Rwanda: Abakobwa bagorwa no kubona udutambaro tw’isuku mu mihango

Abana b’abakobwa bageze igihe cyo kujya mu mihango batuye hirya no hino mu Rwanda batangaza ko batabonera ku gihe udutambaro two gukoresha ngo birinde kwanduza imyambaro. Hari abahitamo gukoresha udutambaro dusanzwe ariko tukagira ikibazo cyo gutinda kumira ku zuba. Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wagenewe kuzirika isuku mu gihe cy’imihango witwa Menstrual Hygiene Day, bamwe muri […]

Continue Reading

Inzara ikomeje kuzonga abana bo muri Gaza

Umuhati wo kugeza ibiribwa ku batuye Gaza biganjemo abana ukomeje gutambamirwa n’umutekano muke uri muri aka gace kuva intambara hagati ya Israel na Hamas itangiye mu Ukwakira, 2023. Byatumye abana na ba Nyina basonza cyane ku buryo hari impungenge ko abatarishwe n’amasasu cyangwa ibindi, bazazira inzara. Nubwo kubatabariza bikomeje, nta musaruro ufatika biratanga kuko amakamyo […]

Continue Reading

Nyabihu: Ababyeyi basabwe kongera imbaraga mu kurwanya imirire mibi n’igwingira

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bwasabye ababyeyi kugira uruhare mu kurwanya imirire mibi n’ingwingira mu bana, kuko muri ako karere imibare igaragaza ko abana bagwingiye bari kuri 28%. Ni bimwe mu byagarutsweho kuri uyu wa 29 Gicurasi 2025, ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire z’abana bato (ECD Day), wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Umwana utagwingiye ishema […]

Continue Reading

Amashuri y’imyuga si ay’abaswa- Eng Umukunzi

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Guteza imbere imyuga n’Ubumenyingiro, (RTB) rusaba abantu muri rusange kutumva ko amashuri y’imyuga yigwa n’abaswa. Ibyo byagarutsweho n’Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi ukiyobora asaba abantu bakibyumva gutyo guhindura imyumvire, akameza ko umubare munini w’abize imyuga bahita babona imirimo. Bimwe mu bishingirwqho ni imibare ya Minisiteri y’Uburezi ivuga ko 80% by’abanyeshuri […]

Continue Reading

Abasaba kwemererwa gushaka abagore benshi basabwe kurenga irari bagatekereza neza

Abagabo bo mu Karere ka Kamonyi basabaga kwemererwa gushaka abagore benshi ngo bikemure ikibazo cy’amakimbirane yo mu Ngo akururwa n’ubushoreke n’ubuharike, basabwe kurenga irari bagatekereza ku bana bavuka muri ubwo buryo no kubaha uburere bukwiye. Ikibazo cy’amakimbirane yo mu muryango kigarukwaho nk’imvano rusange y’umuryango udatekanye ariko kigashingira ku bintu bitandukanye bitewe n’Akarere. Mu Karere ka […]

Continue Reading

Umuyobozi ushinjwa guhohotera abana yasabiwe gufungwa

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwasabiye Umuyobozi w’amasomo wungirije witwa Mitsindo Gaëtan ushinjwa guhohotera abanyeshuri b’abakobwa gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Iki gihano cyasabwe kuri uyu wa 27, Gicurasi, 2025 mu iburanisha ryabereye ku rukiko rwanditswe haruguru. Mu gusobanura impamvu zikomeye bushingiraho bumusabira gufungwa iyo minsi, ubushinjacyaha buvuga ko bushingiye ku […]

Continue Reading

Ubuke  bw’amasomero bugira ingaruka ku bumenyi bw’abana

Hari ubushakashatsi buherutse kwerekana ko 40% by’amashuri yo mu Rwanda atagira ibyumba byo gusomeramo. Ingaruka zabyo ni uko abana batabona aho bakorera ubushakashatsi, ntibasome ibirenze ibyo abarimu babigishije. Bigira n’ingaruka ku mitegurire y’amasomo agenewe abanyeshuri bityo abarimu ntibatange ubumenyi busesuye. Abashakashatsi baherutse kubwira Kigali Today mu kiganiro bita EdTech ko ari ngombwa ko buri shuri […]

Continue Reading

Gucika kw’ikiraro byabujije abana kwiga biboroheye

Abana bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi n’abo muwa Kinihira mu Karere ka Ruhango ntibagishobora kujya kwiga mu buryo bworoshye bitewe n’uko ikiraro bambukaga bajya yo cyacitse. Ni ikibazo kireba abana bose batuye mu tugari tw’imirenge ikora kuri icyo kiraro kuri buri ruhande. Iki kiraro kiri ahitwa Kajamage, cyari kimaze imyaka irenga […]

Continue Reading

Gicumbi: Umwana yagiye kurya ku ishuri atize arahakubitirwa arapfa

Umwana w’imyaka 13 wo ku Ishuri rya G.S Rumuri riherereye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Miyove yitabye imana nyuma yo kugwa mu muferege ahunga bagenzi be bamukubitaga, bamuziza ko yaje gufatira ifunguro ku ishuri kandi ataje kwiga. Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere wa tariki ya 26 Gicurasi 2025, nibwo iyo nkuru […]

Continue Reading

Israel Yatangije Iperereza Ku Gitero Cya Drone Cyahitanye Abana Muri Gaza

Ubuyobozi bw’ingabo za Israel mu gice cy’Amajyepfo bwanzuye ko hatangizwa iperereza ryo kumenya uko byagenze ngo igitero ziherutse kugaba muri Gaza kice abana bavurirwaga mu bitaro byitwa Khan Yunis. Ni abana icyenda bahitanywe n’icyo gitero, bose bakaba ari abana b’umugabo umwe usanzwe ari dogiteri. Hashyizwemo ndetse n’umusirikare mukuru uzayobora itsinda rizakora iryo perereza, uwo akaba […]

Continue Reading