Ikipe y’u Rwanda y’Abahungu batarengeje imyaka 16 yasoje imikino y’Igikombe cya Afurika cya Basketball kiri kubera i Kigali, iri ku mwanya wa munani nyuma yo gutsindwa na Angola amanota 79-55 ku wa Gatandatu.
Iri rushanwa rimaze iminsi ibyumweru bibiri ribera mu Rwanda riri kugana ku musozo, aho imikino ya nyuma iteganyijwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Nzeri 2025, mu bahungu n’abakobwa.
Ku wa Gatandatu ni bwo hasojwe imikino yo guhatanira imyanya mu bahungu, aho u Rwanda rwakinnye na Angola nyuma y’uko ibihugu byombi byatsinzwe imikino ya ¼.
Ikipe y’u Rwanda itozwa na Mugisha Igor, yinjiye mu mukino neza, igerageza kugenda imbere y’Abanya-Angola bayihindukanye habura amasegonda atandatu ngo agace ka mbere karangire, ubwo amanota atatu yatsinzwe na Joseandro Andre yatumaga bagira 18 kuri 17 y’Abanyarwanda.
Angola yongereye ikinyuranyo kiba amanota atanu ubwo yatsindaga agace ka kabiri ku manota 14-10 (32-27), yongera gushyiramo andi manota mu gace ka gatatu yatsinze kuri 26-17 ndetse n’ikindi kinyuranyo cy’amanota 10 (21-11) cyiyongereyeho mu gace ka kane.
Ngabonziza Hugo Victor w’u Rwanda ari mu bakinnyi bitwaye neza muri uyu mukino, aho yinjije amanota 14 yanganyije n’Abanya-Angola babiri; Miguel Salabiaku na Vanilson Domingues mu gihe Joseandro Andre yatsinze 13.
Ubwo ingimbi z’u Rwanda zaherukaga gukina iri rushanwa mu 2023, zari zasoreje ku mwanya wa gatanu nyuma yo gutsinda Côte d’Ivoire.
Gusa kuri iyi nshuro, iyi Côte d’Ivoire yageze ku mukino wa nyuma itsinze Misiri amanota 75-58 ndetse kuri iki Cyumweru irisobanura na Cameroun yatsinze Mali amanota 61-56.
Ni mu gihe Uganda yasoreje ku mwanya wa gatanu itsinze Tunisia amanota 66-55, Maroc iba iya cyenda itsinze Liberia amanota 80-79 naho Guinée iba iya 11 itsinze Sierra Leone 66-36.
Imikino ya ½ yabaye ku wa Gatandatu mu bakobwa, yasize Misiri na Côte d’Ivoire zigeze ku mukino wa nyuma.
Misiri yatsinze Cameroun amanota 72-50 naho Côte d’Ivoire isezerera Mali iyitsinze amanota 45-40. Ni mu gihe Mali yari yaratwaye ibikombe byose kuva iri rushanwa ritangiye gukinwa mu 2009.
Gahunda y’imikino ya nyuma kuri iki Cyumweru:
Mu bakobwa, Cameroun na Mali birahatanira umwanya wa gatatu saa Tanu naho Misiri na Côte d’Ivoire bihatanire igikombe guhera saa Kumi.
Mu bahungu, umwanya wa gatatu urakinirwa na Mali na Misiri guhera saa Saba n’Igice naho umukino wa nyuma uhuze Côte d’Ivoire na Cameroun guhera saa Moya z’ijoro.
Imikino yose irabera muri Petit Stade i Remera ndetse kwinjira byagizwe ubuntu.
