Abana 86% ntibashobora gusoma umwandiko woroheje-Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abana benshi bo muri Afurika bashonje, barwaye imirire mibi kandi batiga, kuburyo abasaga 86% bafite imyaka 10 badashobora gusoma umwandiko woroheje mu rurimi kavukire cyangwa urwo bisanzuyemo. Ni ubwa Karindwi ku mibereho myiza y’abana muri Afurika bukorwa n’Umuryango Nyafurika ugamije guteza imbere impinduka za Politiki zishyigikira imibereho myiza y’umwana muri Afurika (ACPF). […]

Continue Reading

Burera: Umwana w’imyaka 4 yatabarije Nyirakuru wishwe n’umukobwa we

Umwana w’imyaka 4 ni we watabaje abaturanyi ubwo nyina Uwimana Claudine w’imyaka 23 wo mu Kagali ka Nyamabuye, mu Murenge wa Kagogo, yicaga Nyirakuru, Mutuyimana Christine w’imyaka 53, amuteye icyuma mu mutima.  Inkuru ya IsangoStar ivuga ko abaturanyi bashinja inzego z’ibanze kurangara no kudakumira icyaha kitaraba. Byabaye nyuma y’amakimbirane yari akunze kuba hagati y’uyu mukobwa […]

Continue Reading

Abagabo barasabwa gufasha abagore konsa neza babarinda umunaniro n’umuhangayiko

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasabye abagabo kurushaho kuba hafi abagore bonsa bakabafasha; kubona indyo ibakwiriye ndetse bakabarinda umunaniro n’umuhangayiko arinako baharanira ko abagize umuryango bose bagira ituze n’umutekano. Ni ubutumwa Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF, Mireille Batamuliza, yagarutseho kuri uyu wa 7 Kanama 2025 ubwo hatangizwaga ukwezi kwahariwe ubukangurambaga ku Konsa neza bw’uyu mwaka, bwatangirijwe mu […]

Continue Reading

Abana ba Ukraine Bashimuswe n’Uburusiya Bagomba Kurekurwa-Minisitiri Muri Ukraine

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije muri Ukraine witwa Mariana Betsa avuga ko isi igomba gushyira igitutu ku Burusiya bugasubiza Ukraine abana bayo bwashimuse. Avuga ko mu ntambara Ukraine imaze imyaka hafi ine irwana n’Uburusiya abana ba Ukraine bahuye n’akaga karimo no kubashimuta. Ibindi byago abo bana bahuye nabyo birimo kwicwa n’amasasu, inzara n’indwara. Minisitiri Betsa avuga […]

Continue Reading

MINEDUC yatanze igisubizo ku mashuri adafite ibibuga harimo no gukoresha amastade ayegereye

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Politiki y’Uburezi muri Minisiteri y’Uburezi, (MINEDUC) Rose Baguma, yavuze ko hari ibigo by’amashuri bidafite ibibuga kuburyo bibangamira imyidagaduro y’abanyeshuri babyigamo, ariko yibutsa abayobozi babyo ko ‘Politiki y’imikino mu mashuri’ ibemerera gukoresha ibibuga bibegereye harimo n’amastade usanga akinirwaho rimwe cyangwa kabiri mu Cyumweru nubwo yaba ay’amakipe manini. Iyo iyi Minisiteri ivuga ibigo by’amashuri […]

Continue Reading

Nyarugenge: Akeneye Inkunga Y’Amata Ngo Akuze Impanga Eshatu

Mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge hari umubyeyi w’imyaka 40 uremerewe no kurera abana batatu b’impanga, agasaba ubufasha kuwo ari we wese wabimufashamo. Yitwa Mukasimwugomwa Consolée, akemeza ko umwana we w’imfura afite imyaka umunani, umukurikira akagira irindwi mu gihe impanga eshatu yabyaye zirimo umuhungu umwe n’abakobwa babiri zo zifite umwaka umwe n’amezi abiri. […]

Continue Reading

Ibintu 4 umwana uhabwa umwanya wo gukina akurana bikamugirira akamaro kugeza ashaje

Umwalimu muri Kaminuza akaba n’Umuhanga mu by’Imitekerereze, Kubwimana Onesphore agaragaza ko umwana uhabwa umwanya wo kwidagadura agira amahirwe yo gukurana ubushobozi bwo; kwikemura ibibazo, kugenzura amarangamutima ye, kumenya ko instinzi itegurwa, gukorana n’abandi neza no kuzuzanya kandi akagira umubiri ufite ubuzima bwiza. Mu kiganiro cyihariye yahaye IJAMBORYUMWANA, Kubwimana yavuze ko hari ababyeyi bumva ko kugaburira […]

Continue Reading

Musanze: Umwana Wonka Yarokotse Inkuba

Inkuba yakubitiye iwe umugore wonsaga wari utuye mu Mudugudu wa Kanyabirayi, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze iramuhitana ariko umwana wonkaga arayirokoka. Mushakimana Deborah w’imyaka 25 y’amavuko yakubiswe n’inkuba kuri uyu wa Gatandatu mu mvura nyinshi yaguye irimo n’umuyaga ukomeye. Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere Meteo Rwanda cyari kiriwe gitangaza ko mu Rwanda hose hari […]

Continue Reading

Imyumvire Mibi Mu Babyeyi Ibabuza Konsa Neza

Bimwe mubyo ubushakashatsi bugaragaza ni uko 16% by’abana bari munsi y’amezi atandatu bagwingira bitewe no kutonka neza, impuguke zikagaragaza ko bituruka ku myumvire mibi ya bamwe mu babyeyi n’ubumenyi buke bwo konsa neza. Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasanze amakimbirane mu ngo ajyanirana no guhoza umubyeyi ku nkeke bimutera umuhangayiko no kutonkereza umwana ku gihe, […]

Continue Reading

Abarimu Bigisha Abana Bafite Ubumuga Bariyongera

Minisiteri y’Uburezi, MINEDUC, muri raporo yayo yitwa ‘Education Statistical Yearbook’ ivuga ko abantu bahuguwe mu kwigisha abana bafite ubumuga biyongereye ho abantu 752, bava ku 16 412 mu mwaka wa 2022/2023 bagera kuri 17 164 muri 2023/2024, bivuze inyongera ya 12.1% by’abakozi bose 142 031 bari mu rwego rw’uburezi. Iby’iyo raporo byatangajwe muri Gicurasi, 2025, […]

Continue Reading