Rwanda: Hagiye Kujyaho Ubwishingire Bw’Umwana Bukozwe Na Leta

Umwe mu myanzuro itandatu yaraye ifatiwe mu Nama y’Abaminisitiri, uvuga ko iyi Nama yemeje Iteka rya Minisitiri ryerekeye Ubwishingire bw’umwana bikorwa na Leta no kubera umubyeyi umwana utabyaye ku rwego mpuzamahanga. Ni Iteka rishobora kuzaba igisubizo ku kibazo cy’abana bakeneye abababera ababyeyi kugira ngo bakure bitaweho nk’uko amategeko n’amabwiriza mpuzamahanga abigena. Muri iyo nama y’Abaminisitiri […]

Continue Reading

Kenya: Abanyeshuri babujijwe kureba Televiziyo batwika inzu bararagamo

Abanyeshuri bo muri Mbale High School, muri Kenya batwitse inzu bararagamo ndetse bafunga umuhanda unyura imbere y’iryo shuri kubera ko babujijwe kureba umupira kuri Televiziyo. Ni igikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyiraho kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, ubwo abanyeshuri bo muri iryo shuri ryisumbuye rya Mbale ryigamo abahungu bonyine, riherereye […]

Continue Reading

Abana batikiriye mu gitero Israel yagabye muri Gaza

Abanya-Palestine 54 biganjemo abana baguye mu bitero b’indege Isarel yagabye mu bice bitandukanye birimo ishuri rya Fahmi Al-Jargawi ryari ricumbikiye abakuwe mu byabo n’intambara. Iryo shuri ricumbiye abantu amagana bakuwe mu byabo n’intambara mu mujyi wa Beit Lahia, wugarijwe n’ibitero by’ingabo za Israel. Hari abaganga bo mu bitaro byakiriye abo bana bakomeretse babwiye itangazamakuru imirambo […]

Continue Reading

NESA yatangaje ingengabihe y’ibizamini bya leta bisoza buri cyiciro

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyatangaje ko ibizamini bisoza amashuri abanza, icyicro rusange (Tronc Commun) n’ayisumbuye bizakorwa hagati ya taliki 30 Kamena birangire ku wa 18 Nyakanga 2025. Mu kiganiro na RBA kuri iki Cyumweru, Umuyobozi mukuru wa NESA, Dr. Bahati Bernard yavuze ko imyiteguro imeze neza atangaza amatariki buri cyiciro kizakoreraho. Yavuze […]

Continue Reading

U Burusiya: Ibitero byahitanye abasaga 10 barimo abana

U Burusiya bwongeye gutera ibisasu byinshi muri Ukraine, byibasiye Intara zitandukanye mu gihugu hose bisiga bihitanye ubuzima bw’abantu 12 barimo abana batatu. Ibyo bitero byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025. Ikinyamakuru BBC cyatangaje ko ubuyobozi bwa Ukraine bwo duce twagabwemo ibitero bwavuze ko abantu 12 bapfuye […]

Continue Reading

Madamu Jeannette Kagame yasabye Inkubito z’Icyeza kwirinda ibishuko

Madamu Jeannette Kagame yasabye Inkubito z’Icyeza kwirinda uwagerageza kubashuka abizeza ko hari ubundi buzima n’iterambere yabagezaho mu buryo bworoshye, ahubwo bagaharanira gukomeza gukorana umurava no gutsinda neza kuko aribyo bizabageza ku nzozi zabo. Yabigarutseho kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025 ubwo yatangaga ibihembo ku Nkubito z’Icyeza icyiciro cya 20 no kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 ishize […]

Continue Reading

Hatangijwe ihuriro ry’abaharanira ubutabera bw’abana

Abarangije amasomo mu ishuri ry’amategeko, ILPD, riri mu Karere ka Nyanza biyemeje gushinga Ihuriro ryo kuziba icyuho mu byagaragaye ko bibangamira uburenganzira bw’abana igihe bajyanywe mu nkiko. Ni amasomo yahabwaga impuguke mu mategeko, zahugurwaga ku burenganzira n’amategeko arengera abana ngo babone ubutabera. Kuri uyu wa Gatanu tariki 23, Gicurasi, 2025 nibwo abigaga muri iri shuri […]

Continue Reading

Uruhare amarerero yagize mu kugabanya igwingira mu bana b’i Rusizi

Akarere ka Rusizi karashima uruhare rw’amarerero mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu. Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamira bwo mu 2020 bugaragaza ko igipimo cy’igwingira mu bana bo muri Rusizi cyari ku kigero cya 30%. Icyakora ubu imibare itangwa n’Akarere yerekana ko bagabanyutse bagera kuri 18.5% mu mwaka wa 2025. Igikorwa […]

Continue Reading

U Bwongereza: Gutunga telefoni ku bana bihangayikishije abarimu

Mu Bwongereza abarimu b’ahitwa Belfast basaba ababyeyi kureka guha abana telefoni kuko kuyitunga ukiri umwana wiga mu mashuri abanza ari bigira ingaruka nyinshi. Abarezi bo muri bigo 14 byo muri aka gace basabye ababyeyi kuzirikana ko umwana muto aba afite ubwonko bugikura,  butaragira ibya ngombwa byatuma bwihanganira urumuri rwinshi rw’ibyuma by’ikoranabuhanga. Ni ubwonko kandi buba […]

Continue Reading

Uwatewe inda yajugunyiye mwalimu uruhinja rw’amezi 3 arimo kwigisha

Nyirantabaruye Béatrice w’imyaka 19 yatunguranye yinjira mu Kicgo cy’Ishuri cya GS Rurembo, giherereye mu Murenge wa Karambi, Akarere ka Nyamasheke, areba ishuri Umwalimu witwa Siborurema Amiel w’imyaka 25 avuga ko wamuteye inda arimo kwigishirizamo maze amusigira uruhinja rw’amezi atatu asohoka yiruka. Byabaye mu ma saa tatu z’igitondo zo ku wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025, […]

Continue Reading