Madagascar: Kiliziya Gatolika yamaganye igihano cyo gukona abasambanya abana

Mu itangazo ryasohowe n’inama nkuru y’Abasenyeri bo muri Kiliziya Gatolika bo muri Madagascar ku wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024, bamaganye itegeko ryemera ibyo guhanisha abasambanya abana, igihano cyo kubakona bikozwe n’abaganga (castration chirurgicale). Kiliziya Gatolika yamaganye iri tegeko, nyamara rishyigikiwe na Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina, aho avuga ko ari rimwe mu mategeko y’ingenzi […]

Continue Reading

Bugesera: Umubyeyi wasabaga ubufasha, umwana we wa kabiri yitabye Imana

Tuyishimire Alice wo mu Karere ka Bugesera, wabyaye abana babiri b’impanga, umwe akaza guhitanwa na kanseri yo mu maraso ataruzuza umwaka w’amavuko, umwana we wa kabiri wari usigaye yasabiraga ubufasha bwo kuvuzwa nawe yapfuye. Uyu mubyeyi atuye mu Kagari ka Kivusha mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera. Tuyishimire avuga ko nta gihe cyari […]

Continue Reading

Ingabo z’u Rwanda zahuguwe ku gukumira ikoreshwa ry’abana mu gisirikare

Abasirikare n’Abapolisi 19 bo ku rwego rwa Ofisiye mu Rwanda, batangiye amahugurwa agamije guhangana n’ikibazo gihangayikishije Afurika, cyo gukoresha abana mu mitwe yitwaza intwaro no mu gisirikare. Ni amahugurwa y’iminsi itanu yiswe “Child Protection Focal Points Course”, ari kubera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, aho yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa […]

Continue Reading

Hari icyiciro uzasanga ishuri ririmo abahungu gusa, Ibyo abanyeshuri baganiriye ku gushyingira ab’imyaka 18

Hashize iminsi impaka zibaye urudaca ku mushinga w’itegeko ryo kwemerera abantu bafite imyaka 18 y’amavuko gushyingirwa. Ni nyuma yuko ku itariki ya 18 Werurwe 2024 Inteko Nshingamategeko yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango ririmo iyo ngingo. Ni itegeko ryarahuje itegeko rigenga abantu n’umuryango n’irigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano n’izungura. Iyi nkuru ikimenyekana, ibyiciro binyuranye […]

Continue Reading

Nkombo: Umwana w’imyaka itanu yarohamye mu Kivu agiye kuvoma

Irumva Pascal wo mu karere ka Rusizi yarohamye mu Kiyaga cya Kivu ubwo yari agiye kuvomamo amazi ahita yitaba Imana. Byabereye mu Mudugudu wa Muhora, Akagari ka Kamagembo Umurenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi ku wa 11 Gicurasi 2023. Saa tanu n’igice za mu gitondo nibwo uyu mwana w’imyaka itanu yagiye kuvoma amazi mu […]

Continue Reading

Musanze: Abikorera bahagurukiye ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu bana bato

Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Musanze bwatangaje ko bwahagurukiye ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira cyakomeje kuba amayobera muri ako Karere kazwiho kugira ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bihagije. Uhagarariye PSF muri ako Karere, Habiyambere Jean, yabigarutseho mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kwahariwe kurandura igwingira mu bana bato mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 9 […]

Continue Reading

Abadepite bashimye gahunda yiswe “Umudugudu ku ishuri”

Abagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu bashimye gahunda yiswe “Umudugudu ku ishuri” igamije gukumira ko habaho umwana usiba cyangwa akava mu ishuri amakuru agatinda kumenyekana. “Umudugudu ku Ishuri” ni gahunda itanga amakuru ya buri munsi ku mwana wasibye ishuri mu Mudugudu runaka bigizwemo uruhare n’abana ubwabo. Yatangijwe n’Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu, (CLADHO) ifatanyije na […]

Continue Reading

Musanze: Ubuyobozi bwihanangirije amashuri yigenga akoresha abanyamahanga

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze bwihanangirije Ibigo by’amashuri byigenga bikorwamo n’abanyamahanga barangwa no gukubita abanyeshuri, busaba ibyo bigo kwibutsa abarimu babyo kugendera ku mategeko agenga uburezi mu Rwanda. Bikubiye mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve, Bwanakweli Moussa mu ntangiro z’uku kwezi yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga. Ivuga ko hari […]

Continue Reading

Nyanza: Umwana yaguye mu cyobo cy’amazi

Mu Karere ka Nyanza, mu cyobo cy’amazi hasanzwe umurambo w’umwana aho yari kumwe n’abandi gusa kubw’amahirwe macye umwe muri bo arapfa. Byabereye mu Murenge wa Mukingo mu kagari ka Kiruli mu Mudugudu wa Kaganza aho umwana witwa Niyobuzima Alliance w’imyaka umunani yaguye mu cyobo cy’amazi bacukuyemo umucanga kuko nticyahise gisibwa avuye kuvoma bamuvanamo basanga yapfuye. […]

Continue Reading

Ibidasanzwe ku gitabo kirimo inkuru zisomerwa abana bakiri mu nda

Ikigo Ikibondo cyanditse ibitabo bisomerwa abana bakiri mu nda ya nyina kuva bagisamwa kugeza ku myaka itandatu. Umuyobozi w’icyo kigo, Munyurangabo Jean de Dieu avuga ko bagize igitekerezo cyo kwandika ibitabo bisomerwa abana nyuma yo kumenya amakuru y’uko umwana uri mu nda ya nyina yumva. Igitekerezo cyaturutse kuri gahunda ya Leta yo gucengezamo abana gukunda […]

Continue Reading