Ubutegetsi bwa Nigeria bwatangaje ko abanyeshuri 130 n’abarimu babo bari basigaye barashimuswe bakuwe mu biganza by’amabandi yari yarabashimuse.
Aba banyeshuri bari mu barenga 250 bashimuswe muri Papiri mu ishuri ryitwa St Mary. Ku wa 21 Ugushyingo ni bwo bashimuswe.
Leta ya Nigeria yaherukaga gutangaza ko abana 100 babashije gutabarwa. Kuri ubu ubuyobozi bwatangaje ko abandi 130 batabawe kandi “nta mwana n’umwe usigaye mu biganza bya rushimusi.”
Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Leta ya Niger, Adamu Abdullahi Elleman, yabwiye BBC ko abo bana bari bagisuzumwa n’inzego z’umutekano, na ho ku wa Mbere bakajyanwa ku ishuri ryabo bagashyikirizwa ababyeyi.
Gusa amakuru yari yabanje kuvugwa mbere ni uko abana bashimuswe barenze 230, ndetse ntihatangajwe uburyo guverinoma ya Nigeria yakoresheje mu gutabara aba bana bari barashimuswe.
Bimaze igihe bivugwa ko Leta yemera kwishyura ingurane y’amafaranga ku mabandi aba yashimuse abantu kugira ngo abarekure ariko hakabamo n’abarekurwa binyuze mu bikorwa bya gisirikare by’ingabo za Leta.
