Imaramatsiko kuri ‘Lost Kids’ ibyumba bihurizwamo abana baburanye n’ababyeyi muri Stade Amahoro (Video)

Ushobora kuba utarigeze utekereza icyo wakora igihe waba uburanye n’umwana wajyanye muri Stade Amahoro cyangwa icyo wakora ubonye umwana waburanye n’ababyeyi be aho hantu. Stade Amahoro yubakwa hari ibyumba bibiri byashyizwemo byiswe ‘Lost Kids’ byagenewe guhuza abana baburanye n’ababyeyi babo, bakaba bahaturije kandi bitabwaho mu gihe ababyeyi bagishakishwa ngo bongere guhuzwa. Ibi byumba byamenyekanye 4 […]

Continue Reading

Nyanza: Umwana yahanutse ku modoka bimuviramo gupfa

Mu karere ka Nyanza umwana uri mu kigero cy’imyaka 15 yuriye imodoka yo mu bwoko bwa Fuso igenda, nyuma aza guhanuka agwa hasi bimuviramo urupfu, amakuru avuga ko umushoferi w’iyo modoka ari gukurikiranwa. Byabereye mu mudugudu wa Rukari, mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza gusa amakuru avuga ko nyakwigendera […]

Continue Reading

Impamvu uwateguye inama, amahugurwa cyangwa ibirori agomba guteganya aho abana bisanzurira-NCDA twaganiriye(Video)

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana, NCDA kirasaba abategura ibikorwa bihuriza hamwe abantu benshi birimo; ibirori, inama, amahugurwa n’ibindi, kujya bateganya aho abana bato bisanzurira, igihe cyose mu bitabira harimo abagore batwite, ababyeyi bonsa n’abafite abana bato. Mu kiganiro n’Ikinyamakuru IJAMBORYUMWANA, Umuyobozi w’agategayo w’ishami rishinzwe kurengera abana no kwita ku mikurire yabo muri NCDA, […]

Continue Reading

Gicumbi: Barishimira ko igwingira ryagabanyutse mu bana bari munsi y’imyaka itanu

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi burishimira ko igwingira ryagabanyutse ku buryo bufatika mu bana bari munsi y’imyaka itanu, aho ryavuye kuri 42% mu 2019 ubu rikaba rigeze kuri 19.2%. Ni umusaruro w’imbaraga zashyizwe mu bijyanye n’Ingo Mbonezamirire y’abana bato, gushishikariza ababyeyi kugira isuku mu gutegura amafunguro, gutegura imfashabere, n’uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu guurikirana abana bari bafite […]

Continue Reading

Abasaga 200 ba mbere mu buforomo n’ububyaza bari mu batangiye ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye

Icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri 203 barimo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubuforomo bari mu batangiye ibizamini bya Leta kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024. Mu kwezi gushize nibwo bari bakoze ibizamini ngiro. Barimo ab’igitsina gore 89 n’ab’igitsina gabo 114 baturuka mu bigo by’amashuri birindwi byigisha porogaramu z’ubuganga (Associate Nursing Program:ANP). Ubwo yatangirizaga ibizamini bya Leta […]

Continue Reading

Abarenga ibihumbi 200 bagiye gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi, MINEDUC yatangaje ko abanyeshuri 235,572 bagiye gukora ibizamini bisoza umwaka w’amashuri wa 2023/2024 mu cyiciro rusange, abasoza amashuri yisumbuye mu burezi rusange, ay’imyuga n’ubumenyi ngiro n’abasoje mu masomo y’ububyaza n’ubuforomo. Iyo minisiteri yatangaje ko ibyo bizamini bizatangira gukorwa kuva ku wa 23 Nyakanga kugeza ku wa 02 Kanama 2024, bigakorerwa kuri site z’amashuri […]

Continue Reading

Kigali: Abana barenga 100 bitabiriye #TennisSummerCamp

Ku bufatanye na gahunda ya “Junior Tennis Initiative”, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Tennis mu Rwanda ryateguye umwiherero witabiriwe n’abana 120 kugira ngo bazamurirwe urwego rw’imikinire yabo muri uyu mukino. Uyu mwiherero wiswe “Tennis Summer Camp”, washyizwe mu byiciro bibiri mu gihe cy’ukwezi kose, uri kubera ku bibuga bya Tennis biri muri IPRC Kigali. Watangiye tariki 6 […]

Continue Reading

Rusizi: Ababyeyi baratabariza abangavu basambanyirizwa mu makamyo

Ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko batewe impungenge n’ubusambanyi abashoferi b’amakamyo bakorera abangavu, bagasaba ubuyobozi guhagurukira iki kibazo. Rusizi ni Akarere gafite umwihariko wo gukora ku bihugu bibiri by’abaturanyi; Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi. Ibi bituma hahora urujya n’uruza rw’amakamyo atwara ibicuruza abivana cyangwa abijyana muri Afurika y’Iburasirazuba. Mu minsi […]

Continue Reading

Ubuzima bw’Ababyeyi bibarutse bitabiriye amatora

Umubyeyi wo mu Karere ka Gatsibo n’undi wo mu Karere ka Nyabihu bafashwe n’ibise ubwo bari bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, nyuma bafashwa kugera kwa Muganga babyara neza. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda batuye imbere mu gihugu baramukiye mu gikorwa cyo kwihitaramo uwo bashaka ko azabayobora […]

Continue Reading

PSD yifuza ko abarangije amashuri yisumbuye bajya bamara umwaka bahabwa amasomo ya gisirikare

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage, PSD, Dr Vincent Biruta, yavuze ko bifuza ko abarangiza amashuri yisumbuye bose bajya babanza kwiga amasomo ya gisirikare, mbere yo gukomeza amasomo asanzwe. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro n’Abanyamakuru, cyibanze ku migabo n’imigambi rishingiraho mu bikorwa byo kwamamaza abakandida 59 bashaka imyanya mu Nteko Inshinga Amategeko y’u […]

Continue Reading