Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyagaragaje ko abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 19 batewe Inda biyongereyeho 3% bava kuri 5% mu 2020 bagera ku 8% mu 2025.
Ni ibikubiye mu bushakashatsi bwa Karindwi ku buzima n’imibereho mu Rwanda (#RDHS7) bwamuritswe kuri uyu wa 17 Ukuboza 2025.
Imibare ya DHS iheruka yerekana ko mu 2020 abangavu batewe inda bari 5% bivuze ko ubu biyongereyeho 3%.
NISR yagaragaje ko uko ikigero cy’amashuri abana bafite cyiyongera ariko abaterwa Inda bagabanyuka.
Imibare yerekana ko abagera kuri 21% mu batewe inda batakandagiye mu ishuri. Abagera kuri 13% bize amashuri abanza naho 4% bize kugera mu mashuri yisumbuye. Ni mu gihe kaminuza itarimo kuko itari mu bakoreweho ubushakashatsi.
Ni imibare ihangayikishije ku baharanira uburenganzira bw’umwana n’abafite umuryango mu nshingano muri rusange bifuza ko iki kibazo gicika.
Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa mu mpuzamiryango Iharanira uburenganzira bwa muntu (Cladho), Murwanashyaka Evariste yabwiye Ijamboryumwana ko iri zamuka rikabije mu gihe ibindi bipimo birebana n’imibereho y’abana akurikiranira hafi byagiye bigabanyika.
Ati: “Iyi ni intabaza kuri buri wese. Birasaba gufata iki kibazo nk’igikomeye kinakeneye ibisubizo bidasanzwe.”
Ikibazo cy’abangavu baterwa cyabaye ikimenyabose muri Gashyantare 2022 ubwo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yatangazaga ko abagera ku bihumbi 23 batewe inda mu mwaka wawubanjirije, maze Minisitiri akagereranya uwo mibare n’abaturage bagize umurenge.
Gusa ariko uwo mubare wari warabayeho mu 2019 mu 2020 baragabanyuka baba ibihumbi 19 ariko wongera kuzamuka mu 2021 baba ibihumbi 23.
