Umwana w’imyaka 16 witwa Urakoze Aline yegukanye umudali w’umwanya wa kabiri( Silver) muri shampiyona ya Afurika muri Karate iri kubera muri Nigeria.
Iryo rushanwa ryatangiye kuva tariki 22 kugeza ku ya 27 Nyakanga, 2025, Aline akaba akina mu ikipe y’igihugu ku nshuro ye ya mbere.
Yageze kuri iyo ntsinzi kuri uyu Gatanu Tariki 26, Nyakanga, 2025 ageze mu mikino ya nyuma y’abakina umuntu ku giti cye mu cyiciro cy’abari mu nsi y’ibiro 53 bakina barwana, icyo bita Kumite.
Mbere yo guhatana mu cyiciro cya Kumite, Irakoze Aline yari yabanje guhatana mu kwiyereka, ibyo bita Kata yegukanamo umwanya wa gatanu.
Ibihugu birenga 30 nibyo byitabiriye iri rushanwa, u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnnyi 13, mu byiciro bitatu byose biri gukinwa muri iyi mikino ari byo abari hagati y’imyaka 14 na 15, hagati 16 na 17 ndetse no mu bakuru.
Kuri iki Cyumweru mu cyiciro cy’abakuze hakaba hitezwe ko hashobora kuboneka indi midali.
