari isano ishoboka hagati y’ikoreshwa rya paracetamol mu gihe cyo gutwita na autism, avuga ko nta bisubizo bishingiye kuri Siyansi bihari bibyemeza.

Yagize ati “Ibimenyetso bihari ntibihuye n’ibyo bivugwa. Tuzi neza ko inkingo zidatera autisme. Nkuko nabivuze inkigo zirokora ubuzima bw’abantu batabarika, ibi ni ibintu siyansi yemeje kandi ntibikwiye gushidikanywaho.”

Ku isi hose, hafi abantu miliyoni 62 (umuntu 1 kuri 127) bafite Autism. Nubwo kumenya no gusuzuma iyi ndwara byateye imbere, impamvu nyamukuru iyitera ntiramenyekana neza.

Ubushakashatsi butandukanye bwakozwe bwagaragaje ko mu biyitera hatarimo ikoreshwa rya paracatamol igihe umugore atwite.

OMS risaba abagore batwite gukomeza gukurikiza inama z’abaganga, kuko umuti uwo ariwo wose uba ugomba kwitonderwa, cyane cyane mu mezi atatu ya mbere.

Paracetamol ni wo muti wa mbere wemewe na OMS ukunze gukoreshwa ku Isi mu kugabanya ububabare. Ufite kandi ubushobozi bwo kugabanya umuriro.

Mu bihugu byinshi, mu rurimi rwa kiganga, Paracetamol izwi nka Acetaminophen, cyangwa Tylenol.

Share

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *