Mu Ntara ya Kongo-Centraral muri DRC bari gukingirwa imbasa, igikorwa cyatangiye kuri uyu wa Gatanu kikazarangirana no kuri iki Cyumweru.
Abana bakingirwa iyi ndwara ni abakivuka kugeza ku bafite amezi 59.
Ahaherutse kugaragara iriya Virusi muri Teritwari ya Moanda.
Abana bakingirwa bahabwa ibitonyanga bibiri bya ruriya rukingo rufasha imibiri yabo kuzamura urwego rw’ubudahangarwa.
Ababyeyi bo mu gace iyo ndwara ivugwano basabwa kwitabira gukingiza abana babo ntibabarekere mu ngo.
Gukingira abo bana bikorwa k’ubufatanye n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS/WHO, n’irishinzwe kwita ku bana, UNICEF.
Virusi itera imbasa yari imaze igihe iri hafi gucika henshi ku isi.
Iyi ndwara itera umuriro mwinshi, ikica kandi ikamugaza mu buryo bwa burundu.
