#RDHS7: Uturere 11 turacyafite igwingira riri hejuru ya 30%

Amakuru Ubuzima Uncategorized

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko Uturere 11 tugifite igwingira riri hejuru ya 30% nubwo imibare rusange yerekana ko ryagabanyutseho 6% mu gihugu hose.

Ni ibyatangarijwe mu bushakashatsi bwa Karindwi ku buzima n’imibereho mu Rwanda (#RDHS7) bwari butegerejwe n’abatari bake.

Mu byo benshi bari bategerezanyije amatsiko harimo ikijyanye n’imirire mibi n’igwingira.

Imibare rusange yerekana ko mu Rwanda ryagabanyutseho 6% hagati y’umwaka wa 2020 na 2025. Ryavuye kuri 33% rigera kuri 27% ariko urebye Akarere ku kandi usanga hari utugifite abana bagwingiye ku kigero kiri hejuru ya 30%.

Utwo Turere tuyobowe na Gicumbi ifite abana 38.8% bagwingiye igakurikirwa na Burera ifite 37.6% twombi two mu Majyaruguru.

Hakurikiraho Akarere ka Ngororero ko mu Ntara y’Iburengerazuba gafite 35.8% na Rutsiro ifite 33.8% ndetse n’utundi Turere tune two muri iyo Ntara turi hejuru ya 30% uretse Nyamasheke igeze kuri 29.6%.

Mu Ntara y’Iburasirazuba harimo Akarere ka Kirere gafite abana 31.7% bagwingiye naho mu Majyepfo ni Gisagara ifite 33.2%.

Nubwo utu Turere turi hejuru ya 30% mu igwingira ntabwo bivuze ko twose twasubiye inyuma. Hari utwakoze iyo bwabaga imibare iragabanyuka.

Uko Uturere twari duhagaze mu 2020

Gahunda ya Leta iteganya ko igwingira rigabanyuka rikagera munsi ya 15% bitarenze mu 2030.

U Rwanda ruri gushyira imbaraga mu guharanira ko serivisi z’imbonezamikurire y’abana bato zigera kuri buri mwana kugira ngo ruzagere kuri iyi ntego iganisha kugera kuri zeru.

Imibare y’uyu mwaka yerekana ko hari Uturere tugifite igwingira riri hejuru ya 30% mu bana bari munsi y’imyaka itanu
Share

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *