Rihanna abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yerekanye umwana wa gatatu we n’umukunzi we, ASAP Rocky, baherutse kwibaruka.
Uyu mwana Rihanna yibarutse ku wa 13 Nzeri 2025, yamwise Rocki Irish Mayers. Ni uwa gatatu uyu mugore uri mu bakunzwe ku Isi amaze kwibaruka kuva yabana na ASAP Rocky mu 2019.
Mu 2022 ni bwo Rihanna yibarutse imfura ye, ayikurikiza mu 2023 ubwo yabyaraga ubuheta.
Urukundo rwa Rihanna na A$AP Rocky rwatangiye kunugwanugwa mu mpera za 2020. Muri Gicurasi 2021, uyu mugabo yabwiye GQ Magazine ko Rihanna ari urukundo rw’ubuzima bwe.
A$AP na Rihanna bari barakunze kugirana ubucuti bwibazwagaho mu itangazamakuru guhera mu 2013.
Rihanna ni umwe mu bahanzi bahiriwe n’umuziki cyane ko yagiye akora indirimbo zikamamara. Mu zakunzwe harimo Diamonds, Work yakoranye na Drake, Umbrella yakoranye na Jay-Z n’izindi nyinshi.
Uretse guhirwa n’umuziki, Rihanna n’ubuzima bwaramuhiriye dore ko ari umwe mu bahanzi bake cyane batunze arenga miliyari y’Amadolari ya Amerika

