Ababyeyi Bo Mu Bushinwa Bazajya Bahembwa Na Leta Nibabyara

Amakuru Mu Mahanga Uburenganzira Bw' abana

Leta y’Ubushinwa yatangaje ko ababyeyi bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni $ 500 cyangwa arenga Frw 700,000) ku mwaka kuri buri mwana uri munsi y’imyaka itatu.

Ni muri gahunda nshya ya Leta yo gushishikariza abantu kubyara.

N’ubwo hashize imyaka 10 Leta ikuyeho itegeko ryo kubyara umwana umwe, umubare w’abato uracyari muto.

Ayo mafaranga azafasha imiryango miliyoni 20 mu kurera abana, nk’uko ikinyamakuru cya Leta kibivuga.

Intara nyinshi mu Bushinwa zatangiye gutanga ayo mafaranga mu gushishikariza abantu kubyara kurushaho mu gihe iki gihugu cy’ubukungu bwa kabiri bukomeye kw’isi cyugarijwe no kugabanuka kw’imbyaro.

Iyi politike yo guha imiryango amafaranga yatangajwe ku wa mbere, izaha ababyeyi kugeza ku 10,800 yuan ($1,500$ agera kuri Frw miliyoni 2,1) ku mwana bitewe n’akarere.

Izatangira gushyirwa mu bikorwa bamaze guhuza ibintu mu ntangiriro z’uyu mwaka, nk’uko ikinyamakuru cya leta CCTV kibivuga.

Imiryango ifite abana bavutse hagati y’umwaka wa 2022 n’uwa 2024 na yo ishobora gusaba guhabwa igice kuri ayo mafaranga.

Muri Werurwe, umujyi wa Hohhot mu Majyaruguru y’Ubushinwa – watangiye guha abawutuye 100,000 yuan (Miliyoni zigera kuri Frw 20) ku mwana, ku bafite nibura abana batatu.

Shenyang, umujyi uri mu Burasirazuba bwa Beijing, uha buri muryango 500 yuan (Frw 100,000) ku mwana ku kwezi, ku miryango ifite umwana wa gatatu uri munsi y’imyaka itatu.

Mu cyumweru gishize, umurwa mukuru Beijing wasabye Leta z’Intara gutegura imishinga y’uburyo amashuri y’ibanze atangira kuba ubuntu.

Ubushinwa ni kimwe mu bihugu bihenze kubamo ku isi igihe ufite abana, nk’uko bivugwa n’ubushakashatsi bw’ikigo Population Research Institute gikorera yo.

Kurera umwana kugera agize imyaka 17 mu Bushinwa bisaba ikigereranyo cya $75,700 (miliyoni zisaga Frw 110 ), nk’uko ubwo bushakashatsi bubivuga.

Muri Mutarama, 2025, abategetsi b’iki gihugu batangaje ko umubare w’abagituye wagabanutse ku nshuro ya gatatu wikurikiranya mu mwaka wa 2024.

Muri uwo mwaka kandi mu Bushinwa havutse abana miliyoni 9.54 nk’uko bivugwa n’ikigo cya leta cy’ibarurishamibare.

Uwo mubare warimo kwiyongera gutyo ugereranyije n’umwaka ushize ariko abatuye iki gihugu muri rusange bo bakomeje kugabanuka.

Abaturage Miliyari 1.4 b’Ubushinwa barimo gusaza vuba, bikongera igitutu ku kibazo cyo kugabanuka kw’imbyaro.

Share

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *