Ukuri ku nkuru y’umwana w’Umunyarwanda bivugwa ko yashimuswe akisanga muri Uganda

Amakuru Ijwi ry' Abana Uburenganzira Bw' abana Uncategorized

Ikigo cyIgihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) cyatangaje ko inkuru yumwana wakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga bivugwa ko yashimuswe akisanga muri Uganda, atari ukuri kuko yajyanye numuryango we wimukiyeyo ahubwo bagerayo bakaburana.

Mu mpera ziki Cyumweru nibwo ku mbugankoranyambaga zitandukanye hakwirakwiye ubutumwa buherekejwe nifoto yumwana uri mu kigero cyimyaka 10 ushakisha umuryango we.

Ubwo butumwa bwavugaga ko uwo mwana “yagiye gutashya abantu bagaturuka inyuma ye bakamushyira mu kagunira bakamushyira kuri moto bagera abantu ku mazi bakamukuraho bakamwambutsa bakamushyira muri butu bakamutwara ahantu atazi”.

Bukomeza buvuga ko “bageze ahantu imodoka ihagaze afungura butu ariruka arabasiga ubu ari Uganda ahitwa Atiaka hafi numupaka wa Sudan”.

Ni ubutumwa bwahererekanyijwe nabatari bake bagira ngo bafashe uwo mwana kubona umuryango.

IJAMBORYUMWANA ryabajije NCDA niba ayo makuru yarabagezeho maze umukozi ushinzwe kurinda Uburenganzira bw’Umwana, Mukamana Monique avuga ko bayamenye ndetse bakayakurikirana bagasanga umwana atarigeze ahohoterwa.

Yavuze ko umwana yageze Uganda ajyanye numuryango we wimukiyeyo uvuye aho wari utuye mu Karere ka Bugesera, cyakora bagerayo bakaburana.

Nyuma yaje kugera ku Munyarwanda uba muri icyo gihugu, kubera ko ataramenya amazina yaho bimukiye avuga imyirondoro yo mu Rwanda.

Uwo Munyarwanda nibwo yanditse ubutumwa bugamije kumufasha gushakisha umuryango abushyira kuri WhatsApp.

Ati “Ntabwo aribyo uriya mwana ntawamuhohoteye. Uriya mwana yajyanye n’iwabo bimutse bava aho bari batuye mu Karere ka Bugesera bajya Uganda kandi bari babiteguye ahubwo bagezeyo umwana ashobore kuba yaragiye akabura noneho kuko aho yari yageze ari hashya atazi aderesi zaho akivugira iby’iwabo mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko uwatanze ubutumwa yari agamije gufasha umwana kubona umuryango.

Ati “Uwamubonye mbere rero iriya telefoni iriho ni iy’umunyarwandakazi uba Uganda. Noneho we atangira kurangisha bahamagara mu Karere ka Bugesera babona bene wabo bahasigaye barababwira bati iwabo w’umwana bari Uganda nimushakishirize aho ngaho. Aracyashakiriza hariya ngo arebe ko ahura n’ababyeyi be ariko niho bimukiye.”

Iyi nkuru turacyayikurikirana…

Amakuru yavugaga ko abantu bamutwaye bamupfutse mu maso gusa ngo yaburanye nababyeyi ageze aho bimukiye muri Uganda

Share

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *